• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Kuki Museveni yagereranyije guhangana n’‘Igihugu cy’abaturanyi’ no guhandura Ivunja

Kuki Museveni yagereranyije guhangana n’‘Igihugu cy’abaturanyi’ no guhandura Ivunja

Editorial 17 Sep 2018 POLITIKI

Pererezida wa Uganda yakomoje ku gikorwa yise ‘guhandura ivunja’, agihuza no gushaka umuti ku bibazo by’umutekano muke muri Uganda bivugwa ko hari igihugu cy’abaturanyi kibigiramo uruhare.

Muri iki gihe Uganda yugarijwe n’ubwicanyi bwa hato na hato, aho kuva mu myaka ishize abantu bakomeye bagiye baraswa kandi ababigizemo uruhare ntibamenyekane.

Ni ibibazo bisobanurwa ukwinshi kuko hari abavuga ko uyu mutekano muke ari iturufu yo kugumisha Museveni ku butegetsi, kuko ari icyuho anyuramo mu kwivugana abagerageje kuzamura ijwi banenga imikorere ye cyangwa batemeye ibikorwa bye mu buryo bweruye.

Ni kimwe no kuvuga ko ibyo bibazo bifitwemo uruhare n’igihugu cy’abaturanyi, byose bigamije kurangaza abaturage kandi ikibazo nyirizina kiri imbere mu gihugu.

Bigahuzwa n’uko ubwo ASP Kirumira wahoze ari ofisiye muri polisi ya Uganda yaraswaga agapfa ku wa 8 Nzeri 2018, Perezida Museveni yihutiye kugera aho byabereye, ariko abaturage bamugaragariza ko bamurambiwe.

Nk’uko Daily Monitor yabitangaje, umwe yagize ati “Mzee, urabibona? Ibi turabirambiwe. Turakurambiwe hamwe n’inzego z’umutekano zawe. Turagira ngo ugire icyo ukora. Ko abantu bari gushira uzayobora iki, igihugu cyambaye ubusa?”

Undi nawe yagize ati “Mzee, Kirumira yakubwiye ko bashaka kumwica ariko ntiwigeze umwumva. Se [umubyara] nawe yarakwegereye kuri iyo ngingo ariko uraceceka. Watubwira Perezida wacu uwo ari we niba udashobora guhagarika ubwicanyi mu gihugu uyoboye?”

Muri iyi myaka mike ishize, inzego z’umutekano za Uganda zakajije umurego mu gutoteza abanyarwanda baba abatuyeyo cyangwa abahagenda, abenshi bagakorerwa iyicarubozo bashinjwa ibyaha byo guhungabanya umutekano, nubwo nta bimenyetso byigeze bitangwa.

Mu kiganiro n’abanyamakuru ku wa Gatandatu mu ngoro y’umukuru w’igihugu, Entebbe, Museveni yabajijwe ku bivugwa ko ibihe Uganda iri gucamo “bifitanye isano n’igihugu cy’abaturanyi ku buryo abaturage hari abashyitsi batinya kwakira kuko batazi aho bahagaze.”

Nubwo atigeze avuga izina ry’icyo gihugu, byumvikanye ko ari igifatanye ibibazo by’umubano utifashe neza muri iki gihe, ari cyo u Rwanda.

Museveni ntiyigeze abaza uwo munyamakuru izina ryacyo, ibyabaye nk’ibisobanura neza ko icyo bamubazaga yacyumvaga.

Yagize ati “Ku bijyanye no kumenya niba abo bicanyi baturuka mu gihugu cy’abaturanyi, icyo tuzakimenya. Tugenza gacye, ntidukuka umutima, ntabwo guhandura ivunja bivuze gukata ino ryose. Oya, iyo ryinjiye mu ino ukuguru kose kurababara, ukarihandura utangije umubiri.”

Yavuze ko bazakemura ikibazo badahagaritse moto zikunze gukoreshwa mu kurasa abantu cyane cyane muri Kampala.

Ati “Tuzagera kuri ayo mavunja. Ivunja ryinjiye urihandura mu buryo bubiri. Uvanamo iryinjiye kandi gahoro gahoro utangije urugingo, ugashyiraho n’umuti ku buryo n’andi mavunja apfa… Tuzayahandura ryaba ari iriri mu ino n’andi ari hafi aho, muzaba mureba.”

Yavuze ko hari amavunja yinjiye mu batwara moto, kikaba ari cyo bagomba guhangana nacyo.

Muri icyo gikorwa niho hazamo itabwa muri yombi rya Gen Kale Kayihura wahoze ayobora Polisi ya Uganda, kuko Ubushinjacyaha bumurega ko Kayihura yananiwe kurinda ibikoresho by’intambara, agaha imbunda abantu batabyemerewe n’amategeko barimo abatwara moto bari bibumbiye mu cyitwa ‘Boda Boda 2010’.

Museveni ati “Ntaho abantu badapfa”

Abantu bakomeye bishwe muri Uganda mu myaka ishize barimo Umushinjacyaha Joan Kagezi; Major Mohammed Kiggundu; AIGP Felix Kaweesi; umucuruzi Susan Magara, Col Abiriga na Mohamad Kirumira uheruka, bose bishwe barashwe.

Ku bwa Museveni ngo ubwicanyi ntaho butaba kuko na Leta Zunze Ubumwe za Amerika nk’igihugu cy’igihanganye, mu myaka ine ishize hishwe abantu 56 214.

Ati “Ubwicanyi bubaho no mu bihugu byateye imbere, itandukaniro ni uko nko muri Amerika no mu bindi bihugu byateye imbere, kubera za kamera, ikoranabuhanga ryumviriza telefoni z’abanyabyaha, abakora ibyo byaha bahita bamenyekana.”

Yavuze ko hari gushyirwaho ikoranabuhanga mu gushakisha abanyabyaha, asaba Abanya-Uganda ko igihe babonye umuntu batazi bahita bamenyesha inzego z’umutekano.

Nubwo Perezida Museveni ndetse n’inzego z’umutekano zitandukanye zo mu gihugu cye basa n’abihaye gahunda yo gushakisha uburyo bwose bashotoramo u Rwanda, kugeza magingo aya abayobozi bo mu Rwanda nta n’umwe muri bo uragira icyo avuga byeruye kuri ubwo bushotoranyi.

Yewe ibimenyetso byose bituruka ku ruhande rw’u Rwanda usanga byerekana ko rwo rwifuza kugirana na Uganda imibanire myiza.

Mu bigaragaza ubushake bw’u Rwanda mu gutsura umubano na Uganda harimo uruzinduko Perezida Paul Kagame aheruka kugirira muri Uganda mu kwezi kwa Werurwe uyu mwaka rwari rugamije kuzura no gushimangira umubano hagati y’ibihugu byombi.

Ikindi nubwo Abanyarwanda bakorerwa iyicarubozo muri Uganda, abaturage ba Uganda bo usanga bagenda mu Rwanda ndetse bakarukoreramo nta nkomyi.

“Intare ntabwo ikunda kwanduranya”

Mu kwezi kwa Kanama uyu mwaka ubwo yari yitabiriye ibikorwa byo kwamamaza abakandida ba FPR Inkotanyi mu Karere ka Gisagara, Perezida Kagame yakomoje ku mibanire y’u Rwanda n’ibihugu bituranyi, iki gihugu akigereranya n’Intare, avuga ko nubwo ari kenshi igaragara nk’isinziriye, ari urugero rwiza rwo kurinda kandi nta we wanduranyijeho.

Yagize ati: “Irisinzirira ndetse ubukoko bumwe bukajya buza bukayijomba, bwibwira ngo irasinziriye, ndetse Intare nayo ikabwirengagiza, rimwe na rimwe igakomeza kwirigata iminwa izi ngo aho iri bubishakire irabwiyunyuguza. Ubundi Intare ntabwo ikunda kwanduranya, ntabwo ari ngombwa.”

“Ntabwo rero twanduranya ariko si ngombwa ko abantu batwanduranyaho, twe imbaraga zacu zose tuzishyire mu kwiyubaka no kurinda ibyo twubaka.”

2018-09-17
Editorial

IZINDI NKURU

U Rwanda ruzongera kwitabira ibiganiro bya Luanda, ari uko Kongo iretse amacenga n’ubushotoranyi

U Rwanda ruzongera kwitabira ibiganiro bya Luanda, ari uko Kongo iretse amacenga n’ubushotoranyi

Editorial 16 Dec 2024
Sebutege Ange atorewe kuyobora Akarere ka Huye

Sebutege Ange atorewe kuyobora Akarere ka Huye

Editorial 29 Jun 2018
Muri Ghana abatekamutwe bagaragaje yuko Maneko ya Amerika ifite ikibazo

Muri Ghana abatekamutwe bagaragaje yuko Maneko ya Amerika ifite ikibazo

Editorial 06 Dec 2016
Impamvu batatu batemerewe kuziyamamariza kuba Perezida w’igihugu cy’u Rwanda

Impamvu batatu batemerewe kuziyamamariza kuba Perezida w’igihugu cy’u Rwanda

Editorial 08 Jul 2017

Igitekerezo kimwe

  1. katsibwenene
    September 18, 201812:51 pm -

    Haaaaaaaaaaa!!!!!!!!! amaso kuri ecran

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ko uwizihiza isabukuru y’amavuko aba yishimira ibyiza yagezeho, nka RNC uretse kwikirigita igaseka, yavuga ko yageze kuki mu myaka 10 imaze ishinzwe?
Amakuru

Ko uwizihiza isabukuru y’amavuko aba yishimira ibyiza yagezeho, nka RNC uretse kwikirigita igaseka, yavuga ko yageze kuki mu myaka 10 imaze ishinzwe?

Editorial 14 Dec 2020
Abagande batangiye kwinubira imikorere ya Zari mu kazi yahawe na Leta ya Uganda[AMAFOTO]
Mu Mahanga

Abagande batangiye kwinubira imikorere ya Zari mu kazi yahawe na Leta ya Uganda[AMAFOTO]

Editorial 12 Nov 2018
Ibiteye amatsiko mu ngoro ndangamateka y’urugamba rwo guhagarika jenoside
HIRYA NO HINO

Ibiteye amatsiko mu ngoro ndangamateka y’urugamba rwo guhagarika jenoside

Editorial 07 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru