• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Kigali: Perezida Kagame yatashye ikibuga cya Basketball agaruka ku mpano zihishe mu rubyiruko

Kigali: Perezida Kagame yatashye ikibuga cya Basketball agaruka ku mpano zihishe mu rubyiruko

Editorial 09 Aug 2017 Mu Rwanda

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yatashye ikibuga gikinirwaho umukino wa Basketball cyubatse i Nyamirambo mu murenge wa Rwezamenyo mu karere ka Nyarugenge ahazwi cyane nko kuri Club Rafiki ashimangira ko urubyiruko rufite impano ariko rukaba rugomba gufashwa kuzigaragaza no kuzibyaza umusaruro.

Iki kibuga cyatashwe na Perezida Kagame cyubatswe n’umuryango Giant of Africa ugizwe n’Abanyafurika bahoze bakina muri shampiyona ya Basketball muri Leta zunze ubumwe za Amerika izwi nka NBA.

Mbere yuko iki kibuga cyubakwa aha kuri Rafiki nubundi hari hasanzwe ikibuga cya Basketball ariko kitajyanye n’igihe ndetse cyari kinashaje aho wasanganga no mu kibuga hagati hagaragara ibinogo nkuko na bamwe mu bagikiniragaho babitangaje.

Iki cyahubatswe ariko cyo cyubatswe mu buryo bwiza bujyanye n’igihe kuko abantu bashobora no kugikiniraho mu masaha y’ijoro kubera amatara akimurikira ahari, ibi bikazafasha abana bakiri mu mashuri kuba bahakinira na nyuma y’amasomo ya nimugoroba.

Ubwo yatahaga ku mugaragaro iki kibuga, umukuru w’igihugu Paul Kagame yashimiye byimazeyo uyu muryango wahisemo kubaka iki kibuga mu Rwanda kuko bizafasha abana bakiri bato gukuza no kugaragaza impano zabo mu gukina umukino wa Basketball.

Perezida Kagame yagize ati: “Aba bana bafite impano ariko ntabwo babasha kuzigaragaza mu gihe baba batabonye amahirwe nk’aya mubahaye. Ibi bikorwaremezo ni ikintu gikomeye kuri twe, kandi ndahamya ko uko igihe kizagenda cyigira imbere, buri umwe azagenda avumbura ibyo yifitemo natwe tutari tuzi ko ashoboye. Ni nako no mu rwego rwagutse ibihugu bitera imbere, ni ukubona amahirwe no kuyabyaza umusaruro, ariko ikiruta ibindi ni uburyo urubyiruko rwacu rubona ayo mahirwe ngo rubashe kugaragaragaza iyo mpano rwifitemo.”

Aha hazwi nko kuri Club Rafiki ni hamwe mu hantu mu Rwanda hakuriye abakinnyi benshi bazwi mu mukino wa Basketball ndetse na Volley ball kuko giteye ku buryo hashobora gukinirwa iyi mikino yombi. Abagize Giant of Africa bahisemo kuba ariho bubaka iki kibuga bitewe nuko ari cyo cyakuriyeho abakinnyi benshi bazwi muri uyu mukino.

-7532.jpg

Burasa Ishimwe Naomie n0 5, iburyo, umunyeshuri ukina Basketball [ umukobwa wa Burasa Jean Gualbert ] niwe wahaye Perezida Kagame umukasi wo gukata liba [ luban ] ni amateka akomeye k’umuryango we.

Mbere nticyari gifite aho abantu bicara bareba imikino (tribune) ariko ubu abareba imikino ihakinirwa bashobora kubona ahantu heza bicara bakareba umukino.

Minisitiri w’Umuco na Siporo, Uwacu Julienne, yashimiye abagize Giant of Africa n’abayishinze kuba barahisemo gukorana n’u Rwanda dore ko iyi mikoranire n’u Rwanda yatangiye guhera mu 2015.

Masai Ujiri watangije umushinga Giant of Africa yasabye abana bakiri bato gukoresha amahirwe bahawe bagakuza impano zibarimo mu gukina umukino wa Basketball.

Abana bakinira kuri iki kibuga bishimiye gutahwa kw’iki kibuga ariko by’umwiariko kuba cyatashwe na Perezida Kagame ngo ni agahebuzo. Uyu mushinga wa Giant of Africa ukorera mu bihugu bitandatu bya Afurika birimo n’u Rwanda.

-7530.jpg

Perezida Kagame yashimiye abubatse iki kibuga asaba abana kukibyaza umusaruro

-7531.jpg

-7529.jpg

-7528.jpg

-7527.jpg

-7526.jpg

-7525.jpg

-7524.jpg

Abana banejejwe nuko babonye uburyo bwo kugaragaza impano zabo

2017-08-09
Editorial

IZINDI NKURU

Bishop Rugagi yarekuwe

Bishop Rugagi yarekuwe

Editorial 15 Mar 2018
Umunyamabanga w’ikipe ya Bugesera FC, Sam Karenzi yeguye kuri uwo mwanya kubera impamvu ze bwite

Umunyamabanga w’ikipe ya Bugesera FC, Sam Karenzi yeguye kuri uwo mwanya kubera impamvu ze bwite

Editorial 17 Nov 2021
Turebere hamwe Uruhare rw’izahoze ari Ingabo z’u Rwanda mu itegurwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi

Turebere hamwe Uruhare rw’izahoze ari Ingabo z’u Rwanda mu itegurwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 04 Mar 2024
APR FC na AS Kigali zabonye amanota atatu, Rayon Sports inganya na Marines FC muri shampiyona y’u Rwanda ya 2020-2021

APR FC na AS Kigali zabonye amanota atatu, Rayon Sports inganya na Marines FC muri shampiyona y’u Rwanda ya 2020-2021

Editorial 14 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Havugiyaremye Aimable Yagizwe Umushinjacyaha Mukuru
Mu Rwanda

Havugiyaremye Aimable Yagizwe Umushinjacyaha Mukuru

Editorial 29 Nov 2019
Pablo Morchon wari umutoza wungirije muri APR FC, yatandukanye nayo asimbuzwa umunya Tunisia Jamel Eddine Neffati w’imyaka 32
Amakuru

Pablo Morchon wari umutoza wungirije muri APR FC, yatandukanye nayo asimbuzwa umunya Tunisia Jamel Eddine Neffati w’imyaka 32

Editorial 26 Jul 2021
Abakozi ba nyakabyizi barasaba koroherezwa gutora
Mu Rwanda

Abakozi ba nyakabyizi barasaba koroherezwa gutora

Editorial 25 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru