• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Trump arashinjwa kwakira amafaranga binyuranyije n’Itegeko Nshinga rya Amerika

Trump arashinjwa kwakira amafaranga binyuranyije n’Itegeko Nshinga rya Amerika

Ubwanditsi 15 Jun 2017 ITOHOZA

Abagize Inteko Ishinga Amategeko bagera kuri 200, bakomoka mu ishyaka ry’aba-democrates bahuje imbaraga kugira ngo bajyane ikirego gishinja Perezida Donald Trump, kwakira amafaranga avuye mu bihugu by’amahanga, igikorwa kinyuranyije n’Itegeko Nshinga rya Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Muri iki kirego aba bashinzwe gushyiraho amategeko bagaragaje ko aya mafaranga Trump ayakira binyuze mu bikorwa bye by’ubucuruzi, mu gihe Itegeko Nshinga ribuza kwakira impano cyangwa andi mafaranga bitabanje kwemezwa n’Inteko Ishinga Amategeko.

Abasenateri 30 n’abadepite 166 nibo bahuje imbaraga, aho bavuga ko kuva Trump yajya ku butegetsi nta na rimwe yigeze aza gusaba kwemererwa ko ibikorwa bye by’ubucuruzi byakira amafaranga avuye mu bihugu by’amahanga.

Mu kiganiro na Reuters, Depite John Conyers yavuze ko kutabasha gutandukanya inyungu z’akazi n’ize bwite kwa Trump bigaragara mu bihugu bigera kuri 25, ndetse akaba akomeje gukoresha izina afite nk’inzira yo kwinjiza inyungu nyinshi.

Senateri Richard Blumenthal we yagize ati” Kuba perezida yarananiwe kutubwira iby’ariya mafaranga yishyuwe, bisobanuye ko tudashobora gukora akazi kacu neza. Ntabwo dushobora kwemeza ibyo tutazi. Akomeje kubangamira inshingano duhabwa n’Itegeko Nshinga.”

Si abagize Inteko gusa bavuga ko bagiye gutanga ikirego, kuko Intumwa nkuru ya Leta ya MaryLand n’iya District of Colombia kuwa Mbere batangaje ko bateganya kujyana Trump mu nkiko.

Ibi ariko Ibiro bya Perezida (White House) byabiteye utwatsi, naho Minisiteri y’Ubutabera yo yirinda kugira icyo itangaza nubwo mbere yari yatangaje ko kujyana perezida mu nkiko bishingiye ku buzima bwe bwite binyuranyije n’Itegeko Nshinga.

Trump afite ibikorwa by’ubucuruzi bisaga 500 hirya no hino ku isi birimo amahoteli, inzu zo guturamo, ibibuga by’umukino wa golf, byose byagiye bikorana na guverinoma z’ibihugu by’amahanga.

-6974.jpg

Mu gihe ubwo yabaga perezida yahisemo kubishyira mu maboko y’umuhungu we mukuru, hari abasanga yari akwiye kubigurisha kugira ngo yirinde ko habamo kugongana ku nyungu.

Itegeko Nshinga rya Leta Zunze Ubumwe za Amerika rifite ingingo ivuga ko perezida atagomba kwemera amafaranga, impano, ubutaka, ibiro cyangwa icyubahiro biturutse ku mwami, igikomangoma cyangwa igihugu cy’amahanga, mu rwego rwo kwirinda kugira inshingano yo kuzabitura.

2017-06-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amagambo ya Tumukunde yagaragaje imitekerereze y’abayobozi ba Uganda

Amagambo ya Tumukunde yagaragaje imitekerereze y’abayobozi ba Uganda

Ubwanditsi 31 Jul 2019
Uko Padiri Nahimana  yahunze afite pasiporo ya Congo, umugambi w’Abafaransa n’abapadiri bo muri Espagne

Uko Padiri Nahimana yahunze afite pasiporo ya Congo, umugambi w’Abafaransa n’abapadiri bo muri Espagne

Ubwanditsi 28 Jan 2017
Didas Gasana wavuye mu Rwanda ahunze amadeni nawe ngo arashaka kuba Perezida w’uRwanda. Mbere yo kuba umukandida yabanje akaba umuntu muzima!

Didas Gasana wavuye mu Rwanda ahunze amadeni nawe ngo arashaka kuba Perezida w’uRwanda. Mbere yo kuba umukandida yabanje akaba umuntu muzima!

Ubwanditsi 24 Feb 2022
Kigali: Ubushinjacyaha bwateye utwatsi ubusabe bwa Diane Rwigara na nyina

Kigali: Ubushinjacyaha bwateye utwatsi ubusabe bwa Diane Rwigara na nyina

Ubwanditsi 02 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kigali : Perezida Kagame yahaye icyubahiro Intwari zitangiye Igihugu
Mu Mahanga

Kigali : Perezida Kagame yahaye icyubahiro Intwari zitangiye Igihugu

Ubwanditsi 02 Feb 2017
Amerika yagabye igitero cya mudasobwa ku ntwaro za Irani zimara igihe zidakora
IKORANABUHANGA

Amerika yagabye igitero cya mudasobwa ku ntwaro za Irani zimara igihe zidakora

Ubwanditsi 24 Jun 2019
Ubusinzi n’Uburaya nibyo byaranze igitaramo cyo kwishimira Urupfu rwa Col. Karegeya muri Afrika y’epfo [ AMAFOTO ]
INKURU NYAMUKURU

Ubusinzi n’Uburaya nibyo byaranze igitaramo cyo kwishimira Urupfu rwa Col. Karegeya muri Afrika y’epfo [ AMAFOTO ]

Ubwanditsi 19 Apr 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru