• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Martin Ngoga yatorewe kuyobora EALA, Abatanzania n’Abarundi ntibatoye

Martin Ngoga yatorewe kuyobora EALA, Abatanzania n’Abarundi ntibatoye

Editorial 20 Dec 2017 INKURU NYAMUKURU

Depite Martin Ngoga uhagarariye u Rwanda mu Nteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba (EALA), yatorewe kuba Perezida wayo.

Aya matora yabaye kuri uyu wa 19 Ukuboza 2017, nyuma y’uko ku wa Mbere yari yasubitswe bitewe no kuba hari abadepite bahagarariye Tanzania n’u Burundi batasubiye mu cyumba cy’Inteko nyuma y’akaruhuko kakurikiye irahizwa ry’abagize Inteko.

Ngoga yatowe ku majwi 33 naho Nzeyimana Léontine wari uhagarariye u Burundi agira amajwi atatu.

Ni amatora yari ahanganishije abakandida batatu barimo Depite Martin Ngoga uhagarariye u Rwanda; Depite Nzeyimana Léontine uhagarariye u Burundi na Adam Kimbisa wa Tanzania.

Ngoga yatowe mu cyiciro cya kabiri, kuko ubwa mbere, mu badepite 54 batoye ntiboneka 2/3 by’amajwi y’abatoye bose bashyigikiye umukandida wabonye amajwi ya mbere; hasabwaga amajwi 36 mu gihe we yari afite 35.

Nk’uko itegeko ribiteganya bahise batora muri babiri ba mbere, Ngoga ahangana na Nzeyimana wari umukurikiye yari afite ijwi rimwe.

Itegeko riteganya ko mu gihe batora muri babiri ba mbere, ugize menshi ni we utangazwa nka Perezida wa EALA. Ni ko byaje kugenda, Ngoga yegukana itsinzi.

U Rwanda ruhagarariwe n’abadepite icyenda muri EALA barimo Ngoga Martin, Odda Gasinzigwa, Pierre-Célestin Rwigema, François-Xavier Kalinda, Alex Bahati, Fatuma Ndangiza, Francine Rutazana, Jean-Claude Barimuyabo na Uwumukiza Françoise.

Ngoga ni we Munyarwanda wa mbere utorewe kuyobora iyi nteko kuva u Rwanda rwakwijira muri uyu muryango mu 2007.

Asimbuye Dan Kidega ukomoka muri Uganda, aho yatorewe manda y’imyaka itanu.

Abadepite bitabiriye aya matora ni abo mu Rwanda, Kenya, Sudani y’Epfo na Uganda gusa.

Abo mu Burundi na Tanzania bikuye muri aya matora kuwa Mbere ari bwo amatora yari ateganyijwe bigatuma igikorwa gisubikwa.

Ibi bihugu bibiri byifashe byanakuyemo abakandida babyo Leontine Nzeyimana na Adam Kisimba, mu mpera z’icyumweru gishize.

Buri gihugu muri iyi nteko gihagarariwe n’abadepite icyenda.

Uretse uyu mwanya kandi, muri Gicurasi uyu mwaka Ngoga yatorewe kuba mu kanama k’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) gashinzwe imyitwarire.

Ibyo wamenya kuri Martin Ngoga

Ngoga yavukiye muri Tanzania muri 1968, aba ari naho yiga amashuri kugeza arangije icyiciro cya kabiri cya Kaminuza mu Ishami ry’Amategeko.

Yatangiriye akazi muri Minisiteri y’Ubutabera ya Tanzania no mu Biro by’Umushinjacyaha Mukuru w’iki gihugu nk’uwimenyereza akazi.

Ageze mu Rwanda, Ngoga yaje gukora mu Bushinjacyaha Bukuru bwa Repubulika mu yahoze ari Perefegitura ya Butare, azamurwa mu ntera yoherezwa guhagararira u Rwanda mu Rukiko rwashyiriweho u Rwanda i Arusha muri Tanzania.

Yaje kugirwa Umushinjacyaha mukuru wungirije nyuma yo gutora Itegeko Nshinga no kuvugurura inzego z’ubutabera, nyuma y’imyaka ibiri gusa yongera kuzamurwa mu ntera aba Umushinjacyaha Mukuru wa Repubulika y’u Rwanda kugeza muri Nzeri 2013.

2017-12-20
Editorial

IZINDI NKURU

Umujenosideri Isaac Kamali yatangiye gukurikiranwa nubucamanza bwo mu Bufaransa.

Umujenosideri Isaac Kamali yatangiye gukurikiranwa nubucamanza bwo mu Bufaransa.

Editorial 17 Sep 2021
Icyegeranyo : URwanda rwifashe ku birenaba n’amahoro mu gihe Uganda ikomeje umurego mu gucudika na RNC

Icyegeranyo : URwanda rwifashe ku birenaba n’amahoro mu gihe Uganda ikomeje umurego mu gucudika na RNC

Editorial 11 Dec 2019
Bujumbura: Nyuma y’uko bbc itahuye inzu yahindutse ibagiro ry’abantu,  Abanyamahanga  bakomeje kwicwa mu buryo bw’amayobera

Bujumbura: Nyuma y’uko bbc itahuye inzu yahindutse ibagiro ry’abantu, Abanyamahanga bakomeje kwicwa mu buryo bw’amayobera

Editorial 11 Feb 2019
Burundi: HRW ngo ibya referendum bimaze kugwamo 15

Burundi: HRW ngo ibya referendum bimaze kugwamo 15

Editorial 19 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda yemeje ko abateye i Nyaruguru baturutse i Burundi
INKURU NYAMUKURU

Polisi y’u Rwanda yemeje ko abateye i Nyaruguru baturutse i Burundi

Editorial 02 Jul 2018
Iburanisha risoza urubanza rw’ubujurire bwa Munyakazi ryaranzwe n’impaka zikomeye
Mu Rwanda

Iburanisha risoza urubanza rw’ubujurire bwa Munyakazi ryaranzwe n’impaka zikomeye

Editorial 18 May 2018
Twagiramungu Faustin yaba amaze iminsi 11 apfuye bikaba byaragizwe ibanga?
ITOHOZA

Twagiramungu Faustin yaba amaze iminsi 11 apfuye bikaba byaragizwe ibanga?

Editorial 26 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru