• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Gen Ibingira yatanze ubuhamya bw’ibyabaye umunsi wa mbere ahura na Perezida Kagame ku rugamba   |   28 Jun 2026

  • Umukiliya w’ibanze w’ibisahurano byibwa na FDLR ni MONUSCO; Col. BORA   |   28 Jun 2026

  • Abantu 53,426 bari bakatiwe igihano cyo kwicwa kubera guhamwa n’ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   28 Jun 2026

  • Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara   |   27 Jun 2026

  • Ruharwa Ntabakuze azaguma muri gereza: IRMCT yatesheje agaciro ubusabe bwe bwo gufungurwa mbere y’igihe   |   27 Jun 2026

  • Umuhanzi Muyango Jean Marie agiye kuzenguruka u Rwanda mu bitaramo byo kwizihiza #Kwibohora32   |   26 Jun 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Mike Karangwa akomeje kwagura umurimo wo kwigisha abantu ijambo ry’Imana, Ese ni iki kibyihishe inyuma?

Mike Karangwa akomeje kwagura umurimo wo kwigisha abantu ijambo ry’Imana, Ese ni iki kibyihishe inyuma?

Ubwanditsi 09 May 2017 HIRYA NO HINO

Umunyamakuru wigeze no kuba umuhanzi Mike Karangwa yamenyekanye cyane mu biganiro binyuranye nka Salus Relax, Sunday Night, Ten To Night n’ibindi by’imyidagaduro yagiye akora, muri iyi minsi akomeje kwagura umurimo wo kwigisha abantu ijambo ry’Imana umunsi ku wundi.

Mike Karangwa usa n’uwabaye ahagaritse iby’itangazamakuru, kuri ubu akomeje kwandika amagambo anyuranye ku mbuga nkoranyambaga yuzuyemo ijambo ry’Imana, gukomeza abantu ndetse no kubahumuriza. Kuri iyi nshuro bisa n’ibyahinduye isura dore ko Mike Karangwa noneho abinyujije kuri Soundcloud yatangiye gushyiraho ibiganiro bikubiyemo ijambo ry’Imana aho wumva asoma ijambo ry’Imana akanarisobanurira abamukurikira.

Ikiganiro cya mbere Mike Karangwa yashyize kuri SoundCloud cyari kigizwe n’inkuru igira iti”Witinya, Ntugire ubwoba ukomeze kwizera Imana yawe.” Iki kiganiro yasobanuyemo iby’inkuru ya Yona iri mu gitabo cya Yona igice cya mbere muri Bibiliya. Tukimara kumva iki kiganiro twifuje kumenya ikihishe inyuma y’uku kwamamaza ijambo ry’Imana kwa Mike Karangwa maze turamuganiriza tugirana ikiganiro kigufi.

Muri iki kiganiro n’ Inyarwanda.com dukesha iyi nkuru Mike yakomeje kugaruka ku kuba ntakidasanzwe akora cyane ko agerageza gusangiza abantu ijambo ry’Imana ryanabafasha, ibi Mike Karangwa abivuga anongeraho ko nta yindi nyungu cyangwa ikindi aba agamije usibye gusangiza ijambo ry’Imana inshuti n’abavandimwe bamukurikira ku mbuga ze nkoranyambaga.

Mike Karangwa yagarutse no ku cyamuteye gutangira gahunda yo gusangiza abantu ijambo ry’Imana aho yagize ati “Ikibazo bamwe mu rubyiruko dufite nuko dusa naho tutakibona umwanya uhagije wo kwiga ijambo ry’Imana kandi nyamara ryadufasha byinshi. Uwabishobora wese rero yatanga ubutumwa bwafasha abantu cyane cyane akoresheje imbuga nkoranyambaga kuko ariho abenshi mu rubyiruko bahurira cyane.”

-6502.jpg

Mike Karangwa

Mike Karangwa avuga ko nta gahunda yo kuba yashinga itorero cyangwa ngo abe umuvugabutumwa wo mu rusengero afite. Akomeza avuga ko icyo aba agamije ari ugufasha inshuti ze kwakira neza inkuru nziza zivuga ku ijambo ry’Imana. Mike Karangwa kandi wanatangarije Inyarwanda ko asanzwe ari umukirisitu wo muri kiliziya gatolika ahamya ko idini no gukizwa ntaho bihuriye.

Asoza ikiganiro kigufi twagiranye Mike Karangwa yatangaje ko ntakidasanzwe aba yakoze, ahubwo ko ibyo akora ari inshingano za buri wese mu gusangiza inshuti ze ibibafitiye akamaro harimo n’ijambo ry’Imana we akaba akomeje gukwirakwiza ubutumwa bwiza mu buryo bwaguka umunsi ku wundi.

2017-05-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

FARDC iratangaza ko ari yonyine mu rugamba rugamije kurandura burundu ADF

FARDC iratangaza ko ari yonyine mu rugamba rugamije kurandura burundu ADF

Ubwanditsi 14 Jan 2018
Burundi: Abantu bitwaje intwaro bateye ibirindiro bya polisi

Burundi: Abantu bitwaje intwaro bateye ibirindiro bya polisi

Ubwanditsi 08 Apr 2019
Uganda: Abahungu ba Gen Tumukunde batawe muri yombi

Uganda: Abahungu ba Gen Tumukunde batawe muri yombi

Ubwanditsi 15 Mar 2020
Ese wari uzi ko gusenga ari imwe mu ntwaro zomora ibikomere?

Ese wari uzi ko gusenga ari imwe mu ntwaro zomora ibikomere?

Ubwanditsi 11 Apr 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Ngabirano wari ukuriye ishami rya ICT mu gipolisi yahungiye mu Bwongereza
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Ngabirano wari ukuriye ishami rya ICT mu gipolisi yahungiye mu Bwongereza

Ubwanditsi 19 Feb 2018
Uganda: Uwari waketsweho Ebola yapfuye
HIRYA NO HINO

Uganda: Uwari waketsweho Ebola yapfuye

Ubwanditsi 18 Jul 2019
Guverinoma yemeye amakosa mu kuzamura inyungu ku mafaranga ya VUP
UBUKUNGU

Guverinoma yemeye amakosa mu kuzamura inyungu ku mafaranga ya VUP

Ubwanditsi 16 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru