• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Bamwe mu mpunzi za Kiziba bateje imyivumbagatanyo basabiwe indi minsi 30 yo gufungwa

Bamwe mu mpunzi za Kiziba bateje imyivumbagatanyo basabiwe indi minsi 30 yo gufungwa

Ubwanditsi 26 Apr 2018 ITOHOZA

22 bashinjwa kuba ku isonga mu guteza imyivumbagatanyo y’imunzi z’abanyeCongo zo mu nkambi ya Kiziba uyu munsi bongeye gusabirwa indi minsi 30 y’igifungo by’agateganyo ngo iperereza rikomeze. Abaregwa bahakana ibyaha bashinjwa.

Tariki 20 Gashyantare 2018 zimwe mu mpunzi za Kiziba zarigaragambije ziza mu mugi wa Karongi guhosha iyi myigaragambyo n’imyivumbagatanyo yazo byaguyemo abagera kuri 11 murizo .

Tariki 13 Werurwe Urukiko rw’ibanze rwa Bwishyura i Karongi rwatanze igifungo cy’agateganyo ku mpunzi 22 zari zafashwe zikekwaho kugira uruhare muri ibi bikorwa , zihita zoherezwa muri gereza ya Muhanga.

Mu iburanisha uyu munsi, Ubushinjacyaha ku rwego rwisumbuye rwa Muhanga bwasabye busaba ko iyi iminsi yakongerwa kugira ngo abashinjwa ntibafungwe binyuranyije n’amategeko.

Ubushinjacyaha bwabajijwe impamvu bwifuza ko Urukiko rwisumbuye rwa Muhanga arirwo rufata icyemezo cyo kongerera abaregwa indi minsi 30 y’ifungwa kandi atarirwo rwatanze icyemezo cya mbere kibafunga by’agateganyo.

Ubushinjacyaha buvuga ko impamvu ari uko  ari rwo ruri hafi y’aho abashinjwa bafungiye.

Me Mulisa Alice na mugenzi we Me Ndayambaje Gilbert bunganira abaregwa  bavuga ko  abakiliya  babo bagombye kuba bararekuwe kuko iminsi yarenze ndetse hakaba hiyongeraho kuba ibimenyetso byose ubushinjacyaha bwarangije kubikoraho iperereza bityo nta zindi mpamvu bwakwitwaza  zituma abaregwa bakomeza gufungwa indi minsi 30.

Aba bunganizi bati “Abakiliya bacu ni impunzi zituye ahantu hazwi kandi ku butaka bw’u Rwanda  mu nkambi  ntizishobora gusubira muri Kongo zavuye zihunga umutekano muke.”

Bongeyeho ko hari n’ubujurire bari batanze ku cyemezo cya mbere  cy’iminsi 30 cyatanzwe n’Urukiko rw’ibanze rwa Bwishyura butigeze buhabwa agaciro kugeza ubu.

Musabyimana Agathe Umushinjacyaha ku rwego rwisumbuye rwa Muhanga avuga ko ubu busabe bushingiye ku kuba icyemezo kibafunga by’agateganyo cyarangiye bakaba bafite impungenge ko baramutse bafunguwe by’agateganyo bashobora gutoroka cyangwa bakabangamira n’iperereza rindi.

Ati “Icyemezo cyafashwe ntabwo cyavuyeho bityo nta mpamvu yatuma bafungurwa turasaba ko aricyo mwaheraho mwongera indi minsi 30.”

Urukiko rwabajije buri wese muri aba bashinjwa niba yumva impamvu zatumye bafungwa  zaravuyeho, maze basubiza ko nta cyaha bishinja ko babarekura  bagasubira kwita ku miryango yabo.

Izi mpunzi z’abanyekongo mu byaha zishinjwa harimo; kurema umutwe w’iterabwoba, kurwanya abashinzwe umutekano no  kutubaha amategeko ya Republika y’u Rwanda.

Nyuma yo kumva impande zombi, Urukiko rwanzuye ko icyemezo kuri uru rubanza kizasomwa tariki ya 30 Mata 2018.

2018-04-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uvira: Abarundi n’Abanyarwanda bafunze bashinjwa ubunyeshyamba baratabaza

Uvira: Abarundi n’Abanyarwanda bafunze bashinjwa ubunyeshyamba baratabaza

Ubwanditsi 07 Oct 2018
Nyamasheke: Bamwishe bamukase ijosi bamwambura imyambaro ye barayimuseguza

Nyamasheke: Bamwishe bamukase ijosi bamwambura imyambaro ye barayimuseguza

Ubwanditsi 26 Sep 2016
Ambasaderi Rugwabiza  yatanze  ikiganiro muri LONI mu mihango yo #kwibuka23

Ambasaderi Rugwabiza yatanze ikiganiro muri LONI mu mihango yo #kwibuka23

Ubwanditsi 08 Apr 2017
Byemejwe ko hari Abarundi banyura muri Cyohoha bakaza kwiba Inka mu Rwanda

Byemejwe ko hari Abarundi banyura muri Cyohoha bakaza kwiba Inka mu Rwanda

Ubwanditsi 11 Mar 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Gen Kale Kayihura Mu Nzira Zerekeza Mu Rukiko Nyuma Y’amezi Asaga Abiri Afunze
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Gen Kale Kayihura Mu Nzira Zerekeza Mu Rukiko Nyuma Y’amezi Asaga Abiri Afunze

Ubwanditsi 23 Aug 2018
Itariki Ntakuka Perezida Kagame azarahiriraho gukomeza kuyobora u Rwanda yamaze kumenyekana
Mu Rwanda

Itariki Ntakuka Perezida Kagame azarahiriraho gukomeza kuyobora u Rwanda yamaze kumenyekana

Ubwanditsi 15 Aug 2017
Uganda: Ese koko Gen Kale Kayihura yaba yahungiye mu Rwanda cyangwa yatawe muri yombi?
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Ese koko Gen Kale Kayihura yaba yahungiye mu Rwanda cyangwa yatawe muri yombi?

Ubwanditsi 13 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru