• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Kivu, isibaniro ry’intambara ikomeye ya Afurika itaribagirana

Kivu, isibaniro ry’intambara ikomeye ya Afurika itaribagirana

Editorial 06 Oct 2018 ITOHOZA

Intara za Kivu muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo zimaze imyaka igera kuri 24 mu ntambara z’urudaca, aho usanga muri izi ntara iya Kivu y’Amajyepfo n’iya Kivu y’Amajyaruguru, buri munsi habera ubwicanyi, gufata ku ngufu n’ubundi bugizi bwa nabi bugirwamo uruhare n’imitwe y’inyeshyamba.

Dusubire inyuma mu ntambara zabereye mu burasirazuba bwa Congo mu bice byegereye ibihugu by’ibituranyi nk’U Rwanda, U Burundi na Uganda.

Imyaka 24 y’amakimbirane adashira

Aka karere ka Kivu bivugwa ko karuta igihugu cya Portugal mu bunini kisanze mu bibazo mu 1994 ubwo jenoside yakorewe Abatutsi yatumye abahigwaga cyane bisanga bambutse umupaka bahungira muri Kivu. Aba bakurikiwe n’ibihumbi byinshi by’impunzi ziganjemo izo mu bwoko bw’Abahutu nyuma y’aho abayobozi babo birukaniwe ku butegetsi n’ingabo zari iza RPA.

Ibi byatumye intara za Kivu zihinduka indiri z’inyeshyamba ndetse n’ubuhungiro bw’umubare munini w’impunzi.

Perezida Mobutu Sese Seko, wayoboye Zaire yaje guhinduka Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo kuva mu 1966 kugeza mu 1997 ngo muri za 80 yigeze kwangisha abaturage ba Kivu abimukira b’Abanyarwanda.

Ibi byaje gukurikirwa n’intambara 2 zikomeye zatangiriye muri Kivu ziza gukwira mu gice kinini cya Congo hagati y’1996 n’1997 ndetse no kuva mu 1998 kugeza mu 2003.

Intambara ikomeye ya Afurika

Mu ntambara ya mbere, u Rwanda rwashyigikiye umutwe wari ukuriwe na Laurent Desire Kabila mu guhirika umunyagitugu Mobutu Sese Seko, wahiritswe mu 1997. U Rwanda rukaba rwarinjiye muri Congo rugamije no guca intege abasize bakoze jenoside mu Rwanda ndetse bari mu myiteguro yo kongera gutera igihugu.

Ariko, ibihumbi byinshi by’abaturage b’impunzi nibyo byahahuriye n’ibyago.

Akigera ku butegetsi, Kabila yihindukanye U Rwanda na Uganda byamufashije kugera ku butegetsi ahita yirukana ingabo z’ibi bihugu zari zikiri muri Congo, haduka Intambara ya 2 ya Congo.

Iyi ntambara yaje guhuriramo ibihugu 9 bya Afurika ndetse n’imitwe y’inyeshyamba isaga 20, aho bivugwa ko abantu basaga miliyoni 5 bazize iyi ntambara, ibyorezo cyangwa bakazira inzara.

Abanyamateka niho bahereye bita iyi ntambara Intambara Ikomeye ya Afurika (The Great War of Africa).

Inyeshyamba n’ubwicanyi

Imirwano yo muri Kivu yarakomeje kuva icyo gihe kugeza uyu munsi nubwo bitari ku rwego nk’urwa mbere, hazamuka ifatwa ku ngufu n’amakimbirane ashingiye ku moko. Nk’uko byemezwa na Congo Research Group, umushinga w’inyigo wa Kaminuza ya New York, kuri ubu ngo muri kivu zombi habarizwa imitwe yitwaje ibirwanisho igera ku 134 nk’uko iyi nkuru dukesha France 24 ikomeza ivuga.

Umwe muri iyi mitwe ni Allied Democratic Forces (ADF) ugizwe ahanini n’inyeshyam ba z’Abagande bo mu idini ya Islam ukomeje gushinjwa ubwicanyi bukabije muri Kivu y’Amajyaruguru by’umwihariko muri Beni.

Iki gice cya Congo kandi gikomeje no kwibasirwa n’icyorezo cya Ebola, ibitero by’abitwaje ibirwanisho bakomeje kubangamira imirimo y’ishami rya Loni ryita ku buzima, OMS. Iki cyorezo kimaze kwibasira Congo inshuro 10 mu mateka ubwo giheruka cyahitanye abantu bagera ku 100 uhereye muri Kanama mu burasirazuba bwa Kivu y’Amajyaruguru.

Amabuye y’agaciro y’amaraso

Bivugwa ko imitwe myinshi y’inyeshyamba iba ihanganye ipfa ubucukuzi n’ubucuruzi butemewe bw’amabuye y’agaciro bita ay’amaraso yiganjemo Zahabu, Coltan, na Gasegereti bivugwa ko aba akenewe cyane mu nganda zikora ibijyanye n’itumanahaho.

Kivu kandi inakungahaye ku buhinzi n’amashyamba.

2018-10-06
Editorial

IZINDI NKURU

“Ntimuzane Abatutsi kuko simbakunda, mwibande mu bahutu cyane cyane abahoze mu ngabo.” -Ingabire Victoire

“Ntimuzane Abatutsi kuko simbakunda, mwibande mu bahutu cyane cyane abahoze mu ngabo.” -Ingabire Victoire

Editorial 13 May 2019
Uganda: Bikekwa ko uwagombaga kuzatanga ubuhamya mu rubanza rw’ishimutwa rya Joel Mutabazi yishwe

Uganda: Bikekwa ko uwagombaga kuzatanga ubuhamya mu rubanza rw’ishimutwa rya Joel Mutabazi yishwe

Editorial 28 Apr 2018
Col Ruhinda yaba yazize ubwumvikane buke mu kugabana amafaranga bahawe na Tshisekedi ngo barwanye M23

Col Ruhinda yaba yazize ubwumvikane buke mu kugabana amafaranga bahawe na Tshisekedi ngo barwanye M23

Editorial 04 Dec 2023
Uko Cyemayire Emmanuel yakorewe iyica rubozo na CMI Mbarara- Kampala [ Video ]

Uko Cyemayire Emmanuel yakorewe iyica rubozo na CMI Mbarara- Kampala [ Video ]

Editorial 30 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kiyovu SC na Gasogi United mu makipe yatangiye gutandukana nabakinnyi babo bitegura 2023-2024
Amakuru

Kiyovu SC na Gasogi United mu makipe yatangiye gutandukana nabakinnyi babo bitegura 2023-2024

Editorial 08 Jun 2023
Urugendo rugoye rwo kugeza imbere y’ubutabera umwicanyi Vincent Murekezi,wari utunze intwaro mu gihugu cya Malawi anashyigikiwe n’abategetsi bo muri icyo gihugu
Amakuru

Urugendo rugoye rwo kugeza imbere y’ubutabera umwicanyi Vincent Murekezi,wari utunze intwaro mu gihugu cya Malawi anashyigikiwe n’abategetsi bo muri icyo gihugu

Editorial 12 May 2023
Uburyo bushya abarwanya Leta y’u Rwanda, batangije bwo gukwirakwiza ibihuha.
INKURU NYAMUKURU

Uburyo bushya abarwanya Leta y’u Rwanda, batangije bwo gukwirakwiza ibihuha.

Editorial 08 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru