• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibikorwaremezo, Guteza imbere umukino n’impano, ishoramari ryagutse ku gihugu – inyungu ku Rwanda mu kwakira BAL   |   24 May 2025

  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Minisitiri Kaboneka arahamagarira urubyiruko kwiminjiramo agafu mu kurwanya ibyaha

Minisitiri Kaboneka arahamagarira urubyiruko kwiminjiramo agafu mu kurwanya ibyaha

Editorial 17 Sep 2016 Mu Mahanga

Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu , Francis Kaboneka yavuze ko urubyiruko rufite uruhare runini mu kugena ahazaza h’u Rwanda kandi arusaba gukoresha imbaraga mu gushaka umutekano nk’inkingi ya mwamba y’amajyambere arambye.

Kaboneka yabivugiye ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru , aho yatangije ku mugaragaro umwiherero w’iminsi itatu w’abapolisi bashinzwe ubufatanye hagati ya Polisi y’u Rwanda,abaturage ndetse n’izindi nzego mu gukumira no kurwanya ibyaha (DCLOs) mu turere twose tw’igihugu bari kumwe n’urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira ibyaha bose bageze kuri 87.

Intego nyamukuru y’uyu mwiherero ikaba ari ukongerera ubumenyi n’ubushobozi abazawitabira nk’uko bikubiye mu masezerano asanzwe hagati ya Polisi y’u Rwanda n’ihuriro ry’uru rubyiruko ku rwego rw’igihugu.

Minisitiri Kaboneka yavuzeko aba bombi bafite uruhare runini ku mutekano aho yagize ati:” Ibi twabihamiriza ku byaha byinshi biburizwamo bitaraba ,…mwafashe icyemezo cyo gushyira imbaraga zanyu mu kurwanya ibyaha; ni cyiza kandi igihugu cyanyu gitewe ishema namwe.”

Yabibukije ko atari ugukorera igihugu gusa, ko ahubwo banatuma u Rwanda ruba ahantu heza ho kuba ku banyagihugu n’abarusura, agendeye ku bipimo byasohotse mu mwaka ushize byashyize u Rwanda ku mwanya wa mbere muri afurika w’ahantu wagenda nijoro mu mutekano, n’umwanya wa 5 ku isi.

Aha yagize ati:” Ibi byose byagezweho kubera imbaraga zanyu ariko ntimukwiye kwirara, dukwiye kongera imbaraga kugeza igihe tuzayoborera urutonde rw’isi.”

Minisitiri yabasabye gukunda igihugu, gukora cyane , kugira umurava no kuba ibanyakuri igihe cyose kugira ngo bagirirwe icyizere n’abaturage aho yagize ati:”Nihagira uteshuka,… bizagorana ko mugera ku nshingano mwihaye.”

Yabagiriye inama yo gushyira imbaraga mu kurwanya ibyaha nk’iby’ubutagondwa , kunywa ibiyobyabwenge no gucuruza abantu aho yagize ati:” Uyu mwiherero ukwiriye kubabera urubuga rwo kwiyingura uko mwakemura ibi bibazo.”

Abari muri uyu mwiherero bahawe n’ibiganiro ku ruhare rw’ubukorerabushake mu gukumira no kurwanya ibyaha , bakazigishwa kandi ku kurwanya ruswa, ibiyobyabwenge, ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’uko umutekano uhagaze kuri ubu ndetse n’uruhare bakwiye kuwugiraho.

Mu bindi , bazigishwa, harimo ubukangurambaga ku mutekano n’isuku, ubutagondwa n’ingaruka zabwo ku mutekano w’u Rwanda, umuco n’imyifatire myiza, kubungabunga ibidukikije n’ibindi,…

Umuhuzabikorwa w’uru rubyiruko Justus Kangwagye yagize ati:” Intego yacu ni uko tugira igihugu kizira ibyaha kandi tuzabigeraho, tugomba gukomeza ubufatanye n’abo dukorana kandi tukaba ku isonga mu kurwanya ibyaha.”

Kangwagye yasabye abayobozi b’ibanze kubyaza umusaruro uru rubyiruko kandi avuga ko uyu mwiherero utumye habaho imyumvire imwe ku bawitabiriye nk’abafatanyabikorwa ba buri munsi.

Aha yagize ati:” Ibi duhuriraho bitwongerera gusangira amakuru, ubufatanya mu gutahura ibyaha, kubikumira no kubirwanya kandi ibi bikorwa bigira agaciro kanini.”

Muri ihuriro rusange rya mbere ry’uru rubyiruko ryabaye muri Werurwe uyu mwaka, hafashwe imyanzuro 8 irimo gukorana n’inzego zose mu gushyira mu bikorwa gahunda za Leta no kongera umubare w’abanyamuryango kugera nibura kuri miliyoni muw’2020.

Kugeza ubu, uru rubyiruko rugera ku 50,000 barimo abiga mu mashuri yusumbuye na kaminuza n’abandi. Bashinzwe muri 2013 n’urubyiruko rwari rufite ubushake bwo gutanga umusanzu ku iterambere ry’imibereho n’ubukungu by’abaturage bakumira bakanarwanya ibyaha ku bufatanye na Polisi n’inzego z’ibanze.

-4083.jpg

Minisitiri Kaboneka Francis


RNP

2016-09-17
Editorial

IZINDI NKURU

Umutekano n’ikumirwa bidasanzwe mu bukwe bwa Knowless na Clément

Umutekano n’ikumirwa bidasanzwe mu bukwe bwa Knowless na Clément

Editorial 31 Jul 2016
Seyoboka ushinjwa Urupfu rw’Abanyapolitiki Kameya ( PL)  na Dr. Gafaranga ( PSD) yakatiwe gufungwa by’agateganyo

Seyoboka ushinjwa Urupfu rw’Abanyapolitiki Kameya ( PL) na Dr. Gafaranga ( PSD) yakatiwe gufungwa by’agateganyo

Editorial 08 Dec 2016
Col Jean Baptiste Bagaza wayoboye u Burundi yitabye Imana

Col Jean Baptiste Bagaza wayoboye u Burundi yitabye Imana

Editorial 04 May 2016
AMAFOTO – Manchester United ndetse na Arsenal zo mu Bwongereza ziri mu makipe yageze mu mikino ya ½ cya Europa League.

AMAFOTO – Manchester United ndetse na Arsenal zo mu Bwongereza ziri mu makipe yageze mu mikino ya ½ cya Europa League.

Editorial 16 Apr 2021
Umutekano n’ikumirwa bidasanzwe mu bukwe bwa Knowless na Clément

Umutekano n’ikumirwa bidasanzwe mu bukwe bwa Knowless na Clément

Editorial 31 Jul 2016
Seyoboka ushinjwa Urupfu rw’Abanyapolitiki Kameya ( PL)  na Dr. Gafaranga ( PSD) yakatiwe gufungwa by’agateganyo

Seyoboka ushinjwa Urupfu rw’Abanyapolitiki Kameya ( PL) na Dr. Gafaranga ( PSD) yakatiwe gufungwa by’agateganyo

Editorial 08 Dec 2016
Col Jean Baptiste Bagaza wayoboye u Burundi yitabye Imana

Col Jean Baptiste Bagaza wayoboye u Burundi yitabye Imana

Editorial 04 May 2016
AMAFOTO – Manchester United ndetse na Arsenal zo mu Bwongereza ziri mu makipe yageze mu mikino ya ½ cya Europa League.

AMAFOTO – Manchester United ndetse na Arsenal zo mu Bwongereza ziri mu makipe yageze mu mikino ya ½ cya Europa League.

Editorial 16 Apr 2021
Umutekano n’ikumirwa bidasanzwe mu bukwe bwa Knowless na Clément

Umutekano n’ikumirwa bidasanzwe mu bukwe bwa Knowless na Clément

Editorial 31 Jul 2016
Seyoboka ushinjwa Urupfu rw’Abanyapolitiki Kameya ( PL)  na Dr. Gafaranga ( PSD) yakatiwe gufungwa by’agateganyo

Seyoboka ushinjwa Urupfu rw’Abanyapolitiki Kameya ( PL) na Dr. Gafaranga ( PSD) yakatiwe gufungwa by’agateganyo

Editorial 08 Dec 2016
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru