• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Kayumba Nyamwasa Mu Mugambi Wimbitse Wo Kwikiza Uwo Batavuga Rumwe

Kayumba Nyamwasa Mu Mugambi Wimbitse Wo Kwikiza Uwo Batavuga Rumwe

Editorial 22 Mar 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Amakuru yizewe agera kuri Rushyashya aravuga umugambi mubisha wa Kayumba Nyamwasa ko akoresha muramu we Frank Ntwari na Mugisha Sande Charles mu gushaka abicanyi Babafasha Kwica cyangwa kugirira nabi abanyarwanda badashyigikiye ubugome n’ubujura bwe; ubu noneho abatuye muri Mozambike no mu bihugu byo muri Afrika y’amajyepfo bakaba bari ku isonga.

Ku ikubitiro, uwitwa Mugisha Sande Charles (ariko wiyise Mugisha Rashid), umujura akaba n’ umwicanyi kabuhariwe uherutse kwica Bamporiki Seif wari uhagarariye wa mutwe w’iterabwoba, RNC muri Afrika y’Epfo, maze uwitwa Emile Rutagengwa ararusimbuka, uyu we akaba yari azize kunyereza imisanzu birirwa basahura mu mpunzi. Aba baje bakurikira Ben Rutabana waburiwe irengero, ku kagambane ka Kayumba Nyamwasa. Nyuma ya Rutabana rero hari urutonde rurerure rugomba kumukurikira. Amabwiriza y’ubu bwicanyi aturuka kwa Kayumba Nyamwasa, akibasira cyane cyane abanze kujya mu mutwe we w’iterabwoba, cyangwa abitandukanyije nawo. Amakuru yizewe aremeza ko abibasiwe bakaba ari abari mu gatsiko ka Thabita Gwiza (mushiki wa Rutabana) hamwe na Jean Paul Turayishimiye wiyomoye kuri RNC ya Kayumba.

Mu gihe twateguraga iyi nkuru, twamaze kumenya ko Mugisha Rashid na Frank Ntwari (muramu wa Kayumba) bavuye mu gihugu cya South Africa, banyura Mozambike ubu bakaba bari muri Uganda hamwe na Gen Maj Kandiho ushinzwe iperereza (CMI) bikemezwa ko bari kunononsora umugambi mubisha wo kwivugana abitandukanije na Kayumba bari muri Uganda, Mozambike n’ibindi bice byo muri Africa y’amajyepfo.

Mugisha Rashid, akaba afite urutonde rw’abo agomba kwica no kwiba, kuko ibyo byombi abizobereyemo. Agapfa kaburiwe ni impongo rero. Banyarwanda mutuye mu bihugu bya Afrika y’amajyepfo, cyane cyane mwe muba muri Uganda na Mozambike, nimumenye ko ababisha ba RNC babagera amajanja. Nimwirinde uko mushoboye, mwirinde kujya aho mwahurira n’abicanyi ba Kayumba Nyamwasa aho ariho hose. Abo munuganuga mwihutire kubimenyesha ambasade y’uRwanda ihari ku nyungu zanyu. Mu bo mugomba kugendera kure, harimo Kazigaba André wabaye igikoresho cya Kayumba Nyamwasa, ubu ngo nawe akaba arimubashinzwe gutegura urutonde rw’abatari muri RNC.

Mugisha Sande Rashid yabaye mu Ngabo z’uRwanda (RDF), aza kuvanwamo n’imyitwarire igayitse kimwe n’iya shebuja Nyamwasa. Yakatiwe n’inkiko igifungo cy’imyaka 23 no kwamburwa impeta zose za gisirikari, amaze guhamwa n’ibyaha bikomeye, birimo ubwicanyi no kugambanira Igihugu. Nk’ibindi bigarasha byose yahise ahungira muri Uganda, anakomeza ibikorwa by’iterabwoba nk’uko n’abagiye bafatirwa muri ibyo bikorwa bakomeje kubimushinja.

Twababwiye kenshi ko Kayumba Nyamwasa ari umugome, umunyoni wishakira kuzuza igifu, atitaye ku banyarwanda bagwa mu mutego w’ikinyoma cye. Muribuka imvugo za Callixte Nsabimana Sankara babanye igihe kinini, umushinja gusahura imisanzu y’abo yashoboye gushuka.

Nyuma y’abo Kayumba yohereza gutikirira mu mashyamba ya Kongo asanze badahagije, yahisemo kongeraho n’abitandukanije nawe.

2021-03-22
Editorial

IZINDI NKURU

Al Ahly SC izahura na Raja SC muri 1/4 cya CAF Champions League naho Simba SC ihure ya Orlando Pirates muri Confederations cup 

Al Ahly SC izahura na Raja SC muri 1/4 cya CAF Champions League naho Simba SC ihure ya Orlando Pirates muri Confederations cup 

Editorial 06 Apr 2022
Kwibuka nyabyo Intwari zarwitangiye, ni ukwirinda gutatira igihango twagiranye nazo

Kwibuka nyabyo Intwari zarwitangiye, ni ukwirinda gutatira igihango twagiranye nazo

Editorial 01 Feb 2022
Kuki Himbara akomeje  gusebya Louise Mushikiwabo

Kuki Himbara akomeje gusebya Louise Mushikiwabo

Editorial 09 Oct 2018
Noneho cya gisekuru gishya cy’abari mu mugambi wo gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi bateguye umuhango wo kwakira Idamange

Noneho cya gisekuru gishya cy’abari mu mugambi wo gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi bateguye umuhango wo kwakira Idamange

Editorial 28 Feb 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tanzania : Bane bo mu mutwe urwanya leta y’u Burundi baguwe gitumo
Mu Mahanga

Tanzania : Bane bo mu mutwe urwanya leta y’u Burundi baguwe gitumo

Editorial 24 Oct 2017
Euro 2016: Portugal ikatishije itike yo gukina 1/2 kirangiza
IMIKINO

Euro 2016: Portugal ikatishije itike yo gukina 1/2 kirangiza

Editorial 01 Jul 2016
Uwahoze ari Visi Meya wa Musanze yangiwe kuburana yidegembya nubwo umugore yamusabiye imbabazi
HIRYA NO HINO

Uwahoze ari Visi Meya wa Musanze yangiwe kuburana yidegembya nubwo umugore yamusabiye imbabazi

Editorial 12 Sep 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru