• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Karekezi Olivier yikomye Seninga Innocent wa Police FC anamuha ubutumwa

Karekezi Olivier yikomye Seninga Innocent wa Police FC anamuha ubutumwa

Ubwanditsi 15 Dec 2017 IMIKINO

Nyuma yo gutsinda Police FC igitego kimwe ku busa mu mukino w’ikirarane, Umutoza wa Rayon Sports, Karekezi Olivier yagaragaje kutishimira amagambo yari yatangajwe na Seninga Innocent ko azamutsindisha inararibonye amurusha muri uyu mwuga.

Rayon Sports yakinaga umukino wa mbere kuva Umutoza wayo, Karekezi yafungurwa ndetse itari inafite bamwe mu bakinnyi bayo ngenderwaho nka Kapiteni wungirije, Kwizera Pierrot na rutahizamu, Nahimana Shassir bari kumwe n’Ikipe y’Igihugu y’u Burundi muri Cecafa, yabashije kwihagararaho imbere ya Police FC iyitsinda igitego 1-0 mu mukino wabereye kuri Stade ya Kicukiro kuri uyu wa 14 Ukuboza 2017.

Mu kiganiro n’abanyamakuru nyuma y’umukino, Karekezi Olivier uri gutoza umwaka wa mbere muri Rayon Sports ari nayo kipe ikomeye ya mbere atoje, yagaragaje kutishimira amagambo mugenzi we, Seninga Innocent umaze imyaka ibiri muri Police FC, wanyuze mu makipe nka Kiyovu Sports na Etincelles FC, yari yatangaje mbere y’umukino avuga ko azamutsindisha inararibonye amurusha mu butoza.

Mu kumusubiza Karekezi yagize ati “Numvise amagambo y’umutoza wa Police FC [Seninga Innocent] avuga ko ari butsindishe inararibonye ariko icyo namubwira mu Giswahili baravuga ngo ‘kutangulia siyo kufika’ [bishatse kuvuga ngo kugenda mbere siko gushyika mbere]. Nibaza ko umupira wivugira, icyo navuga ni uko nshimiye abakinnyi banjye bitanze.”

Seninga we nyuma yo gutsindwa abajijwe niba hari icyo yatangaza ndetse n’ubutumwa afitiye abafana ba Rayon Sports, yagize ati “Nta butumwa mfite nabaha, ubutumwa bo babubonye, batsinze, bakomeze bishime nanjye ngiye gukomeza akazi kanjye.”

Uyu mutoza wongereye amasezerano y’imyaka itatu muri Police FC agasabwa kuzayihesha kimwe mu bikombe bikinirwa mu Rwanda, yahamije ko kuba ikipe ye ikomeje kuba insina ngufi imbere ya Rayon Sports dore ko atarayitsinda na rimwe, ahanini biterwa n’uko abakinnyi be batarigirira icyizere ngo bumve ko bahangana n’ikipe nkuru ariko bizagenda biza.

Amanota atatu Rayon Sports yakuye kuri uyu mukino ibifashijwemo na Irambona Eric, yatumye iva ku mwanya wa 11 yariho ifata uwa gatanu n’amanota 11 irushwa atanu na AS Kigali ariko yo ikaba igifite imikino ibiri y’ibirarane bivuze ko niramuka ibashije kubitsinda izahita ifata umwanya wa mbere n’amanota 17.

Umutoza wa Police FC, Seninga Innocent, yari yatangaje ko ari butsindishe inararibonye

2017-12-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amafoto – Mu mukino wa gucuti, ikipe ya Rayon Sports yanganyije na Police FC igitego kimwe kuri kimwe

Amafoto – Mu mukino wa gucuti, ikipe ya Rayon Sports yanganyije na Police FC igitego kimwe kuri kimwe

Ubwanditsi 06 Feb 2022
Miss Wema Sepetu wahoze akundana na Diamond yapfushije impanga yari atwite

Miss Wema Sepetu wahoze akundana na Diamond yapfushije impanga yari atwite

Ubwanditsi 19 Feb 2016
Umukino wa Mukura na Rayon Sports usize urunturuntu :  Rayon Sports yatumije inama y’igitaraganya

Umukino wa Mukura na Rayon Sports usize urunturuntu : Rayon Sports yatumije inama y’igitaraganya

Ubwanditsi 10 May 2018
Murenzi Abdallah yongeye gutorerwa kuyobora FERWACY, Kiyovu SC yasinyishije abanya Sudani babiri, Gasogi United yatandukanye na Iddy Museremu

Murenzi Abdallah yongeye gutorerwa kuyobora FERWACY, Kiyovu SC yasinyishije abanya Sudani babiri, Gasogi United yatandukanye na Iddy Museremu

Ubwanditsi 11 Jun 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CAN 2019: Sénégal yasezereye Bénin, Nigeria igera muri ½ bigoranye
IMIKINO

CAN 2019: Sénégal yasezereye Bénin, Nigeria igera muri ½ bigoranye

Ubwanditsi 12 Jul 2019
Police Handball Club yatangiye imyiteguro y’imikino ya nyuma ya Shampiyona
IMIKINO

Police Handball Club yatangiye imyiteguro y’imikino ya nyuma ya Shampiyona

Ubwanditsi 15 Aug 2016
Retired Capt Rushema Joseph yaburiwe irengero
Mu Mahanga

Retired Capt Rushema Joseph yaburiwe irengero

Ubwanditsi 05 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru