• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Madamu Jeannette Kagame yasabye abifite kuzamura abanyantege nke

Madamu Jeannette Kagame yasabye abifite kuzamura abanyantege nke

Editorial 13 May 2016 Mu Mahanga

Madamu Jeannette Kagame yibukije ko kugira imyumvire ishingiye ku bufatanye no kwita ku banyantege nke bitagamije inyungu, bizazamura imibereho y’abatuye Isi ya none igaragaramo ubusumbane cyane cyane mu bukungu.

Ibi yabitangarije ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane mu muhango wo guhemba Abanyafurika bihangiye imirimo ifasha abaturage ‘2016 Africa Social Entrepreneurs of the Year Award’.

Uyu muhango wanitabiriwe n’Umuyobozi Mukuru wa Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (AfDB), Akinwumi Adesina wari umushyitsi mukuru; Umuyobozi Nshingwabikorwa wa UNFPA, Dr. Babatunde Osotimehin, Umuyobozi wa Motsepe Foundation, Dr Precious Moloi-Motsepe; Adrian Monck; Christoph von Toggenburg, Umuyobozi wa Schwab Foundation for Community Lead, n’abandi barimo abikorera baturutse mu bihugu bitandukanye bya Afurika.

Umuyobozi wa Banki Nyafurika Itsura Amajyambere, avuga ku gushimira abihangira imirimo ifasha abantu baturage mu mpinduka nziza ku Isi, yagize ati “Bayoborwa niyo ndangagaciro kuruta indonke, bagabaharanira ubuzima bwiza, uburezi, ubuzima n’ibindi bizamura imibereho y’abaturage.”

Yasabye ibihugu gukomeza guteza imbere abagore bihangiye imirimo bafashwa kugera kuri serivisi z’imari.

Umuyobozi Mukuru wa BAD yavuze kuri gahunda zitandukanye iyi banki igiye gushyiraho mu rwego rwo gufasha urubyiruko kuzamura ubumenyi no kwihangira imirimo, agira ati ‘tugomba kurema icyizere’.

Madamu Jeannette Kagame yavuze ko kuzirikana ba rwiyemezamirimo bakoze ibikorwa bifasha abaturage mu 2016, ari igihe cyo kwishimira umusanzu wabo utagereranywa, abo bagabo n’abagore batanga mu buzima bw’abaturage bwa buri munsi yaba mu bukungu no mu mibereho myiza.

-2791.jpg

Madamu Jeannette Kagame mu ifoto hamwe na Dr. Motsepe (ibumoso), Dr. Akinwumi Adesina (iburyo), Dr. Babatunde Osotimehin (uwa mbere ibumoso), Adrian Monck (uwa kabiri ibumoso), Dr Tshepo Motsepe-Ramaphosa (uwa gatatu uhereye ibumoso), n’abandi ba rwiyemezamirimo

Yagize ati “Ibyo bakora binyuze mu miryango yabo igamije kuzamura abandi, ni uburyo bushya butanga akazi buzana ibisubizo bishya bihangana n’inzitizi zihari, yaba guhashya ubujiji, guhugura abayobozi b’ejo hazaza, guteza imbere ikoranabuhanga, byose bigamije guhindura ibintu byiza.”

Yashimangiye ko iyo ntego yo guharanira ubuzima bwiza aribyo byatumye habaho umuryango Imbuto Foundation, wabayeho ngo ushake ibisubizo by’ibibazo biri muri sosiyete, wongerera ubushobozi abahungu n’abakobwa hagamijwe ko bakoresha ubushobozi bwabo mu kwishakira ibisubizo bikemura ibibazo bafite.

Yavuze ko kuzirikana ibyakozwe n’abihangiye imirimo ifasha abaturage ari isoko yo kubatera imbaraga no gukangura bagenzi babo gutera ikirenge mu cyabo.

Yagize ati “Tuba mu Isi aho ubusumbane mu by’ubukungu bugaragara cyane, buri wese agomba kuzirikana umumaro wo kugira imyumvire y’ubufatanye no kwita ku banyantege nke. Nemera ko hari imbaraga ziri mu kwiyumvamo ubushobozi bwo gukorera undi muntu ikintu, utitaye ko uzabyishyurwa ahubwo ari uko wemera ko afite uburenganzira bwo kubaho neza.”

Abahembwe barimo Luvuyo Rani wo muri Afurika y’Epfo wihangiye imirimo mu ikoranabuhanga akiyemeza gushinga ibigo bihugura abantu mu ikoranabuhanga rigamije kwihangira imirimo, Tracey Chambers na Tracey Gilmore, bashinzwe The Clothing Bank, Yasmina Filali washinze umuryango Orient Occident ukorera muri Maroc.

-2790.jpg

Madamu Jeannette Kagame aha impanuro abari bitabiriye ibi biganiro

Source: Igihe

2016-05-13
Editorial

IZINDI NKURU

Abajenosideri  Protais Mpiranya, Fulgence Kayishema na nagenzi babo, nibashake bazihishe munsi y’urutare bazashakishwa uruhindu kugeza bafashwe

Abajenosideri Protais Mpiranya, Fulgence Kayishema na nagenzi babo, nibashake bazihishe munsi y’urutare bazashakishwa uruhindu kugeza bafashwe

Editorial 05 Nov 2021
Restrepo Jonathan yegukanye agace ka gatatu ka Tour du Rwanda kavaga i Kigali gasorezwa mu karere ka Rubavu ahita anafata umwenda w’umuhondo

Restrepo Jonathan yegukanye agace ka gatatu ka Tour du Rwanda kavaga i Kigali gasorezwa mu karere ka Rubavu ahita anafata umwenda w’umuhondo

Editorial 22 Feb 2022
Burera: Hakozwe ubukangurambaga bwo kurwanyaikoreshwary’ibiyobyabwenge

Burera: Hakozwe ubukangurambaga bwo kurwanyaikoreshwary’ibiyobyabwenge

Editorial 27 Sep 2016
Urugendo rwa mbere rwa Perezida Magufuli hanze y’igihugu arukoreye mu Rwanda

Urugendo rwa mbere rwa Perezida Magufuli hanze y’igihugu arukoreye mu Rwanda

Editorial 05 Apr 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda ikomeje kuba akarima na gatobero ka Kayumba Nyamwasa
INKURU NYAMUKURU

Uganda ikomeje kuba akarima na gatobero ka Kayumba Nyamwasa

Editorial 26 Mar 2020
Kayitaba Jean Bosco wakiniraga AS Kigali yatijwe amezi atandatu muri Police FC
Amakuru

Kayitaba Jean Bosco wakiniraga AS Kigali yatijwe amezi atandatu muri Police FC

Editorial 30 Dec 2022
Impinduka muri Guverinoma y’u Burundi zasize Nyamitwe yeretswe umuryango
INKURU NYAMUKURU

Impinduka muri Guverinoma y’u Burundi zasize Nyamitwe yeretswe umuryango

Editorial 20 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru