• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Minisitiri Kaboneka arahamagarira urubyiruko kwiminjiramo agafu mu kurwanya ibyaha

Minisitiri Kaboneka arahamagarira urubyiruko kwiminjiramo agafu mu kurwanya ibyaha

Editorial 17 Sep 2016 Mu Mahanga

Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu , Francis Kaboneka yavuze ko urubyiruko rufite uruhare runini mu kugena ahazaza h’u Rwanda kandi arusaba gukoresha imbaraga mu gushaka umutekano nk’inkingi ya mwamba y’amajyambere arambye.

Kaboneka yabivugiye ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru , aho yatangije ku mugaragaro umwiherero w’iminsi itatu w’abapolisi bashinzwe ubufatanye hagati ya Polisi y’u Rwanda,abaturage ndetse n’izindi nzego mu gukumira no kurwanya ibyaha (DCLOs) mu turere twose tw’igihugu bari kumwe n’urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira ibyaha bose bageze kuri 87.

Intego nyamukuru y’uyu mwiherero ikaba ari ukongerera ubumenyi n’ubushobozi abazawitabira nk’uko bikubiye mu masezerano asanzwe hagati ya Polisi y’u Rwanda n’ihuriro ry’uru rubyiruko ku rwego rw’igihugu.

Minisitiri Kaboneka yavuzeko aba bombi bafite uruhare runini ku mutekano aho yagize ati:” Ibi twabihamiriza ku byaha byinshi biburizwamo bitaraba ,…mwafashe icyemezo cyo gushyira imbaraga zanyu mu kurwanya ibyaha; ni cyiza kandi igihugu cyanyu gitewe ishema namwe.”

Yabibukije ko atari ugukorera igihugu gusa, ko ahubwo banatuma u Rwanda ruba ahantu heza ho kuba ku banyagihugu n’abarusura, agendeye ku bipimo byasohotse mu mwaka ushize byashyize u Rwanda ku mwanya wa mbere muri afurika w’ahantu wagenda nijoro mu mutekano, n’umwanya wa 5 ku isi.

Aha yagize ati:” Ibi byose byagezweho kubera imbaraga zanyu ariko ntimukwiye kwirara, dukwiye kongera imbaraga kugeza igihe tuzayoborera urutonde rw’isi.”

Minisitiri yabasabye gukunda igihugu, gukora cyane , kugira umurava no kuba ibanyakuri igihe cyose kugira ngo bagirirwe icyizere n’abaturage aho yagize ati:”Nihagira uteshuka,… bizagorana ko mugera ku nshingano mwihaye.”

Yabagiriye inama yo gushyira imbaraga mu kurwanya ibyaha nk’iby’ubutagondwa , kunywa ibiyobyabwenge no gucuruza abantu aho yagize ati:” Uyu mwiherero ukwiriye kubabera urubuga rwo kwiyingura uko mwakemura ibi bibazo.”

Abari muri uyu mwiherero bahawe n’ibiganiro ku ruhare rw’ubukorerabushake mu gukumira no kurwanya ibyaha , bakazigishwa kandi ku kurwanya ruswa, ibiyobyabwenge, ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’uko umutekano uhagaze kuri ubu ndetse n’uruhare bakwiye kuwugiraho.

Mu bindi , bazigishwa, harimo ubukangurambaga ku mutekano n’isuku, ubutagondwa n’ingaruka zabwo ku mutekano w’u Rwanda, umuco n’imyifatire myiza, kubungabunga ibidukikije n’ibindi,…

Umuhuzabikorwa w’uru rubyiruko Justus Kangwagye yagize ati:” Intego yacu ni uko tugira igihugu kizira ibyaha kandi tuzabigeraho, tugomba gukomeza ubufatanye n’abo dukorana kandi tukaba ku isonga mu kurwanya ibyaha.”

Kangwagye yasabye abayobozi b’ibanze kubyaza umusaruro uru rubyiruko kandi avuga ko uyu mwiherero utumye habaho imyumvire imwe ku bawitabiriye nk’abafatanyabikorwa ba buri munsi.

Aha yagize ati:” Ibi duhuriraho bitwongerera gusangira amakuru, ubufatanya mu gutahura ibyaha, kubikumira no kubirwanya kandi ibi bikorwa bigira agaciro kanini.”

Muri ihuriro rusange rya mbere ry’uru rubyiruko ryabaye muri Werurwe uyu mwaka, hafashwe imyanzuro 8 irimo gukorana n’inzego zose mu gushyira mu bikorwa gahunda za Leta no kongera umubare w’abanyamuryango kugera nibura kuri miliyoni muw’2020.

Kugeza ubu, uru rubyiruko rugera ku 50,000 barimo abiga mu mashuri yusumbuye na kaminuza n’abandi. Bashinzwe muri 2013 n’urubyiruko rwari rufite ubushake bwo gutanga umusanzu ku iterambere ry’imibereho n’ubukungu by’abaturage bakumira bakanarwanya ibyaha ku bufatanye na Polisi n’inzego z’ibanze.

-4083.jpg

Minisitiri Kaboneka Francis


RNP

2016-09-17
Editorial

IZINDI NKURU

Kigali: Umuzamu warindaga Umurenge Sacco yishwe n’abajura, undi arakomereka

Kigali: Umuzamu warindaga Umurenge Sacco yishwe n’abajura, undi arakomereka

Editorial 20 Jul 2016
Kamonyi: CPCs bakanguriwe gukomeza kwicungira umutekano

Kamonyi: CPCs bakanguriwe gukomeza kwicungira umutekano

Editorial 14 Mar 2016
Mu mateka y’imikino y’igikombe cya Afurika, umunyarwandakazi Mukansanga Salima yabaye umusifuzi wa mbere w’umugore ugisifuye

Mu mateka y’imikino y’igikombe cya Afurika, umunyarwandakazi Mukansanga Salima yabaye umusifuzi wa mbere w’umugore ugisifuye

Editorial 11 Jan 2022
Perezida Kagame yasabye ko abitabiriye itorero basubizwayo bakigishwa ibya gisirikare

Perezida Kagame yasabye ko abitabiriye itorero basubizwayo bakigishwa ibya gisirikare

Editorial 20 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kicukiro: Perezida Kagame yemejwe nk’umukandida uzahagararira FPR Inkotanyi mu matora
Mu Rwanda

Kicukiro: Perezida Kagame yemejwe nk’umukandida uzahagararira FPR Inkotanyi mu matora

Editorial 03 Jun 2017
Umunyarwandakazi wa mbere  yambitswe ikamba rya gikomando mu ngabo z’ Amerika zirwanira mu kirere
ITOHOZA

Umunyarwandakazi wa mbere yambitswe ikamba rya gikomando mu ngabo z’ Amerika zirwanira mu kirere

Editorial 31 May 2017
Nyuma y’aho Ibikorwa bibi bya RNC Bikomeje Gushyirirwa Hanze, Yoweri K. Museveni Arashinja Kayumba Nyamwasa Kumutamaza, Akora Ibikorwa bya Giswa, Bishyira ku Karubanda Abamushyigikiye Bose.
Amakuru

Nyuma y’aho Ibikorwa bibi bya RNC Bikomeje Gushyirirwa Hanze, Yoweri K. Museveni Arashinja Kayumba Nyamwasa Kumutamaza, Akora Ibikorwa bya Giswa, Bishyira ku Karubanda Abamushyigikiye Bose.

Editorial 05 Aug 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru