• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Min. Ndimubanzi yatunguwe no kumva ikibazo cy’ibiryo bihabwa abarwayi bo muri Faisal

Min. Ndimubanzi yatunguwe no kumva ikibazo cy’ibiryo bihabwa abarwayi bo muri Faisal

Editorial 20 Jun 2017 Mu Rwanda

Ubwo Umunyamabanga wa Leta muri MINISANTE, Ndimubanzi Patrick yaganiraga na Komisiyo y’Imibereho myiza y’abaturage mu Nteko Ishinga Amategeko, yatunguwe no kumva ko ku bitaro byitiriwe Umwami Faisal hari ikibazo cy’ibiryo.

Ubusanzwe muri ibi bitaro iyo umurwayi aharwariye ntabwo umuryango we uba wemerewe kumugemurira kuko hari igikoni gitekera abarwayi bose, amafaranga akazishyurwa umurwayi asohotse mu bitaro.

Depite Kalinijabo Barthelmy yavuze ko muri Faisal abarwayi babona amafunguro ya mu gitondo saa yine, nyuma y’isaha imwe ifunguro rya saa sita rikaba riraje, kandi ngo n’ibiryo bagaburirwa bikaba bikemangwa.

Depite Kalinijabo yagize ati “Dushima serivisi itangirwa kuri faisal hari indwara nyinshi zidashobora kuvurwa mu bindi bitaro bisanzwe ariko hari ibindi binengwa kuri Faisal nagira ngo mbaze niba mubizi. Cyane cyane mu bijyanye n’imirire, ubundi umuntu ugiye kwa muganga aba agomba kwitabwaho by’umwihariko ariko abajya kuri Faisal baracyanenga imirire y’abarwayi baho ndetse n’amasaha baboneraho ibibatunga kandi umurwayi aba agomba kubungwabungwa, nagira ngo mbaze niba ayo makuru mwaba muyafite, mubaye mutayafite mwabikurikirana kugira ngo iyo serivisi ihabwa abantu bagana kuri Faisal n’ibindi bikwiye kunozwa bikorwe kuko hari ibitaranozwa.”

Ndimubanzi wabaye nk’utungurwa n’iki kibazo na kuko ari umwe mu bagize komite ireberera ibi bitaro, yavuze ko agiye kugikurikirana mu maguru mashya, ati “ibya Faisal ntabwo nari mbizi, kandi mba muri komite ireberera Faisal, ikibazo cy’ibiryo rwose ntabwo kigeze kigaragazwa. Muri iyi minsi twarebaga uko bavura abarwayi niba bakiza, usanga ahanini nta kintu cyahindutse ku barwayi n’ibyo bavura. Ibiryo ni bibi se? Cyangwa ni uko bitazira igihe?”

Umudepite umwe yahise amusobanurira ko ibiryo bya mugitondo bigera ku murwayi saa yine, aho hari n’ibiryo bihabwa abarwayi batabishoboye.

Ndimubanzi yavuze ko agiye kuganira n’ubuyobozi ku buryo serivisi zitangwa zirushaho kuba nziza kandi buri murwayi ajye abazwa ifunguro ashaka aho kubikora muri rusange.

Tariki ya 7 Gashyantare 2017 ibitaro byitiriwe Umwami Faisal byeguriwe abikorera ngo baba ari bo babicunga, aho MINISANTE yabishyikirije Umuyobozi Mukuru wa Oshen Health Care Rwanda Ltd, Carlos Malet.

-7006.jpg

Muri Mata 2016 ni bwo Guverinoma y’ u Rwanda n’Ikigo Oshen Health Care Rwanda Ltd gishamikiye kuri Oshen Group, basinyanye amasezerano y’igihe kirekire aha ububasha iki kigo bwo gucunga ibitaro byitiriwe Umwami Faisal ariko bikazaguma ari ibya Leta.

2017-06-20
Editorial

IZINDI NKURU

Mu burundi:   Abagabo babiri bigeze kuyobora u Burundi   bashobora guhitanwa na Nkurunziza mu minsi yavuba

Mu burundi: Abagabo babiri bigeze kuyobora u Burundi bashobora guhitanwa na Nkurunziza mu minsi yavuba

Editorial 16 Feb 2016
Ibyemezo by’Inama y’Abaminsitiri idasanzwe yo ku wa 26 Gicurasi 2017

Ibyemezo by’Inama y’Abaminsitiri idasanzwe yo ku wa 26 Gicurasi 2017

Editorial 30 May 2017
Umugabo yakubise Umugore Mumuhanda Amwambura ubusa kubera ko Yamuririye Amafaranga

Umugabo yakubise Umugore Mumuhanda Amwambura ubusa kubera ko Yamuririye Amafaranga

Editorial 25 Mar 2016
Me NTAGANDA Bernard yatangiye imyigaragambyo yo kwiyicisha inzara kurugaga rw’Abavoka

Me NTAGANDA Bernard yatangiye imyigaragambyo yo kwiyicisha inzara kurugaga rw’Abavoka

Editorial 27 Feb 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma y’imvune ya myugariro wa APR FC yagiriye mu mukino na As Kigali, Fitina Omborenga yiteguye kugaruka mu kibuga.
Amakuru

Nyuma y’imvune ya myugariro wa APR FC yagiriye mu mukino na As Kigali, Fitina Omborenga yiteguye kugaruka mu kibuga.

Editorial 08 Jun 2021
Ubukungu bw’u Rwanda bwiyongereye ku kigero cya 1.7% mu gihembwe cya mbere cya 2017
UBUKUNGU

Ubukungu bw’u Rwanda bwiyongereye ku kigero cya 1.7% mu gihembwe cya mbere cya 2017

Editorial 10 Jul 2017
Patrick Muyaya ati “Ibibera Uvira turimo kubikurikiranira hafi”
Amakuru

Patrick Muyaya ati “Ibibera Uvira turimo kubikurikiranira hafi”

Administrator 10 Dec 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru