• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Kigali: Abagabo babiri batawe muri yombi bacyekwaho gutemagura inka 3 z’abagenzi babo

Kigali: Abagabo babiri batawe muri yombi bacyekwaho gutemagura inka 3 z’abagenzi babo

Ubwanditsi 05 Sep 2017 Mu Rwanda

Inka eshatu z’abaturage babiri bo mu mudugudu wa Nyamise wo mu kagari ka Kabariza mu murenge wa Rutunga mu karere ka Gasabo mu mujyi wa Kigali, zatemaguwe n’abantu bikekwa ko ari abihimuraga kuko n’ubusanzwe bazwiho ibikorwa by’urugomo, ababatanzeho amakuru n’abagaragaje ko bakwiye gukanirwa urubakwiye bakaba ari bo batemewe inka.

-7886.jpg

Uwitwa Rukundo Emmanuel yatemewe inka ebyiri mu gihe undi muturanyi we batuye mu mudugudu umwe nawe yatemewe inka imwe isanzwe ari n’imbyeyi, iyi yo bakaba bayitemaguye mu icebe basiga ivirirana amaraso. Uyu muturage, yabwiye itangazamakuru ko ibyo yakorewe ari ibikorwa by’ubugome biteye agahinda, ubu we na mugenzi we bakaba barimo kuvuza inka zabo.

-7887.jpg

-7888.jpg

Rukundo Emmanuel ati: “Bafashe icyuma bagenda basatagura imbavu zose n’umubiri wose, nabibonye mu gitondo kuko hari ahantu nari mfite akaraka niho ndara, nabibonye mpageze mu mugitondo. Undi ni umuturanyi wanjye, ntabwo twegeranye neza ariko ni mu mudugudu umwe, we inka ye bayisataguye mu mabere, icebe barihindura ibisebe gusa gusa, ubu turimo turazivuza ariko ibyo twakorewe ni ibikorwa by’ubugome ndengakamere”.

Rukundo Emmanuel avuga ko hari abakekwa ko baba bakoze ibyo bikorwa, ndetse bakaba bahise banatabwa muri yombi na Polisi y’u Rwanda ikorera muri uyu murenge wa Rutunga mu karere ka Gasabo. Avuga ko abo bakekwa, ari abasore babiri baherutse gushyira mu nteko y’abaturage bakagawa imbere y’ubuyobozi, bazira ko bashinjwaga gutega umukecuru bashaka kumwambura.

Umugore w’uyu Rukundo ngo asanzwe ari umwe mu bayobozi b’umudugudu hanyuma uwo muturage wundi watemewe inka, ngo muri iyo nteko y’abaturage ari mu batanze igitekerezo cy’uko abo basore bakora ibikorwa by’urugomo bakwiye kubakanira urubakwiye, bityo bigakekwa ko bakoze ibi bikorwa byo gutemagura inka bagamije kwihimura.

2017-09-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rwatsinze mu rubanza rw’ubutaka ku Cyambu cya Mombasa

U Rwanda rwatsinze mu rubanza rw’ubutaka ku Cyambu cya Mombasa

Ubwanditsi 13 Jun 2016
Hatangajwe amatsinda y’uko amakipe azahura mu mikino y’irushanwa ritegura shampiyona y’u Rwanda y’umukino w’intoki wa Basket ball

Hatangajwe amatsinda y’uko amakipe azahura mu mikino y’irushanwa ritegura shampiyona y’u Rwanda y’umukino w’intoki wa Basket ball

Ubwanditsi 18 Apr 2021
Mu mukino w’Amateka unahenze muri shampiyona y’u Rwanda, ikipe ya Rayon Sports irakira Kiyovu Sports

Mu mukino w’Amateka unahenze muri shampiyona y’u Rwanda, ikipe ya Rayon Sports irakira Kiyovu Sports

Ubwanditsi 19 Mar 2022
Diamond Platnumz yatunguwe no guhamagarwa na Perezida Magufuli ari mu kiganiro

Diamond Platnumz yatunguwe no guhamagarwa na Perezida Magufuli ari mu kiganiro

Ubwanditsi 14 Mar 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: Abarimu bategetswe gutanga umushahara wose w’ukwezi mu kigega cy’amatora yo muri 2020
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Abarimu bategetswe gutanga umushahara wose w’ukwezi mu kigega cy’amatora yo muri 2020

Ubwanditsi 28 Nov 2017
Teteri Agnes Umugore wa Eugene Gasana aravugwa mu bikorwa bya Politiki
ITOHOZA

Teteri Agnes Umugore wa Eugene Gasana aravugwa mu bikorwa bya Politiki

Ubwanditsi 30 May 2017
HAMISA MABETTO urwaye bikomeye ngo yaba yafashwe n’Amadayimoni
SHOWBIZ

HAMISA MABETTO urwaye bikomeye ngo yaba yafashwe n’Amadayimoni

Ubwanditsi 09 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru