• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Menya bimwe ku buzima bwa Rugamba Sipiriyani

Menya bimwe ku buzima bwa Rugamba Sipiriyani

Ubwanditsi 11 Jan 2016 IMIKINO

Rugamba Sipiriyani ni umuhanzi akaba n’umwanditsi wamenyekanye cyane mu Rwanda. Ni we washinze itorero Amasimbi n’Amakombe ryarimo imitwe itandukanye yatumaga abasha kubatoza neza. Amwe mu makuru ku buzima bwe yatanzwe n’inshuti ze turayakesha urubuga Irango.info rwayakusanyije.
-1742.jpg
Umwe mu bagize icyo bavuga kuri Rugamba ni umubikira mama Beyatirisa wo mu muryango w’Abenebikira. Avuga ko ubusanzwe Rugamba yari afite inshuti ye y’umukobwa yitwaga Saverina aza kwitaba Imana. Icyo gihe Rugamba yari yarakomeje amashuri ye i Burayi. Rugamba akimara kubyumva yaragarutse nyuma ni bwo yatangiye gushaka kurambagiza Mukansanga Daforoza wigishaga mu Rwunge rw’Amashuri rw’i Save.

Mama Beyatirisa avuga ko hajemo imbogamizi bitewe n’uko abantu bamubuzaga gusaba uwo mukobwa kuko atari amuzi neza, ikindi umukobwa nawe aka atari yiyumva muri Rugamba.

Rugamba wari waramukunze yahisemo kubanyura inyuma yiyumvikanira n’umuryango we (Daforoza) ubukwe butaha butyo ahagana mu 1965.
N’ubwo kubana kwabo byagoranye, Daforoza yabaye imbarutso y’ugukizwa kwa Rugamba.

Umubikira mama Beyatirisa avuga ko mu rugo rwa Rugamba hajemo utubazo atangira kutumvikana n’umufasha we Daforoza.

Icyo gihe Daforoza we ngo yarasengaga cyane bikamufasha kwihanganira umugabo we mu makosa yamukoreraga. Rugamba we icyo gihe ngo ntiyashishikazwaga n’iby’Imana mu gihe umufasha we yahoraga amusabira.
Mama Beyatirisa avuga ko umunsi umwe Daforoza yabonye umugabo we aje gusaba Penetensiya ndetse atangira kujya ajya mu misa kenshi.

Ngo guhinduka kwa Rugamba kwatangiye kugaragara ubwo yinjiraga mu bakarisimatiki (groupe charismatique) ndetse anashinga ihuriro ryo gusenga « Communaute de l’Emmanuel » ari na bwo yatangiye guhimba indirimbo n’ibisigo bisingiza Imana.

Undi utanga ubuhamya kuri Rugamba ni Anamaliya Mukankuranga wavuze ko amenyana na Rugamba ari we wamukanguriye kwinjira mu ikoraniro Communauté de l’Emmanuel ndetse ngo biza no kumugirira akamaro mu mibereho ye.

Mu gitabo cyanditswe na Padiri Rutinduka avuga ko Rugamba amaze kugarukira Imana yafashe icyemezo cyo gufata icyumba kimwe mu nzu ye yubakamo shapeli umuryango we n’abaturanye bazaga gusengeramo ndetse bagashengerera kuko harimo Ukarisitya.

Karinganire Evariste ubu abyina mu itorero Urugangazi i Butare, yari umubyinnyi mu itorero “Amasimbi n’Amakombe” akaba n’umuzamu mu gihe Rugamba yitabaga Imana muri Jenoside.

Mu buhamya yahaye Padiri Rutinduka yagize ati : « Njye nari umuzamu iwe icyo gihe itariki ya 7.04.1994 abasirikare baraje baca urugi, arasohoka arambwira ati : « Tujye gufungura ». Abasirikare baramuhamagara bati : « Rugamba turashaka umuntu uje aha. Arabasubiza ati “mba mbaroga nta muntu uje aha .» Bati : «

Uraturoga se urabona wadushobora ? ».

Bamusubije mu nzu maze bamusohorana n’abandi barimo babagejeje hanze imbere y’umuryango, barabarasa.

Hapfuye abantu icumi, ababaga mu rugo rwe twari 12, tuvamo turi abantu babiri gusa, njye n’umwana witwa SILIDALI.

Ubu hasigaye 3 gusa. Icyo gihe ndabyibuka hari mu masaa tatu z’igitondo».
Ngubwo ubuzima bwa Rugamba Sipiriyani. Indirimbo ze n’uyu munsi ntabwo zifatwa nk’indirimbo nziza gusa, ahubwo ubutumwa buzikubiyemo bufatwa nk’impanuro za none, ejo n’ahazaza ku bakuru n’abato.

Inganzo ye ntiyazimye kuko ubu hari korali yamwitiriwe iririmba indirimbo ze n’izindi ziri mu njyana nk’iye yitwa ‘Korali Rugamba’.

M.Fils

2016-01-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mpamo Thierry ‘Tigos’ yongeye gutorerwa kuyobora ishyirahamwe ry’Imikino y’abakozi mu Rwanda (ARPST) mu gihe cy’imyaka itatu iri imbere

Mpamo Thierry ‘Tigos’ yongeye gutorerwa kuyobora ishyirahamwe ry’Imikino y’abakozi mu Rwanda (ARPST) mu gihe cy’imyaka itatu iri imbere

Ubwanditsi 31 Jan 2022
APR FC yatewe mpaga y’ibitego 3-0 inacibwa amande ya 100 000 Frw izira gukinisha abanyamahanga 7 mu mukino umwe

APR FC yatewe mpaga y’ibitego 3-0 inacibwa amande ya 100 000 Frw izira gukinisha abanyamahanga 7 mu mukino umwe

Ubwanditsi 07 Nov 2024
Niba uribwa mu nda mu gihe cy’imihango? Dore inama

Niba uribwa mu nda mu gihe cy’imihango? Dore inama

Ubwanditsi 02 Mar 2016
Ikipe ya Real Madrid yegukanye igikombe cya Uefa Suer Cup nyuma yo gutsinda FC Sevilla 3:2

Ikipe ya Real Madrid yegukanye igikombe cya Uefa Suer Cup nyuma yo gutsinda FC Sevilla 3:2

Ubwanditsi 09 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

BIRABABAJE :Umukobwa yahiye umubiri wose ubwo yari agiye gushyushya amazi yo kwiyuhagira
ITOHOZA

BIRABABAJE :Umukobwa yahiye umubiri wose ubwo yari agiye gushyushya amazi yo kwiyuhagira

Ubwanditsi 29 Oct 2016
Ari Umunyamabanga Wa Leta Evode Uwizeyima Na Victoire Ingabire Ni Inde Wigiza Nkana?
INKURU NYAMUKURU

Ari Umunyamabanga Wa Leta Evode Uwizeyima Na Victoire Ingabire Ni Inde Wigiza Nkana?

Ubwanditsi 19 Sep 2018
Sosiyete Nyafurika z’indege zishobora guhomba miliyoni 300$ mu 2019
UBUKERARUGENDO

Sosiyete Nyafurika z’indege zishobora guhomba miliyoni 300$ mu 2019

Ubwanditsi 16 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru