• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Leta y’u Rwanda yibukije Amerika ikibazo nyamukuru ku mutekano muke ukomeje kurangwa mu burasirazuba bwa Kongo

Leta y’u Rwanda yibukije Amerika ikibazo nyamukuru ku mutekano muke ukomeje kurangwa mu burasirazuba bwa Kongo

Editorial 19 Feb 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Ikibazo cy’umutekano muke mu Burasirazuba bwa Kongo, kizakemuka ari uko habonetse ibisubizo birambye ku bibazo nyamukuru byugarije iki gihugu hatarebwe inyungu za politiki cyangwa inyungu z’ubukungu.

Ku munsi w’ejo mu itangazo yashyize ahagaragara, Guverinoma y’u Rwanda yasabye Leta Zunze Ubumwe za Amerika ibisobanuro ku kwivuguruza kwayo ku kibazo cy’umutekano muke mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).

Ni nyuma y’aho tariki ya 17 Gashyantare 2024 ibiro bya Amerika bishinzwe ububanyi n’amahanga byongeye gushinja u Rwanda gufasha umutwe witwaje intwaro wa M23, bikarusaba gukura ingabo zarwo bihamya ko ziri muri RDC.

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko ubutumwa bwatangajwe n’ibi biro bya Amerika bwirengagiza ibimenyetso byose byo muri RDC birimo imikoranire y’igisirikare cy’iki gihugu n’umutwe wa FDLR, bigamije kuruhungabanya, kandi ko harimo ukuvuguruzanya na gahunda y’ibiro by’ubutasi bwa Amerika yo mu Ugushyingo 2023.

Yagize iti “Itangazo ryasohowe na Guverninoma ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika (US) ku wa 17 Gashyantare 2024 ryirengagiza nkana ibimenyetso bigaragara byose, kandi rikavuguruzanya, mu buryo bwose, na gahunda yari yaratangijwe n’Ibiro bya Amerika by’Ubutasi mu Gushyingo 2023, yari yatanze umurongo mwiza wo guhosha amakimbirane.”

Yaboneyeho gusaba ibisobanuro kugira ngo hamenyekane niba harabayeho ukwisubiraho. Iti “U Rwanda ruzasaba ibisobanuro Guverinoma ya Amerika kugira ngo hamenyekane neza niba ririya tangazo risobanuye ukwisubiraho ku murongo iki gihugu cyari gifite, cyangwa se ari ukuba inzego zitarahanye amakuru nk’uko bikwiye.”

Gahunda y’ubu butasi yari iyo gufasha u Rwanda na RDC guhosha umwuka mubi, gukemura impamvu muzi y’umutekano muke muri iki gihugu no kugabanya ingabo ziri ku mipaka mu rwego rwo gukumira ibyago by’intambara hagati y’impande zombi no guhana agahenge hagati y’umutwe wa M23 na Leta ya RDC.

Nk’uko u Rwanda rwabigaragaje kenshi, umuzi w’ibibazo byo muri RDC ni umutwe wa FDLR uhabwa ubufasha n’ubuyobozi bw’iki gihugu, nyamara ufite umugambi wo guhungabanya umutekano w’Igihugu. Uyu mutwe ukorana byimbitse n’ingabo ziki gihugu.

Guverinoma y’u Rwanda yashimangiye ko umutwe wa FDLR washyizwe na Amerika ku rutonde rw’imitwe y’iterabwoba ukorana byeruye na Leta ya RDC kandi ko ubu bufatanye bubangamiye umutekano warwo.

Ubu Leta ya Kongo n’u Burundi barakataje mu mikoranire ya gisirikari kandi bombi biyemeje gukuraho ubitegetsi bwa Perezida Kagame.

Amerika Igaragaza uburyarya bukomeye ikirengagiza ikibazo nyamukuru cyugarije iki gihugu.

Mu bibazo birebana n’umutekano mucye mu Burasirazuba bwa Congo, Amerika ikomeje kwirengagiza ibikubiye muri izi ngingo esheshatu:

1- Kuba igeze aho itagaragaza FDLR nk’umutwe w’iterabwoba kandi ariyo yawushyize ku rutonde rw’imitwe y’iterabwoba bwa mbere mu 2005.

2- Kudaha agaciro impungenge u Rwanda rwagaragaje ku mutekano warwo zituruka ku bufatanye bwa Leta ya Congo n’umutwe w’iterabwoba, FDLR, ndetse n’umugambi Perezida Tshisekedi yatangaje ku mugaragaro wo gukuraho ubutegetsi bw’u Rwanda hakoreshejwe ingufu za gisirikare.

3- Kuba ntacyo ivuga ku iyicwa ry’Abatutsi bo muri Congo kandi biri gukorwa ku manywa y’ihangu nubwo Loni yasohoye raporo ishimangira ko Abatutsi bari gukorerwa Jenoside muri Congo.

4- Kuba ntaho ikomoza ku mpunzi z’abanye-Congo zimaze imyaka 28 mu Rwanda, mu Burundi, Uganda, Kenya n’ahandi, ndetse no guhamagarira Leta ya Congo gushakira umuti ibibazo byazo.

5- Kuba idahatira Guverinoma ya Congo kwinjira mu nzira y’ibiganiro nk’uburyo burambye bwo gukemura ibibazo, cyane ko inzira y’intambara muri Congo isa n’iyananiranye.

6- Kuba ntacyo ivuga ku miyoborere mibi n’intege nke bya Leta ya Congo bituma iki gihugu gikomeza kwivuruguta mu rujya n’uruza rw’ibibazo.

2024-02-19
Editorial

IZINDI NKURU

Umubiligi yangiwe kuba intumwa y’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi muri aka karere kubera politiki mbi y’igihugu cye

Umubiligi yangiwe kuba intumwa y’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi muri aka karere kubera politiki mbi y’igihugu cye

Editorial 24 Jun 2024
Perezida Kagame yagiye muri Tchad akoresheje Pasiporo Nyafurika

Perezida Kagame yagiye muri Tchad akoresheje Pasiporo Nyafurika

Editorial 08 Aug 2016
Rayon Sports yitegura gukina na Azam FC kuri Rayon Day, yanganyije na Gorilla FC 1-1

Rayon Sports yitegura gukina na Azam FC kuri Rayon Day, yanganyije na Gorilla FC 1-1

Editorial 20 Jul 2024
PDC yavuye mu bufatanye na FPR-Inkotanyi mu matora y’Abadepite hinjiramo PSP na UDPR

PDC yavuye mu bufatanye na FPR-Inkotanyi mu matora y’Abadepite hinjiramo PSP na UDPR

Editorial 09 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abapolisi  bitegura kujya mu butumwa bw’amahoro batangiye amahugurwa
Mu Mahanga

Abapolisi bitegura kujya mu butumwa bw’amahoro batangiye amahugurwa

Editorial 07 Jun 2016
Cyril Ramaphosa yatowe nk’umusimbura wa Zuma
POLITIKI

Cyril Ramaphosa yatowe nk’umusimbura wa Zuma

Editorial 15 Feb 2018
Amavubi yatsinzwe umukino wa kabiri muri Cecafa [ Amafoto ]
IMIKINO

Amavubi yatsinzwe umukino wa kabiri muri Cecafa [ Amafoto ]

Editorial 06 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru