• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Karekezi Olivier yikomye Seninga Innocent wa Police FC anamuha ubutumwa

Karekezi Olivier yikomye Seninga Innocent wa Police FC anamuha ubutumwa

Ubwanditsi 15 Dec 2017 IMIKINO

Nyuma yo gutsinda Police FC igitego kimwe ku busa mu mukino w’ikirarane, Umutoza wa Rayon Sports, Karekezi Olivier yagaragaje kutishimira amagambo yari yatangajwe na Seninga Innocent ko azamutsindisha inararibonye amurusha muri uyu mwuga.

Rayon Sports yakinaga umukino wa mbere kuva Umutoza wayo, Karekezi yafungurwa ndetse itari inafite bamwe mu bakinnyi bayo ngenderwaho nka Kapiteni wungirije, Kwizera Pierrot na rutahizamu, Nahimana Shassir bari kumwe n’Ikipe y’Igihugu y’u Burundi muri Cecafa, yabashije kwihagararaho imbere ya Police FC iyitsinda igitego 1-0 mu mukino wabereye kuri Stade ya Kicukiro kuri uyu wa 14 Ukuboza 2017.

Mu kiganiro n’abanyamakuru nyuma y’umukino, Karekezi Olivier uri gutoza umwaka wa mbere muri Rayon Sports ari nayo kipe ikomeye ya mbere atoje, yagaragaje kutishimira amagambo mugenzi we, Seninga Innocent umaze imyaka ibiri muri Police FC, wanyuze mu makipe nka Kiyovu Sports na Etincelles FC, yari yatangaje mbere y’umukino avuga ko azamutsindisha inararibonye amurusha mu butoza.

Mu kumusubiza Karekezi yagize ati “Numvise amagambo y’umutoza wa Police FC [Seninga Innocent] avuga ko ari butsindishe inararibonye ariko icyo namubwira mu Giswahili baravuga ngo ‘kutangulia siyo kufika’ [bishatse kuvuga ngo kugenda mbere siko gushyika mbere]. Nibaza ko umupira wivugira, icyo navuga ni uko nshimiye abakinnyi banjye bitanze.”

Seninga we nyuma yo gutsindwa abajijwe niba hari icyo yatangaza ndetse n’ubutumwa afitiye abafana ba Rayon Sports, yagize ati “Nta butumwa mfite nabaha, ubutumwa bo babubonye, batsinze, bakomeze bishime nanjye ngiye gukomeza akazi kanjye.”

Uyu mutoza wongereye amasezerano y’imyaka itatu muri Police FC agasabwa kuzayihesha kimwe mu bikombe bikinirwa mu Rwanda, yahamije ko kuba ikipe ye ikomeje kuba insina ngufi imbere ya Rayon Sports dore ko atarayitsinda na rimwe, ahanini biterwa n’uko abakinnyi be batarigirira icyizere ngo bumve ko bahangana n’ikipe nkuru ariko bizagenda biza.

Amanota atatu Rayon Sports yakuye kuri uyu mukino ibifashijwemo na Irambona Eric, yatumye iva ku mwanya wa 11 yariho ifata uwa gatanu n’amanota 11 irushwa atanu na AS Kigali ariko yo ikaba igifite imikino ibiri y’ibirarane bivuze ko niramuka ibashije kubitsinda izahita ifata umwanya wa mbere n’amanota 17.

Umutoza wa Police FC, Seninga Innocent, yari yatangaje ko ari butsindishe inararibonye

2017-12-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ikipe z’igihugu mu mukino wa Sitting Volleyball abagabo n’abagore zageze muri Bosnia  & Herzegovina aho bagiye gukina shampiyona y’Isi

Ikipe z’igihugu mu mukino wa Sitting Volleyball abagabo n’abagore zageze muri Bosnia & Herzegovina aho bagiye gukina shampiyona y’Isi

Ubwanditsi 02 Nov 2022
Ikipe ya APR FC yanyomeje amakuru y’uko imaze igihe idahemba abakozi bayo

Ikipe ya APR FC yanyomeje amakuru y’uko imaze igihe idahemba abakozi bayo

Ubwanditsi 14 Mar 2025
APR FC itsinze Simba, ifata umwanya wa mbere

APR FC itsinze Simba, ifata umwanya wa mbere

Ubwanditsi 14 Aug 2016
Olivier Mulindahabi na Eng Muhirwa bashyikirijwe ubushinjacyaha

Olivier Mulindahabi na Eng Muhirwa bashyikirijwe ubushinjacyaha

Ubwanditsi 17 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kenya : Urugo rwa Visi perezida, William Ruto rwagabweho igitero
Mu Rwanda

Kenya : Urugo rwa Visi perezida, William Ruto rwagabweho igitero

Ubwanditsi 30 Jul 2017
Ni iki gituma imihanda Perezida Kagame yemerera abaturage itinda kubakwa?
Mu Rwanda

Ni iki gituma imihanda Perezida Kagame yemerera abaturage itinda kubakwa?

Ubwanditsi 01 May 2017
Gasabo: Abakorera ibikorwa byabo ahagenewe inganda bagejejweho ubutumwa bwo kwirinda inkongi z’umuriro
Mu Rwanda

Gasabo: Abakorera ibikorwa byabo ahagenewe inganda bagejejweho ubutumwa bwo kwirinda inkongi z’umuriro

Ubwanditsi 06 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru