• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Kayisire Clarisse wiyise Mukundente Ariane nareke gushinyagurira umuryango wa Paul Gakuba hamwe n’inshuti ze z’interahamwe yikwiyitirira uyu muryango kuko nta bigarasha biwubarizwamo

Kayisire Clarisse wiyise Mukundente Ariane nareke gushinyagurira umuryango wa Paul Gakuba hamwe n’inshuti ze z’interahamwe yikwiyitirira uyu muryango kuko nta bigarasha biwubarizwamo

Editorial 30 Apr 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Abakomoka mu muryango mugari wa Paul Gakuba wishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi bakomeje gushengurwa nuko Kayisire Clarisse wiyise Mukundente Ariane akomeje kwiyitirira uyu muryango maze Interahamwe zijejeta amaraso mu biganza ndetse n’abahakana Jenoside yakorewe Abatutsi bakamwihanganisha yitwaje uyu muryango.

Kayisire Clarisse wiyitirira Kayisire Hyacinthe umuhungu wa Paul Gakuba nka musaza we ntacyo bapfana nubwo bahuje izina: Abana ba Paul Gakuba basigaye mu bwicanyi bwateguwe I Butare na Capt ildephonse Nizeyimana ni Innocent Kayitare uba mu Rwanda, Charles Gakuba uba muri Canada, Pauline Kanzayire uba mu bwongereza na Illuminee Gakuba uba mu Rwanda. Hakaba kandi Laurent Gatera uba mu Rwanda I Butare akaba ari murumuna wa Paul Gakuba.

Umugore wa Kayisire Hyacinthe niwe wari nyina wabo wa Clarisse alias Mukundente Ariane. Akaba aruko yajyaga agenderera abo kwa Paul Gakuba ndetse akanahaba mu gihe cy’ibiruhuko kubera guhunga ubuzima bwo mu cyaro iwabo Nyaruguru.

Ikibabaza umuryango wa Gakuru Paul ni uko abamwihanganisha ari abatemera ko habaye Jenoside yakorewe Abatutsi kandi mu muryango wabo akaba nta bigarasha bagira. Bababazwa nuko inshuti y’interahamwe Kayisire Clarisse yiyitirira uyu muryango uzwi kandi watotejwe kuva muri 1990 kugera muri 1994.

Clarisse Kayisire wiyise Mukundente Ariane. Mwene Sharangabo Innocent ukomoka muri Nyaruguru. Birababaje kuba umuntu nkawe wiciwe abavandimwe muri Jenoside yakorewe abatutsi utarigeze wamagana abayikoze ahubwo ugashyigikira ibitekerezo bya Aimable Karasira uvugako FPR ariyo yakoze Jenoside ubundi akavuga ko Jenoside itigegeze itegurwa kandi uzi ko Nyakwigendera Gakuba Paul yatotejwe cyane mu byitso kugeza naho bimuviriyemo urupfu mbere ya Jenoside yakorewe abatutsi.

Ukavugira abafite ingengabitekerezo ya Jenoside nka Rene Mugenzi ugatanga n’inkunga yo kumwishyurira avocat mu rubanza rw’ubujurure yakoze mu Bwongereza. Agahebuzo ukitabira ibiganiro na Ingabire Victoire uvugako habaye genocide ebyiri ukagaragara wahimbawe uvuga ko wishimye guhura na Ingabire kuri zoom nkaho hari agakiza umutezeho. Kubakuzi ariko ntagitangaje.

Wihakanye umuryango wawe kuberako bari abakene kuva kera uri umwana warahanze bituma nyoko wanyu w’umubikira wo mu muryango w’aba Petite Soeurs de Jesus agutwara ukajya wiga ubana nabo. Ariko ikibabaje nuko no mu biruhuko wangaga kujya gusura mama wawe muri Nyaruguru.

Nyuma ya Jenoside basaza bawe babiri bararokotse umwe ajya mu gisirikare. Undi muto aho kugirango umufashe yagiye yirwariza kugeza ubu. Niyo wazaga mu Rwanda ntanumwe mu bavandimwe bawe wasuraga ahubwo wibera mu nshuti zawe zimeze neza.

Birababaje kubona utanga amafaranga yo kuburanira abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi nabafite ingenga bitekerezo yayo mugihe abo muvukana na bene wanyu basigaye ntacyo ubamariye. Musaza wawe uba Kiziguro n’imfura ntaho muhuriye. Gusa umuryango mugari wa Paul Gakuba urakwamaganye kuko nta kigarasha bagira mu muryango wabo.

2022-04-30
Editorial

IZINDI NKURU

Narababwiye ngo u Rwanda kubera ko ari ruto ntabwo tuzategereza udutera adusanga hano -“Chairman”

Narababwiye ngo u Rwanda kubera ko ari ruto ntabwo tuzategereza udutera adusanga hano -“Chairman”

Editorial 29 Jun 2024
Ubufatanye ni inkingi ya mwamba y’umutekano urambye , IGP Gasana

Ubufatanye ni inkingi ya mwamba y’umutekano urambye , IGP Gasana

Editorial 19 Sep 2016
Abakinnyi basaga 1200 bagiye guhurira mu Rwanda mu mikino ya EAPCCO ihuza Abapolisi bo muri Afurika y’Iburasirazuba

Abakinnyi basaga 1200 bagiye guhurira mu Rwanda mu mikino ya EAPCCO ihuza Abapolisi bo muri Afurika y’Iburasirazuba

Editorial 18 Mar 2023
General de Brigade Ezéchiel Gakwerere n’izindi nterahamwe bagejejwe mu Rwanda nyuma y’Imyaka 30 bica banasahura

General de Brigade Ezéchiel Gakwerere n’izindi nterahamwe bagejejwe mu Rwanda nyuma y’Imyaka 30 bica banasahura

Editorial 01 Mar 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abavuga rikumvikana mu karere ka Kamonyi barishimira ubufatanye bwabo na Polisi
Mu Mahanga

Abavuga rikumvikana mu karere ka Kamonyi barishimira ubufatanye bwabo na Polisi

Editorial 11 Jan 2016
Abanyamakuru Jean Bosco Gasasira wabaga munzu y’abasazi muri Suede, Kabonero na Didas Gasana b’Umuseso bagaruwe Kampala mu bikorwa byo kurwanya u Rwanda
ITOHOZA

Abanyamakuru Jean Bosco Gasasira wabaga munzu y’abasazi muri Suede, Kabonero na Didas Gasana b’Umuseso bagaruwe Kampala mu bikorwa byo kurwanya u Rwanda

Editorial 25 Nov 2017
Umubano hagati ya Kampala na Kigali ururushaho kujya I rudubi- Andre Mwenda
INKURU NYAMUKURU

Umubano hagati ya Kampala na Kigali ururushaho kujya I rudubi- Andre Mwenda

Editorial 05 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru