• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Madamu Jeannette Kagame yitabiriye ibirori by’imyaka 10 ya gahunda yo kwigisha Ikidage mu mashuri

Madamu Jeannette Kagame yitabiriye ibirori by’imyaka 10 ya gahunda yo kwigisha Ikidage mu mashuri

Editorial 20 Jun 2018 POLITIKI

Madamu Jeannette Kagame, ku wa Kabiri tariki 19 Kamena 2018, yitabiriye ibirori byo kwizihiza imyaka 10 ishize u Budage butangije gahunda yo kwigisha Ikidage mu mashuri atandukanye hirya no hino ku Isi arimo na Green Hills Academy yo mu Rwanda.

Muri Gashyantare 2008 nibwo u Budage bwatangije gahunda igamije guteza imbere Ikidage binyuze mu mashuri yiswe PASCH (Schools: Partners for the Future), aho abanyeshuri bahabwa abarimu n’ibikoresho bakeneye ngo babashe kwiga uru rurimi.

Madamu Jeannette Kagame yitabiriye uyu muhango nk’umwe mu bagize uruhare mu ishingwa ry’iri shuri riri mu y’icyitegererezo mu Rwanda.

Ambasaderi w’u Budage mu Rwanda, Dr Peter Woeste, yavuze ko Green Hills Academy yinjiye muri iyi gahunda yo kwigisha Ikidage mu 2009, ibi bikaba byarafunguriye imiryango abanyeshuri b’Abanyarwanda bifuza kujya kwiga mu gihugu cy’Ubudage.

Ati “Amashuri na Kaminuza byo mu Budage byubakiye ku gitekerezo cyo gufungurira imiryango buri wese kandi ku buntu. Ndahamya ntashidikanya ko aya ari amahirwe ku banyeshuri n’ababyeyi babo, amahirwe yo gukomereza amasomo yabo muri imwe muri kaminuza zo mu Budage ziza mu zikomeye ku Isi.”

Woeste ati “Gutanga amasomo y’Ikidage ni kimwe mu bikorwa bitandukanye twifuza gutangamo umusanzu mu gufungurira imiryango abari kubyiruka. Ndizera ntashindikanya ko uru rubyiruko rw’u Rwanda ruzakoresha neza aya mahirwe, mu nyungu zabo bwite, no kuzamura igihugu.”

Umuyobozi wa Green Hills Academy, Lisa Biasillo, yavuze ko kwiga Ikidage ari ngombwa ku bari mu wa Gatanu no mu wa Gatandatu w’amashuri abanza kuko biri kuri gahunda yabo y’amasomo, mu gihe mu yisumbuye cyigwa n’ababishaka.

Ati “Abanyeshuri bitwaye neza buri mwaka babona amahirwe yo kwitabira gahunda yo kwiga Ikidage mu Budage. Kuva twatangira kwigisha Ikidage twagize abanyeshuri benshi bagiye kwiga muri Kaminuza zo mu Budage, ndetse tunafitanye umubano n’ibindi bigo biri muri gahunda ya PASCH binyuze mu bikorwa bihuza abanyeshuri n’abarezi.”

Denzel uri mu banyeshuri bitwaye neza bakabona amahirwe yo kujya mu Budage kurushaho gutyaza ubumenyi bwe muri uru rurimi, yavuze ko uretse kuba abibona nka kimwe mu bizamufasha kuba yakomereza amasomo ye muri kaminuza zo muri kiriya gihugu, kwiga ururimi rushya ari n’uburyo bwo kurushaho gusobanukirwa umuco utandukanye n’uwe.

Muri uyu muhango waranzwe n’ibikorwa bitandukanye birimo imbyino, indirimbo ndetse n’imivugo iri mu Kidage; Green Hills Academy yasinyanye na Ambasade y’u Budage andi masezerano y’imyaka itatu arebana no gukomeza gahunda ya PASCH muri iki kigo.

Gahunda ya PASCH ishyirwa mu bikorwa n’ibigo 2000 hirya no hino ku Isi, ahabarurwa abigishwa Ikidage basaga ibihumbi 600. Muri Green Hills Academy habarizwa abanyeshuri basaga 200 biga uru rurimi.

Madamu Jeanette Kagame na Ambasaderi w’u Budage mu Rwanda, Dr Peter Woeste, bakurikirana imbyino z’abanyeshuri ba Green Hills

Muri Green Hills Academy habarizwa abanyeshuri basaga 200 biga uru rurimi

Abanyeshuri ba Green Hills bagaragaje ubuhanga mu gucuranga ibyuma bitandukanye bya muzika

Ambasaderi w’u Budage mu Rwanda, Dr Peter Woeste, yahamije ko kwigisha Ikidage ari umwe mu misanzu batanga mu kubaka igihugu

Bagaragaje ubuhanga mu kuririmba no kuvuza ingoma Nyarwanda

Banagaragaje ko umuco Nyarwanda nawo batawibagiwe

Banagaragaje ubuhanga mu guhamiriza

Umuyobozi wa Green Hills Academy, Lisa Biasillo na Dr Woeste bashyira umukono ku masezerano y’indi myaka itatu ya gahunda ya PASCH

Umuyobozi wa Green Hills Academy, Lisa Biasillo

Umuyobozi muri gahunda ya PASCH, Viktoria Widhammer, ageza ijambo ku bari bitabiriye iki gikorwa

Amafoto: Pacifique HIMBAZA / GHA

2018-06-20
Editorial

IZINDI NKURU

Hakizimana Hamza ntaho ahuriye na Hakizimana Jean de Dieu Kongo ibeshya ko ari umusirikari wa RDF yafatiye ku rugamba

Hakizimana Hamza ntaho ahuriye na Hakizimana Jean de Dieu Kongo ibeshya ko ari umusirikari wa RDF yafatiye ku rugamba

Editorial 28 Dec 2024
Perezida Kagame mu bazitabira Inama ya 12 Ngarukamwaka Nyaburayi ku Iterambere

Perezida Kagame mu bazitabira Inama ya 12 Ngarukamwaka Nyaburayi ku Iterambere

Editorial 04 Jun 2018
Perezida cyril Ramaphosa w’Afrika y’Epfo aratabariza Abanyapalesitina bagwa mu ntambara yo muri Gaza, ariko agashimishwa no gufasha Tshisekedi kwica Abakongomani

Perezida cyril Ramaphosa w’Afrika y’Epfo aratabariza Abanyapalesitina bagwa mu ntambara yo muri Gaza, ariko agashimishwa no gufasha Tshisekedi kwica Abakongomani

Editorial 26 Jan 2024
Perezida Cyril Ramamphosa yakanguriye abaturage be kujya bakora umuganda nko mu Rwanda

Perezida Cyril Ramamphosa yakanguriye abaturage be kujya bakora umuganda nko mu Rwanda

Editorial 24 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Harahigishwa uruhindu abarashe abaturage babiri i Rusizi bagahungira i Burundi
ITOHOZA

Harahigishwa uruhindu abarashe abaturage babiri i Rusizi bagahungira i Burundi

Editorial 12 Mar 2017
Abandi bayoboke ba Zebiya nabo basubiye mu gihugu cyabo nyuma yo kwinangira bakanga kubahiriza amabwiriza agenga impunzi
INKURU NYAMUKURU

Abandi bayoboke ba Zebiya nabo basubiye mu gihugu cyabo nyuma yo kwinangira bakanga kubahiriza amabwiriza agenga impunzi

Editorial 03 Apr 2018
Paul Kagame Umuyobozi ubereye kuyobora Afrika
Mu Rwanda

Paul Kagame Umuyobozi ubereye kuyobora Afrika

Editorial 24 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru