• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Kwa NEVA ngo ibigega birafigije, mu gihe amagana y’Abarundi asuhukira muri Zambiya kubera inzara

Kwa NEVA ngo ibigega birafigije, mu gihe amagana y’Abarundi asuhukira muri Zambiya kubera inzara

Editorial 08 Jan 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Ibitangazamakuru bitandukanye byo muri Zambiya biratangaza ko urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka muri icyo gihugu rwataye muri yombi Abarundi barenga ijana, bikavugwa ko bahunga kubera inzara n’ubukene bica ibintu iwabi mu Burundi. Mu bafashwe harimo abagore n’abana, ngo bigaragara ko bashonje cyane

Amakuru yizewe ahamya ko Abarundi bari mu maboko y’abashinzwe umutekano muri Zambiya bagera ku 156, bakaba baragiye bafatwa mu bihe bitandukanye, gusa abenshi bakaba barafatiwe mu mukwabo wabaye tariki 27 Ukuboza 2024.

Ibi bije bisanga andi makuru yavuzwe n’ibitangazamakuru byo mu Burundi, byahishuye ko mu kwezi kwa cyenda umwaka ushize, Abarundi 207 bafatiwe muri Zambiya mu mu kwabo wakozwe n’igipolisi, ndetse n’ikigo cya Leta gishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge.

Amakuru atangwa na bamwe mu bafashwe, avuga ko guhunga igihugu cyabo bagasuhukira muri Zambiya n’ibindi bihugu byo muri Afrika y’amajyepfo, ari ikibazo cy’inzara iri mu Burundi, aho umwana ataka nyina ntiyumve.

Mu gihe rero Abarundi bakomeje guhungira muri Zambiya ndetse n’ibindi bihugu byo mu muryango wa SADC, Perezida wabo, Evariste Ndayishimiye, adasiba kuvugira mu ruhame ko ubwo bukene abanyagihugu bataka we atabubona, ndetse ntatinye gukina ku mubyimba abaturage be, yirata ngo ibigega bye birafigije.

Ibibazo by’ubukene biri gusunikira Abarundi muri Zambiya, byabaye bibi cyane ubwo Leta ya CNDD-FDD yafataga umwanzuro wo gufunga umupaka uhuza uBurundi n’u Rwanda, kuko byabaye nko guhuhura benshi mu Barundi bari basanzwe bashonje, ariko nibura bacungira ku buhahirane hagati y’ibihugu byombi.

Icyegeranyo cya Banki y’Isi cya 2024, cyerekana ko uBurundi buza imbere ku rutonde rw’ibihugu by’Afrika bifite ubukungu buhagaze nabi cyane, kimwe na munywanyi wabwo, Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo, yo iri ku mwanya wa karindwi kuri urwo rutonde rw’ibihugu birusha ibindi ubujyahabi.

Imibare y’imiryango mpuzamahanga itanga imfashanyo iravuga ko mu Burundi abaturage babarirwa muri 80% bari munsi y’umurongo w’ubukene, ni ukuvuga ba bandi babona ifunguro bigoranye.

Ibi byatumye bamwe mu basesenguzi bongera kwibaza ku mitekerereze y’ubutegetsi bw’u Burundi, bwafunze imipaka y’u Rwanda, bugatega amakiriro kuri Kinshasa, umufatanyabikorwa bahuriye ku rutonde rw’ibihugu bifite abaturage bakennye bikabije. Hagati y’uruka n’uhitwa ninde uzafata undi?

Amashyirahamwe arengera uburenganzira bw’umuturage mu Burundi, nka OLUCOM, yagiye yumvikana kenshi yinubira ibura ridasanzwe ry’ibikomoka kuri peteroli, ndetse nitumbagira ry’igiciro cy’ibiribwa n’ibindi nkenerwa mu buzima bwa huri munsi. Urugero ni ikilo cy’isukari cyavuye ku mafaranga magana inani(800), kikagera ku bihumbi umunani(8.000) by’amarundi, naho igiciro cy’inyama kikaba cyarikubye inshuro zirenga eshatu.

Amadovize, ni ukuvuga amafaranga y’amahanga akenerwa mu kugura ibintu hanze y’uBurundi, yabaye ingume muri icyo gihugu, ku buryo nko kubona umuti mu Burundi ari ah’abagabo.

Ibi biraba nyamara iki gihugu Perezida Ndayishimiye yaracyise”Ubusitani bwa Edeni” (Jardin d’Eden) ngo kubera ko ari paradizo yo ku isi.

Ko abaturage bariho basuhukira mu mahanga ku bwinshi se, ninde uzumva abantu bahunga “paradizo”, ko uwakabumvise abona bayura, nawe ati ‘’Ndahaze’’?

Nibyo Gen.Ndayishimiye n’ibyegera bye barahaze, ibondo ni ibondo rwose, ariko nta shema riri mu gutegeka abaryankuna.

2025-01-08
Editorial

IZINDI NKURU

Nyuma y’amagambo y’urwango yavuzwe n’umuvugizi wa Polisi y’u Burundi, abarenga 30 bafunzwe bazira kuvuga Ikinyarwanda

Nyuma y’amagambo y’urwango yavuzwe n’umuvugizi wa Polisi y’u Burundi, abarenga 30 bafunzwe bazira kuvuga Ikinyarwanda

Editorial 15 Oct 2020
Amarira y’Ingona ya Minisitiri Bizimana mu Burundi arabasiga mu kangaratete

Amarira y’Ingona ya Minisitiri Bizimana mu Burundi arabasiga mu kangaratete

Administrator 09 Dec 2025
2015 Irangiye Kagame ari we ukunzwe kurusha izindi nzego mu Rwanda – Min Murekezi

2015 Irangiye Kagame ari we ukunzwe kurusha izindi nzego mu Rwanda – Min Murekezi

Editorial 15 Jan 2016
Ese Koko Umunyemari  W’umunyarwanda Wakoze Jenoside Witwa Kabuga Félicien Yiturije Mu Burundi Guhera 2009

Ese Koko Umunyemari W’umunyarwanda Wakoze Jenoside Witwa Kabuga Félicien Yiturije Mu Burundi Guhera 2009

Editorial 27 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umugore wa Visi Perezida w’Ubuhinde yavuze ko hari byinshi byo kwigira ku kigo Isange
Mu Mahanga

Umugore wa Visi Perezida w’Ubuhinde yavuze ko hari byinshi byo kwigira ku kigo Isange

Editorial 21 Feb 2017
Uganda yiyemeje kuba ikimoteri cyabarushye mubarwanya u Rwanda batagishoboye
HIRYA NO HINO

Uganda yiyemeje kuba ikimoteri cyabarushye mubarwanya u Rwanda batagishoboye

Editorial 01 Jun 2020
Uwari Umuyobozi Mukuru wa Nakumatt agiye gukorwaho iperereza kubera ubujura
Mu Mahanga

Uwari Umuyobozi Mukuru wa Nakumatt agiye gukorwaho iperereza kubera ubujura

Editorial 22 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru