• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

  • Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Mike Karangwa akomeje kwagura umurimo wo kwigisha abantu ijambo ry’Imana, Ese ni iki kibyihishe inyuma?

Mike Karangwa akomeje kwagura umurimo wo kwigisha abantu ijambo ry’Imana, Ese ni iki kibyihishe inyuma?

Ubwanditsi 09 May 2017 HIRYA NO HINO

Umunyamakuru wigeze no kuba umuhanzi Mike Karangwa yamenyekanye cyane mu biganiro binyuranye nka Salus Relax, Sunday Night, Ten To Night n’ibindi by’imyidagaduro yagiye akora, muri iyi minsi akomeje kwagura umurimo wo kwigisha abantu ijambo ry’Imana umunsi ku wundi.

Mike Karangwa usa n’uwabaye ahagaritse iby’itangazamakuru, kuri ubu akomeje kwandika amagambo anyuranye ku mbuga nkoranyambaga yuzuyemo ijambo ry’Imana, gukomeza abantu ndetse no kubahumuriza. Kuri iyi nshuro bisa n’ibyahinduye isura dore ko Mike Karangwa noneho abinyujije kuri Soundcloud yatangiye gushyiraho ibiganiro bikubiyemo ijambo ry’Imana aho wumva asoma ijambo ry’Imana akanarisobanurira abamukurikira.

Ikiganiro cya mbere Mike Karangwa yashyize kuri SoundCloud cyari kigizwe n’inkuru igira iti”Witinya, Ntugire ubwoba ukomeze kwizera Imana yawe.” Iki kiganiro yasobanuyemo iby’inkuru ya Yona iri mu gitabo cya Yona igice cya mbere muri Bibiliya. Tukimara kumva iki kiganiro twifuje kumenya ikihishe inyuma y’uku kwamamaza ijambo ry’Imana kwa Mike Karangwa maze turamuganiriza tugirana ikiganiro kigufi.

Muri iki kiganiro n’ Inyarwanda.com dukesha iyi nkuru Mike yakomeje kugaruka ku kuba ntakidasanzwe akora cyane ko agerageza gusangiza abantu ijambo ry’Imana ryanabafasha, ibi Mike Karangwa abivuga anongeraho ko nta yindi nyungu cyangwa ikindi aba agamije usibye gusangiza ijambo ry’Imana inshuti n’abavandimwe bamukurikira ku mbuga ze nkoranyambaga.

Mike Karangwa yagarutse no ku cyamuteye gutangira gahunda yo gusangiza abantu ijambo ry’Imana aho yagize ati “Ikibazo bamwe mu rubyiruko dufite nuko dusa naho tutakibona umwanya uhagije wo kwiga ijambo ry’Imana kandi nyamara ryadufasha byinshi. Uwabishobora wese rero yatanga ubutumwa bwafasha abantu cyane cyane akoresheje imbuga nkoranyambaga kuko ariho abenshi mu rubyiruko bahurira cyane.”

-6502.jpg

Mike Karangwa

Mike Karangwa avuga ko nta gahunda yo kuba yashinga itorero cyangwa ngo abe umuvugabutumwa wo mu rusengero afite. Akomeza avuga ko icyo aba agamije ari ugufasha inshuti ze kwakira neza inkuru nziza zivuga ku ijambo ry’Imana. Mike Karangwa kandi wanatangarije Inyarwanda ko asanzwe ari umukirisitu wo muri kiliziya gatolika ahamya ko idini no gukizwa ntaho bihuriye.

Asoza ikiganiro kigufi twagiranye Mike Karangwa yatangaje ko ntakidasanzwe aba yakoze, ahubwo ko ibyo akora ari inshingano za buri wese mu gusangiza inshuti ze ibibafitiye akamaro harimo n’ijambo ry’Imana we akaba akomeje gukwirakwiza ubutumwa bwiza mu buryo bwaguka umunsi ku wundi.

2017-05-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amakosa yitwa mato ashobora gukorwa hagati y’abashakanye akagira ingaruka zikomeye

Amakosa yitwa mato ashobora gukorwa hagati y’abashakanye akagira ingaruka zikomeye

Ubwanditsi 15 Mar 2017
KIGALI: Umusore yapfiriye mu birori bya Silent Disco byabereye ku gasongero k’inyubako ya Remera Corner

KIGALI: Umusore yapfiriye mu birori bya Silent Disco byabereye ku gasongero k’inyubako ya Remera Corner

Ubwanditsi 31 Mar 2019
Umushinyaguzi wahohotewe na Mowzey Radio atarapfa yatanze ubuhamya bukomeye

Umushinyaguzi wahohotewe na Mowzey Radio atarapfa yatanze ubuhamya bukomeye

Ubwanditsi 05 Feb 2018
Ubanza Ingabire Victoire yariyibagiwe reka tumwibutse uwo ari we

Ubanza Ingabire Victoire yariyibagiwe reka tumwibutse uwo ari we

Ubwanditsi 26 Aug 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Icyo abanyarwanda baba muri Amerika bavuga kuri Serge Ndayizeye Umunyamakuru wa Radio Itahuka ya RNC
ITOHOZA

Icyo abanyarwanda baba muri Amerika bavuga kuri Serge Ndayizeye Umunyamakuru wa Radio Itahuka ya RNC

Ubwanditsi 23 Nov 2016
Incamake y’amakuru yatangajwe na Polisi y’u Rwanda mu cyumweru gishize
Mu Mahanga

Incamake y’amakuru yatangajwe na Polisi y’u Rwanda mu cyumweru gishize

Ubwanditsi 20 Feb 2017
Bamwe mu Bajenerali muri Kongo Batangiye Kwerurira Tshisekedi Ko Barambiwe Imiyoborere ye Igihe Kurimbura Igihugu
Amakuru

Bamwe mu Bajenerali muri Kongo Batangiye Kwerurira Tshisekedi Ko Barambiwe Imiyoborere ye Igihe Kurimbura Igihugu

Ubwanditsi 28 Oct 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru