• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Kuri uyu wa Kabiri muri Amerika haratangira urubanza k’Umugogo wa Kigeli, humvwa Abatangabuhamya

Kuri uyu wa Kabiri muri Amerika haratangira urubanza k’Umugogo wa Kigeli, humvwa Abatangabuhamya

Editorial 02 Jan 2017 ITOHOZA

Urukiko rwo muri Leta ya Virginia muri Leta zunze Ubumwe z’ Amerika kuri uyu wa kabiri tariki 3 Mutarama 2017, haratangira kumvwa urubanza hagati y’umuryango w’Umwami Kigeli haburanwa ku cyemezo cy’aho Umugogo w’Umwami Kigeli V Ndahindurwa ugomba gutabarizwa.

Impande zihanganye, zigomba gutanga ibimenyetso k’umurage w’Umwami Kigeli n’aho yavuze agomba gutabarizwa nyuma yo guhunga igihugu cy’u Rwanda nyuma ya 1959, imbere y’umucamanza, hazasuzumwa abafite ukuri maze icyemezo kigafatwa.

-5228.jpg

Tariki 23 Ugushyingo 2016, nibwo urukiko rwo muri Fairfax County muri Leta ya Virginia, rwafashe iki cyemezo rumaze kubona ko impande zombi zihagarariwe n’ababunganira mu nkiko kandi ko zitumvikana ku bijyanye n’aho umwami Kigeli azatabarizwa, rwasabye ko abatanze ubuhamya bose bamenyeshwa, bakazajya kwisobanura ubwabo imbere y’urukiko, muri iki cyumweru tariki ya 3 Mutarama 2017.

Ubusanzwe abo mu muryango w’umwami bacitsemo ibice bitatu bihanganye byanze kuva ku izima

Hari igice gishyigikiye ibyatangajwe n’uwahoze ari umuvugizi akaba n’umukarani w’umwami, Boniface Benzinge, wavuze ko umwami yari yifuje kuva cyera ataratanga ko umugogo we uzatajyanwa mu Rwanda, akumva ibyo bikwiye kubahirizwa. Abo mu muryango w’umwami bashyigikiye icyo cyifuzo cya Benzinge barimo Gerald Rwigemera, umwami Kigeli yari abereye se wabo. Benzinge yagize ati: “Ntituremeza neza aho azatabarizwa ariko ku bwacu twebwe, gutabarizwa mu Rwanda ntabwo tuzabikora.

-5230.jpg

-168.png

Umuvugizi akaba n’umukarani w’Umwami kigeli, Boniface Benzinge

N’iyo baba babishaka, njyewe nk’umuvugizi w’Umwami nabasobanuriye ko ngomba gukurikiza icyifuzo yavuze akiriho kandi gikwiye kubahirizwa.

Kandi no mu muco, no mu mategeko ndetse ya Leta, ngirango ijambo rya nyuma ry’umuntu, bakurikiza ikintu yivugiye ubwe. Naho ibyifuzo bazana ubungubu, ntabwo twabifata ngo tubinyuranye n’igitekerezo yari afite. Mbese icyo gitekerezo cyo kugirango tujye kumushyingura mu Rwanda, nibwira ko kitariho rwose.”

Hari ikindi gice gishyigikiye ko Umwami yatabarizwa mu Rwanda nk’uko abo muri uyu muryango basanzwe baba mu Rwanda babyifuje kuva mbere, bakaba baranashyigikiwe n’abo muri uyu muryango babiri basanzwe baba muri Amerika, basohoye itangazo mu minsi ishize rivuga ko umugogo w’umwami uzatabarizwa mu Rwanda, i Mwima ya Nyanza aho yimikiwe. Abo ni Speciosa Mukabayojo, mushiki w’Umwami Kigeli V Ndahindurwa na Christine Mukabayojo, Kigeli yari abereye se wabo.

-5234.jpg

Impano z’Umwami Kigeli zibwe n’abantu bataramenyekana

Iki gice ariko cyo kirimo ibindi bice bibiri nabyo bitumva kimwe uburyo ibi bintu bizakorwa n’ibizakurikiraho. Hari abifuza ko aho umwami azatabarizwa, hazahita himikirwa uzamusimbura. Aba babyumva kimwe na Rukeba Claude Francois wari umujyanama wihariye w’Umwami Kigeli V Ndahindurwa kandi bakaba barabanye cyane, uyu akaba aherutse gutangaza ko umwami Kigeli yasize avuze uzamusimbura, akaba azamenyekana vuba.

Yagize ati: “Ni koko azasimburwa kuko yasize avuze uzamusimbura, mu 2006 yaramutanze, ashobora kuba yarabibwiye abantu babiri cyangwa batatu. Ubundi uko bigenda mu bintu by’ubwami, iyo basize bavuze umuntu ntibabibwira umuntu umwe. Uzi ko mu gihe cy’abiru, bavuga ko abiru ari bo babaga bafite iryo banga, ariko umwami yabaga yifitiye umwe w’umwihariko yabwiraga mu gihe habaye nk’amananiza. Niko byagenze mu gihe cya Rudahigwa atanga, niko byagenze nanubu mu gihe cya Kigeli V.”

Uyu Rukeba Claude Francois kandi yakuyeho urujijo ku bavugaga ko umwami Kigeli yarinze atanga akiri ingaragu akaba ataranigeze abyara, bisobanura ko byanashoboka ko byateguwe ko Kigeli azasimburwa n’umuhungu we. Uyu mujyanama we wihariye, yashimangiye ko hari umwana Kigeli yasize ariko yanga gutangaza aho aherereye. Yagize ati: “Ibyo byo kuvuga ko nta mwana yari afite, twe ku ruhande rwacu tuzi ko hari umwana yari afite, ntabwo twanavuga aho ari ariko arahari.” Ibi bisobanura ko Kigeli yaba yarabyaye umwana mu buryo bw’ibanga kandi akirinda ko bimenyekana cyane, cyane ko nta mugore bizwi ko yashatse.

Hari ikindi gice noneho cy’abifuza ko Kigeli yatabarizwa mu Rwanda, ariko ibyo gushaka umusimbura ku ngoma no gutsimbarara ku kwimika uwo bivugwa ko yasize araze ingoma ya cyami, byo bakaba bumva atari ngombwa kuko bifuza ko Kigeli V Ndahindurwa yagumana icyubahiro cyo kwitwa Umwami wa nyuma w’u Rwanda mu mateka yarwo, cyane ko abamukomokaho amateka atigeze atuma babasha gusobanukirwa neza iby’ingoma ya cyami n’umuco nyarwanda, iby’abiru, abagaragu n’ibindi byajyanaga n’ingoma ya cyami.

-5232.jpg

Pst. Ezra Mpyisi(ibumoso) yavuze ko Umuryango w’Umwami Kigeli V wifuza ko yatabarizwa mu Rwanda

-5231.jpg

Umuryango w’Umwami Kigeli

Rugiye kwambikana hagati y’abagize umuryango w’umwami Kigeli V Ndahindurwa, nyuma y’igihe hari ukutumvikana hagati yabo n’abari abajyanama be ndetse hakazamo n’ihangana rikomeye hagati yabo rishingiye ku kutavuga rumwe kwabo ku bijyanye n’aho Umugogo w’umwami ukwiye gutabarizwa.

Nyuma y’ibi byose, urukiko rwo muri Amerika nirwo rugiye gufata icyemezo cy’aho umwami Kigeli agomba gushyingurwa.

Umwami Kigeli aheruka kugenerwa udushimwe atakiriho aho President Obama na “Albizu”University ya Miami baheruka guha Umwami Kigeli V Ndahindurwa agashimwe “New Awards for His Majesty”, Obama yamuhaye “President’s Volunteer Service Award” naho Albizu University in Miami yamuhaye “honorary Professorship”.

Ibi bibaye mu gihe umugogo wa Kigeli V Ndahindurwa utegereje gutabarizwa ahazemezwa n’urukiko muri uyu mwaka dutangiye 2017.

Cyiza D.

2017-01-02
Editorial

IZINDI NKURU

Nyuma y’amakosa y’Urukiko Rukuru rwari rwamugize umwere, urw’Ubujurire rwakatiye umujenosideri Wenceslas Twagirayezu igifungo cy’imyaka 20

Nyuma y’amakosa y’Urukiko Rukuru rwari rwamugize umwere, urw’Ubujurire rwakatiye umujenosideri Wenceslas Twagirayezu igifungo cy’imyaka 20

Editorial 31 Jul 2024
Ikibazo cya peteroli gikomereye u Burundi Nkurunziza avugamo umutekano mwinshi

Ikibazo cya peteroli gikomereye u Burundi Nkurunziza avugamo umutekano mwinshi

Editorial 04 May 2017
Leta ya Uganda irashinjwa kwica abaturage bo mu idini ya Islam, ibitirira ibisasu bitegwa mu duce tunyuranye tw’icyo gihugu.

Leta ya Uganda irashinjwa kwica abaturage bo mu idini ya Islam, ibitirira ibisasu bitegwa mu duce tunyuranye tw’icyo gihugu.

Editorial 21 Nov 2021
U Bufaransa bwasoje iperereza ku ndege ya Habyarimana

U Bufaransa bwasoje iperereza ku ndege ya Habyarimana

Editorial 23 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ese Koko Umunyemari  W’umunyarwanda Wakoze Jenoside Witwa Kabuga Félicien Yiturije Mu Burundi Guhera 2009
INKURU NYAMUKURU

Ese Koko Umunyemari W’umunyarwanda Wakoze Jenoside Witwa Kabuga Félicien Yiturije Mu Burundi Guhera 2009

Editorial 27 Jun 2018
Ikigwari Emmanuel BEM Habyarimana ashaje yanduranya nka Faustin Twagiramungu agoreka amateka
Amakuru

Ikigwari Emmanuel BEM Habyarimana ashaje yanduranya nka Faustin Twagiramungu agoreka amateka

Editorial 29 May 2023
Amavubi ngo agiye muri CECAFA kurushaho kwitegura CHAN
IMIKINO

Amavubi ngo agiye muri CECAFA kurushaho kwitegura CHAN

Editorial 26 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru