• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU ZAKUNZWE CYANE»Nyaminga w’ u Rwanda 2018 abaye Iradukunda Liliane Umukobwa w’ imyaka 18 Gusa “REBA HANO AMAFOTO”

Nyaminga w’ u Rwanda 2018 abaye Iradukunda Liliane Umukobwa w’ imyaka 18 Gusa “REBA HANO AMAFOTO”

Ubwanditsi 25 Feb 2018 INKURU ZAKUNZWE CYANE

Uyu munsi nibwo hari kuba igitaramo cya nyuma gisoza irushanwa rya Miss Rwanda 2018. Abakobwa bose uko ari 20 bamaze igihe mu mwiherero uyu munsi hararara hamenyekanye uza kwambikwa ikamba rya 2018 agasimbura Miss Iradukunda Elsa.

Irushanwa ry’ubwiza ryo guhitamo umukobwa uzaba Nyampinga w’u Rwanda rigeze ku musozo, mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu Abanyarwanda bararara bamenye umwari uhiga abandi mu buranga n’ubuhanga mu 2018.

Umukobwa ugiye gutoranywa muri 20 bahataniye ikamba rya Nyampinga si uw’ikimero n’ubwiza gusa, hejuru y’ibi agomba kuba afite ubumenyi kurusha abandi ndetse akagira umuco nk’imwe mu nkingi z’ubuzima bw’Igihugu.

Abakobwa basoje umwiherero kuri uyu wa Gatanu tariki ya 23 Gashyantare 2018, buri wese yaraye iwabo. Mbere yo kuva i Nyamata, aba bakobwa bakoze ikizamini cyanditse mu rwego rwo gusuzuma ubumenyi n’imitekerereze ya buri wese.

Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 24 Gashyantare bitoreje bwa nyuma ahagiye kubera ibirori kugira ngo bitegure neza ndetse bamenye uko baza kwitwara mu birori nyamukuru biza kuba muri iri joro.

Mu ijoro ryatambutse aba bakobwa uko ari 20 baraye bakoze imyitozo ya nyuma bayikorera ahazabera igitaramo berekwa uko baza gutambuka.

Abo bakobwa ni

1 . Uwase Ndahiro Liliane

2 . Umunyana Shanitah

3 . Irebe Natacha Ursule

4 . Munyana Shemsa

5 . Umuhoza Karen

6 . Umuhire Rebecca

7 . Ishimwe Noriella

8 . Iradukunda Liliane

9 . Uwase Fiona

10 . Irakoze Vanessa

11 . Umutoniwase Anastasie

12 . Dushimimana Lydia

13 . Ingabire Belinda

14 . Ingabire Divine

15 . Uwonkunda Belinda

16 . Umutoniwase Paula

17 . Uwineza Solange

18 . Mushambokazi Jordan

19 . Nzakorerimana Gloria

20 . Umutoni Charlotte

Guhera ku isaha ya saa kumi n’ imwe abantu bari batangiye kwinjira aho igitaramo kibera mu nyubako ya Kigali Convention Center. Abafana batandukanye barimo kuva bambaye imyenda iriho amafoto y’ abakobwa bashyigikiye uyu munsi.

Abakobwa 20 babanje kwigaragaza berekana ibyo bigiye mu mwiherero babyinira hamwe indirimbo yakorewe Nyampinga w’ u Rwanda ihoraho. Aba bakobwa bakiri ku rubyiniro herekanywe amashusho ya Iradukunda Elsa avuga kubyo yakoze.

Iyi niyo myambaro aba bakobwa baje bambaye

Babyinnye ibyo batorejwe mu mwiherero

 

Berekanye ko bakorera hamwe nkuko babihigiye

Hagezeho umwanya wo kwerekana abakobwa bose buri umwe agenda avuga umushinga we, bakoreshaga ururimi rw’ icyongereza.

Ba Miss bagarutse ku rubyiniro bwo baje bambaye imikenyero ya Kinyarwanda babyina indirimbo ya Cecile Kayirebwa. Abafana babahaye amashyi biyamira ngo n’ itorero.

Uwitwa Uwineza Solange na Ishimwe Noriealla bahawe umwanya barabaririmbira abandi bakabafasha kwikiriza bicaye hasi.

Babyina bya Kinyarwanda

Iradukunda Elsa urara atanze ikamba yiyerekanye

Uwineza Solange yerekanye ubuhanga mu kuririmba

Mu mikenyero

Baje mu mbyino za Kinyarwanda

Hagiye herekanwa amashusho y’ aba bakobwa mu mwiherero buri umwe akavuga icyo yahigiye ndetse n’ icyo azakumbura kizajya kimwibutsa ibihe byiza bahagiriye.

Yvan Buravan nawe yasusurukije abitabiriye umuhango wo gusoza irushanwa rya Miss Rwanda, yahereye ku ndirimbo ‘Urwo ngukunda’ aririmba ho agace gato nyuma yaririmbye iyitwa “Hoya” aheruka gusohora abakobwa bayigenderamo mu myambaro ya kizungu.

Yvan Buravan ari mu baririmbye

‘Oya’ ya Buravan niyo abakobwa bagendeyemo biyerekana mu myambaro ya kizungu

ABAKOBWA 10 BAGIYE GUKOMEZA MURI NYAMINGA W’ U RWANDA BATOWE N’ ABANTU BENSHI MURI MU BUTUMWA BUGUFI  NI :

Uwase Ndahiro Liliane

iradukunda Liliane 

 Ishimwe Noriella

Umunyana Shanitah

Irebe Natacha Ursule

Dushimimana Lydia

32.muhoza Umuhoza Karen

Umutoniwase Paula

Uwase Phiona

ingabire Divine

Abakobwa 10 barakomeje ubu nibo bagiye guhatana hashakwamo umwe uza kurara yambitswe ikamba ngo mu kubahitamo hagendewe ku myitwarire yabo yo mu mwiherero.

Uwambere ukomeje ni uwarushije abandi mu matora yo mu butumwa bugufi bwo kuri Telefone, ni Uwase Ndahiro Liliane yabatsinze n’ amajwi angana n’ ibihumbi 53 444.

Abandi bakobwa bakomeje ni Iradukunda Liliane, Ishimwe Noriella, Umunyana Shanitah, Irebe Natacha Ursule, Dushimimana Lydia, Umuhoza Karen, Umutoniwase Paula, Uwase Phiona, Ingabire Divine.

Abakobwa 10 nibo babashije gukomeza

Hakurikiyeho umwanya wo kubaza umwe kuri umwe uko ari 10

Abakobwa 10 bakomeje

1 . Iradukunda Liliane

Iradukunda Liliane

2 . Umutoniwase Paula

Umutoniwase Paula

3 . Ishimwe Noriella

Ishimwe Noriella

4 . Ingabire Divine

Ingabire Divine

5 . Umunyana Shanitah

Umunyana Shanitah

6 . Dushimimana Lydia

Dushimimana Lydia

7 . Uwase Ndahiro Liliane

Uwase Ndahiro Liliane

8 . Irebe Natacha Ursule

Irebe Natacha Ursule

9 . Umuhoza Karen

Umuhoza Karen

10 . Uwase Phiona

Uwase Phiona

Abagize akanama nkemurampaka bagiye kwiherera baragaruka batangaza abakobwa 5 barenze icyi kiciro cya kabiri ari nabo baza kuvamo umwe uba Miss wa 2018.

Abakobwa batanu bakomeje ni :

1.Iradukunda Liliane,

2.Ishimwe Noriella,

3.Umunyana Shanitah,

4.Dushimimana Lydia

5.Irebe Natacha Ursule

Utwaye ikamba rya nyaminga w’ u Rwanda n’ Iradukunda Liliane

2018-02-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RFI yokejwe igitutu kubera ifoto y’abasirikare b’u Rwanda yakoresheje

RFI yokejwe igitutu kubera ifoto y’abasirikare b’u Rwanda yakoresheje

Ubwanditsi 27 Feb 2018
Andrew Mwenda na Muhoozi mu mugambi wo kwinjiza Museveni mu ntwari za Afurika mu buryo bwa magendu

Andrew Mwenda na Muhoozi mu mugambi wo kwinjiza Museveni mu ntwari za Afurika mu buryo bwa magendu

Ubwanditsi 25 Oct 2019
Minisitiri Mushikiwabo yagiranye ibiganiro na Perezida Kabila wa Congo

Minisitiri Mushikiwabo yagiranye ibiganiro na Perezida Kabila wa Congo

Ubwanditsi 26 Jul 2018
Impuhwe za Bihehe FDLR, yateguye Misa yo gusabira Kizito Mihigo kuri iki cyumweru

Impuhwe za Bihehe FDLR, yateguye Misa yo gusabira Kizito Mihigo kuri iki cyumweru

Ubwanditsi 22 Feb 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abahanga mu mategeko, mu bukungu n’abaganga: Imboni mu bagize guverinoma nshya
Amakuru

Abahanga mu mategeko, mu bukungu n’abaganga: Imboni mu bagize guverinoma nshya

Ubwanditsi 17 Oct 2017
Amateka y’ u Rwanda ntiyari gutuma rukomeza kurebera abaturage ba Mozambike bicwa, nk’uko amahanga yarebereye Jenoside yakorewe Abatutsi.
Amakuru

Amateka y’ u Rwanda ntiyari gutuma rukomeza kurebera abaturage ba Mozambike bicwa, nk’uko amahanga yarebereye Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ubwanditsi 15 Jul 2021
Icyinyoma cya Bonabaana inkoramutima ya RNC, kunyerera ku gishishwa cy’umuneke mu gitangazamakuru cya guverinoma
INKURU NYAMUKURU

Icyinyoma cya Bonabaana inkoramutima ya RNC, kunyerera ku gishishwa cy’umuneke mu gitangazamakuru cya guverinoma

Ubwanditsi 12 Aug 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru