• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kenya: Uhuru Kenyatta atsinze amatora n’amajwi 98%, Odinga agira o,8%

Kenya: Uhuru Kenyatta atsinze amatora n’amajwi 98%, Odinga agira o,8%

Editorial 30 Oct 2017 Mu Mahanga

Komisiyo ishinzwe amatora mu gihugu cya Kenya imaze gutangaza ibyavuye mu matora, yitabiriwe 38,84% gusa by’abagombaga gutora, aho abagera kuri 98,26% batoye Uhuru Kenyatta, Odinga wabujije abamushyigikiye gutora agira 0,8%.

Umuyobozi wa Komisiyo ishinzwe amatora mu gihugu cya Kenya “IEBC” Wafula Chebukati asomera amajwi mu ruhame ahitwa “Bomas of Kenya”, yavuze ko mu Banyakenya barenga miliyoni 19 bagombaga gutora, hatoye abarengaho gato miliyoni 7 gusa.

-8531.jpg

Wafula Chebukati umuyobozi wa IEBC atangaza ibyavuye mu matora.

Wafula yavuze ko aya matora atari yoroshye kubera ibibazo Politike n’abategaga iminsi Komisiyo y’amatora batifuzaga ko aba.

Bica ‘live’ kuri Televiziyo Uhuru Kenyatta na Vice-Perezida we William Ruto bamaze gutangazwa ku buryo ndakuka ko aribo batsinze amatora.

-8532.jpg

Wafula yashyikirije Uhuru ikemeza ko ariwe watsinze amatora na none

Uyu yahise anaha ijambo, Perezida Uhuru Kenyatta kugira ngo agire icyo atangaza. Ahawe ijambo, Uhuru yabanje gukubita agatwenge.

Ati “Ndabashimiye mwarakoze cyanje mwarakoze cyane,…nk’ibisanzwe si ubwa mbere mpagaze hano. Bavandimwe banyakenya, uyu munsi nk’umunyakenya ndishimira ukwigira (resilience) ya Kenya, ukwigira kwa Demokarasiya, ukwigira kw’abaturage bacu n’inzego zacu.”

Kenyatta yavuze ko ibyabaye amatora aseswa iyo biba ku kindi gihugu cyari kujya mu bibazo bikomeye, ariko “igihugu cyabo, Kenya ntikijya kinanirwa”.

Yavuze ko banyuze mu bikomeye ariko abashimira ko batigeze baha umwanya icyo yise “Politike y’umwijima”, ati “Ndashima Imana, yaduhaye insinzi kuva mu mwijima izanatugeza kure.”

Ati “Amatora yo ku itariki 08 Kanama abanyakenya barantoye nka Perezida wabo nta gushidikanya, ubwo urukiko rw’ikirenga rwahinduraga umwanzuro wa Komisiyo y’amatora, urukiko ntirwigeze ruhakana intsinzi yanjye y’amajwi 54%, n’amajwi yanjye ya 54% ntirwayahakanye, ahubwo rwanze uburyo bwo kunyimika.”

Uhuru yavuze ko muri ibyo bihe ‘bibabaje’ byabaye ngombwa ko afata umwanzuro ukomeye, wo gukomeza guhesha agaciro intsinzi ye yubahiriza amategeko, nubwo inzira yerekeza ku matora ya kabiri itari yoroshye.

Ati “Uyu wari umwanzuro ugoye kandi ubabaje ariko nagombaga kuwubahiriza,…muri ibyo bihe nabashije kwibutswa ko itegeko rikomeye kundusha kandi rikomeye kuruta undi uwo ariwe wese,…niko amatora yo kuwa 26 Ukwakira yabashije gushoboka,…kuwa 26 Ukwakira abaturage 90% by’abatoye baje kongera kwemeza insinzi yanjye,…ni ubushake bwiza bwa buri wese,…ubushake gutora no kudatora.”

Kenyatta asa n’uwanenze uwo bari bahanganye cyane (Odinga) wagiye mu rukiko asaba ko ibyavuye mu matora biseswa, yarangiza agafata umwanzuro wo kwikura mu matora ya kabiri, gusa ngo “yahuye n’ingaruka z’uwo mwanzuro yafashe.”

Ati “Njye nahisemo kubahiriza umwanzuro w’urukiko nsubira imbere y’abaturage mbasaba kongera kuntora, mfashe uyu mwanya ngo nshimire abantu bose bitabiriye amatora bakongera bagatora,…bakubahiriza uburenganzira bwabo.”

Yashimiye kandi by’umwihariko abamutoye bose, avuga ko bongeye gusubiza agaciro igihugu cyabo kandi abizeza kuzakora neza no kubahiriza itegeko nshinga, kubahiriza amategeko, n’uburenganzira bwa muntu, no guha ejo hazaza heza abanyakenya bose.

Asaba abaturage gutuza no kuzirikana ikibahuza kuko byanze bikunze “umuturanyi azakomeza kuba umuturanyi” nubwo haba hariho ibibazo bya Politike bimeze bite, ndetse anizeza ko ibizamini by’abasoza ibyiciro by’amashuri binyuranye biteganijwe gutangira ejo bizaba nk’uko byateguwe

-8533.jpg

Uhuru Kenyatta ageza ijambo ku Banyakenya nyuma yo gutangazwa nka Perezida.

Source : umuseke

2017-10-30
Editorial

IZINDI NKURU

Ni gute ikoranabuhanga rifasha Polisi y’u Rwanda gutunganya neza imirimo yayo

Ni gute ikoranabuhanga rifasha Polisi y’u Rwanda gutunganya neza imirimo yayo

Editorial 12 May 2016
Dore Amafoto Agaragaza Ubwiza bwa Habiba Umukobwa uhagarariye u Rwanda Muri Miss Supranational

Dore Amafoto Agaragaza Ubwiza bwa Habiba Umukobwa uhagarariye u Rwanda Muri Miss Supranational

Editorial 13 Oct 2017
Depite Bob Wine agiye kurega polisi ya Uganda

Depite Bob Wine agiye kurega polisi ya Uganda

Editorial 20 Oct 2017
Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Editorial 21 May 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuryango wa Col Ruhinda umeze neza mu Rwanda nyuma yuko ibigarasha bikwirakwije ibinyoma ko waburiwe irengero 
Amakuru

Umuryango wa Col Ruhinda umeze neza mu Rwanda nyuma yuko ibigarasha bikwirakwije ibinyoma ko waburiwe irengero 

Administrator 29 Oct 2025
Ambasaderi w’Ubutaliyani muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo yiciwe mu gitero cyagabwe ku modoka zari zitwaye abakozi ba Loni mu burasirazuba bw’iki gihugu
Amakuru

Ambasaderi w’Ubutaliyani muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo yiciwe mu gitero cyagabwe ku modoka zari zitwaye abakozi ba Loni mu burasirazuba bw’iki gihugu

Editorial 22 Feb 2021
Nyuma y’umunsi wa 20 wa shampiyona y’u Rwanda, APR FC na Rayon Sports zikomeje gukuhatanira igikombe , Etoile de l’Est na Etincelles mu murongo utukura
Amakuru

Nyuma y’umunsi wa 20 wa shampiyona y’u Rwanda, APR FC na Rayon Sports zikomeje gukuhatanira igikombe , Etoile de l’Est na Etincelles mu murongo utukura

Editorial 12 Feb 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru