• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere   |   09 May 2025

  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

  • Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango   |   06 May 2025

  • Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi   |   05 May 2025

  • Nyuma y’imyaka 8, APR FC yegukanye igikombe cy’Amahoro 2025 itsinze Rayon Sports 2-0   |   04 May 2025

  • APR FC na Rayon Sports zabonye itike yo gukina imikino Nyafurika zizahurira ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2025   |   01 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Menya Uburyo Birindabagabo Jean Paul Yafatanyije N’abasirikare Ba FAR Muri Jenoside Yakorewe Abatutsi Muri Sake

Menya Uburyo Birindabagabo Jean Paul Yafatanyije N’abasirikare Ba FAR Muri Jenoside Yakorewe Abatutsi Muri Sake

Editorial 20 Jan 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Ku munsi wa 20 Mutarama 2022 hakomeje Urubanza rw’ubujurire ruhereye mu mizi rwa Jean Paul Birindabagabo ushinjwa kwica Abatutsi batabarika I Rukumberi. Bilindabagabo ashinjwa gukwirakwiza intwaro mu nterahamwe n’abasirikare mu cyahoze ari Komini Sake yifashishije imodoka ye ya Pick up.

Birindabagabo Jean Paul yagejejwe i Kigali akuwe muri Uganda, aho yafatiwe mu mwaka wa 2015 yarahinduye amazina kuko yari yariyise Pastor Bagabo Daniel.

Birindabagabo Jean Paul bivugwa ko yaje gutura Sake muri za 1982 aturuka muri Kibirira aje kwenyegeza urwango Rukumberi no gutegura umugambi wa Jenoside yitwaje kuba Umuvugabutumwa muri ADEPR ari Pasiteri.

Birindabagabo ubwe yiyemerera ko mu modoka yari atwaye imbunda ikomeye ya FAR yo mu bwoko bwa  L16 81mm mortar yicaga Abatutsi ba Sake.

Birindabagabo Jean Paul atakamba asaba Imbabazi avuga ko abo basirikare bagendanaga bica Abatutsi abafasha no kujya muri Etat Major ndetse n’indi mirimo yabo yabikoze ku gahato ka Gisirikare, Nyamara abarokokeye Rukumberi barimo Protais Rutagarama na Kabandana Callixte batangaza ko ari we wavugaga ijambo rya nyuma k’umututsi ndetse n’abo basirikare ari we wabahaga amabwiriza ndetse akaba ari nawe wakira raporo, yewe hari n’abatangabuhamya bamubonye agiye kubazana I Kibungo.

Avuga ko we nta mututsi yishe ahubwo yabikoraga ku gahato nubwo abarokokeye Jenoside I Rukumberi bo bavuga ko yabishe ahubwo gupfukama mu rukiko ndetse n’amarira ye mu rukiko ni amarira y’ingona.

Birindabagabo Jean Paul yasabye kwicara kuko arwaye umugongo arabyemererwa, bikaba byakuruye abari bakurikiye urubanza aho bajujuraga bati nta cyiza nk’ubutabera butamugerera mu mbaga y’abatutsi yishe dore ko ngo nta n’uruhinja rwamurokokeraga mu ntoki.

Rutagarama Protais yari umuturanyi wa Birindabagabo Jean Paul ndetse baranaganiraga byimbitse kuko yamubwiye ko akomeye ataba Burugumesitiri wa Komini

Mu gihe abamwunganira mu mategeko bamwunganiraga bashimangiye ko yajyanywe kwifatanya na FAR ku gahato ka Gisirikare bitari mu bushake bwe kandi atari kubasha kubigobotora.

Basanga ahubwo yahabwa Imbabazi nkuko azisabira hakabaho inyoroshyacyaha kuko ibigize icyaha bituzuye

Uwunganira Birindabagabo Jean Paul, Me Alex yavuguruzanyije n’Umuburanyi avuga ko adakwiye kuryozwa ibyaha byakozwe n’abasirikare yatwaraga , abacamanza bamubaza impamvu we ubwe yemera icyaha akagisabira Imbabazi avuga ko agirango amategeko amworohereze igihano. Abunganira mu mategeko Jean Paul Birindabagabo bahawe iminota itanu yo guhuza kuko barimo kuvuguruzanya.

Kabandana Callixte ni umwe mu barokokeye i Rukumberi wabonye uko Birindabagabo yagize uruhare mu kwica abatutsi baho

Ubushinjacyaha bwavuze ko Birindabagabo Jean Paul yari afite imbaraga zikomeye kuko yagize Uruhare mu kwirukanisha Burugumesitire wa Komine Sake, Byemero Venant wari wamubujije gukomeza kuyogoza igihugu, bwavuze ko Byemero yirukanwe n’itangazo ryatambutse kuri Radio Rwanda nta nama yateranye bivuze ko Birindabagabo yavugaga rikijyana muri MRND.

Muri Mata 1994 Birindabagabo niwe wagiye I Kibungo mu mugi kuzana Abasirikare ntabwo Abasirikare bamusanze iwe.
Abatangabuhamya benshi bakomoka muri Sake bemeza badashidikanya ko babonye Birindabagabo Jean Paul yambaye impuzankano ya FAR, kandi niwe wazanye abasirikari barimbuye Abatutsi bari bahungiye kuri ADEPR ndetse n’ahandi hatandukanye harimo na bariyeri yishingiye iwe

Urubanza rwa Birindabagabo Jean Paul rukaba ruzakomeza tariki ya 31 Mutarama 2022, Impamvu zatanzwe ni uko Iminsi iri imbere urukiko ruzaba rufite inshingano nyinshi kandi Birindabagabo yasabwe kuzaza yitwaje ibigaragaza uko abatangabuhamya bivuguruje muri uru rubanza.

2022-01-20
Editorial

IZINDI NKURU

Zlatan Ibrahimovic yongereye amasezerano y’umwaka umwe muri AC Milan, ibi bivuze ko azageza ku myaka 40 y’amavuko agikina umupira w’amaguru.

Zlatan Ibrahimovic yongereye amasezerano y’umwaka umwe muri AC Milan, ibi bivuze ko azageza ku myaka 40 y’amavuko agikina umupira w’amaguru.

Editorial 23 Apr 2021
Uganda: Abanyarwanda basaga 30 bafatiwe Kikagati, bakurikiranweho ibyaha by’iterabwoba bagumijwe muri gereza

Uganda: Abanyarwanda basaga 30 bafatiwe Kikagati, bakurikiranweho ibyaha by’iterabwoba bagumijwe muri gereza

Editorial 06 Mar 2018
Abanenga ubufatanye bw’u Rwanda na Arsenal FC si abahanga mu kwamamaza – Amb. Habineza

Abanenga ubufatanye bw’u Rwanda na Arsenal FC si abahanga mu kwamamaza – Amb. Habineza

Editorial 29 May 2018
Minisiteri Ya Siporo Yafunguye Ibikorwa Bya Siporo Nyuma Y’Amezi Atandatu Bihagaze

Minisiteri Ya Siporo Yafunguye Ibikorwa Bya Siporo Nyuma Y’Amezi Atandatu Bihagaze

Editorial 28 Sep 2020
Zlatan Ibrahimovic yongereye amasezerano y’umwaka umwe muri AC Milan, ibi bivuze ko azageza ku myaka 40 y’amavuko agikina umupira w’amaguru.

Zlatan Ibrahimovic yongereye amasezerano y’umwaka umwe muri AC Milan, ibi bivuze ko azageza ku myaka 40 y’amavuko agikina umupira w’amaguru.

Editorial 23 Apr 2021
Uganda: Abanyarwanda basaga 30 bafatiwe Kikagati, bakurikiranweho ibyaha by’iterabwoba bagumijwe muri gereza

Uganda: Abanyarwanda basaga 30 bafatiwe Kikagati, bakurikiranweho ibyaha by’iterabwoba bagumijwe muri gereza

Editorial 06 Mar 2018
Abanenga ubufatanye bw’u Rwanda na Arsenal FC si abahanga mu kwamamaza – Amb. Habineza

Abanenga ubufatanye bw’u Rwanda na Arsenal FC si abahanga mu kwamamaza – Amb. Habineza

Editorial 29 May 2018
Minisiteri Ya Siporo Yafunguye Ibikorwa Bya Siporo Nyuma Y’Amezi Atandatu Bihagaze

Minisiteri Ya Siporo Yafunguye Ibikorwa Bya Siporo Nyuma Y’Amezi Atandatu Bihagaze

Editorial 28 Sep 2020
Zlatan Ibrahimovic yongereye amasezerano y’umwaka umwe muri AC Milan, ibi bivuze ko azageza ku myaka 40 y’amavuko agikina umupira w’amaguru.

Zlatan Ibrahimovic yongereye amasezerano y’umwaka umwe muri AC Milan, ibi bivuze ko azageza ku myaka 40 y’amavuko agikina umupira w’amaguru.

Editorial 23 Apr 2021
Uganda: Abanyarwanda basaga 30 bafatiwe Kikagati, bakurikiranweho ibyaha by’iterabwoba bagumijwe muri gereza

Uganda: Abanyarwanda basaga 30 bafatiwe Kikagati, bakurikiranweho ibyaha by’iterabwoba bagumijwe muri gereza

Editorial 06 Mar 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru