• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kicukiro: Abanyeshuri bo mu bigo bine bashyizeho amahuriro yo kurwanya ibyaha

Kicukiro: Abanyeshuri bo mu bigo bine bashyizeho amahuriro yo kurwanya ibyaha

Editorial 11 May 2016 Mu Mahanga

​Abanyeshuri bo mu mashuri yisumbuye ane yo mu karere ka Kicukiro bashyizeho amahuriro yo kurwanya ibyaha (Anti-crime Clubs).

Byakozwe n’abo mu Rwunge rw’amashuri rwa Nyanza, abo mu rwa Gatenga ya mbere , abiga muri Samuduha Integrated College (SICO) n’abo mu Ishuri ryisumbuye rya Kanombe (Ryahoze ryitwa EFOTEC).

Abiga mu Rwunge rw’amashuri rwa Nyanza n’abo mu rwa Gatenga ya mbere bashyizeho amahuriro yabo abiri ku itariki 9 Gicurasi, naho abiga muri SICO no mu Ishuri ryisumbuye rya Kanombe bashyizeho ayabo abiri ku itariki 10 Gicurasi.
Abo banyeshuri bageraga ku 3061 bashyizeho ayo mahuriro uko ari ane nyuma y’ibiganiro bagiranye na Polisi y’u Rwanda mu karere ka Kicukiro.

Uwatorewe kuba Umuhuzabikorwa w’ihuriro ryo muri SICO, Tuyisenge Nkusi, yagize ati:”Iri huriro twashyizeho ni urubuga rwiza rwo kungurana ibitekerezo no gufatira hamwe ibyemezo by’uko twakwirinda no kugira uruhare mu kurwanya ibyaha.”

Tuyisenge yakomeje agira ati:”Nk’urubyiruko, tugomba gukoresha imbaraga zacu mu kurwanya ikintu cyose gishobora guhungabanya umutekano. Ibiyobyabwenge biri mu bishobora kwangiza ahazaza hacu, bityo tugomba kubyirinda kandi tugakangurira n’abandi kubyirinda no kubirwanya .”

Uwatorewe kuba Umuhuzabikorwa w’iryo mu Rwunge rw’amashuri rwa Gatenga ya mbere, Mutangana Olivier, yagize ati:”Turi kwiga kugira ngo tuzigirire akamaro, tukagirire imiryango yacu ndetse tukagirire n’igihugu muri rusange. Kugira ngo ibyo tubigereho tugomba kwirinda ibiyobyabwenge ndetse n’ikindi kintu cyose gishobora kurogoya indoto zacu nziza.”

Yavuze ko azajya asobanurira urundi rubyiruko ndetse n’abandi bantu ingaruka mbi z’ibiyobyabwenge, kandi abasabe kwirinda ibyaha aho biva bikagera.

Aganira n’abo banyeshuri bo muri ibyo bigo bine, ushinzwe imikoranire ya Polisi y’u Rwanda n’abaturage ndetse n’izindi nzego hagamijwe ubufatanye mu kwicungira umutekano mu karere ka Kicukiro, Inspector of Police (IP) Hamdun Twizeyimana, yababwiye ko ibiyobyabwenge bitera umuntu wabinyoye gukora ibyaha nko gusambanya abana, gufata ku ngufu, gukubita no gukoretsa ndetse n’ubujura.

Yababwiye ati:”Hari bagenzi banyu bajya bava mu ishuri kubera gutwara inda zitateganijwe bitewe no kunywa ibiyobyabwenge. Mwe muzi ingaruka zabyo mujye mukangurira urundi rubyiruko ndetse n’abandi bantu kubyirinda no kugira uruhare mu kubirwanya baha Polisi y’u Rwanda amakuru y’ababinywa, ababitunda n’ababicuruza.”

Yababwiye ko amakuru y’ihohoterwa ryakorewe umwana bayatanga kuri sitasiyo ya Polisi y’u Rwanda ibegereye cyangwa bagahamagara nomero ya terefone itishyurwa 116; 3512 ku cyaha cy’ihohoterwa rishingiye ku gitsina; 111 mu gihe habayeho inkongi y’umuriro; 113 ku bijyanye n’impanuka zo mu muhanda; 110 ku byaha byo mu mazi na 997 ku byaha bya ruswa.

Umuyobozi w’Ishuri rya SICO, Rurangwa David yagize ati: “Ubu bumenyi abanyeshuri bungutse buzatuma birinda ibiyobyabwenge, hanyuma ibyo bitume batsinda mu ishuri, kandi babe abenegihugu beza.”

Yasabye abo banyeshuri abereye umuyobozi gukurikiza inama bagiriwe, kandi abizeza ko azababa hafi kugira ngo ihuriro ryo kurwanya ibyaha bashyizeho rizagere ku ntego zaryo.

Aya mahuriro ane aje yiyongera ku yandi 17 yashyizweho mu yandi mashuri yo muri aka karere mu bihe byashize naho mu gihugu cyose bene aya mahuriro akaba akabakaba 850.

RNP

2016-05-11
Editorial

IZINDI NKURU

Igisambo Mbayahaga cyahawe akazi ko gucamo amacakubiri abanyamulenge

Igisambo Mbayahaga cyahawe akazi ko gucamo amacakubiri abanyamulenge

Editorial 15 Jul 2025
Abanyaburayi bose siko bakurikira buhumyi ibinyoma bya Kongo n’Ububiligi

Abanyaburayi bose siko bakurikira buhumyi ibinyoma bya Kongo n’Ububiligi

Editorial 25 Feb 2025
Jose Chameleone, Weasel na Radio baraye bageze mu Rwanda bucece

Jose Chameleone, Weasel na Radio baraye bageze mu Rwanda bucece

Editorial 01 Apr 2016
Impamvu yatumye  Me Bernard Ntaganda yongera gutabwa muri yombi

Impamvu yatumye Me Bernard Ntaganda yongera gutabwa muri yombi

Editorial 08 May 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urwango David Himbara afitiye u Rwanda n’Abanyarwanda rwarenze igipimo, yishimiye ko Corona Virus yageze mu Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Urwango David Himbara afitiye u Rwanda n’Abanyarwanda rwarenze igipimo, yishimiye ko Corona Virus yageze mu Rwanda

Editorial 15 Mar 2020
Ikinyoma cya Polisi y’uBurundi ku mpunzi za Zebiya zabaga mu Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Ikinyoma cya Polisi y’uBurundi ku mpunzi za Zebiya zabaga mu Rwanda

Editorial 02 Apr 2018
RDC: Igitero Cyagabwe N’inyeshyamba Za ‘Twigwaneho Banyamulenge’ Cyaguyemo Batanu
HIRYA NO HINO

RDC: Igitero Cyagabwe N’inyeshyamba Za ‘Twigwaneho Banyamulenge’ Cyaguyemo Batanu

Editorial 26 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru