• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Minisitiri Mushikiwabo yerekeje muri Arménie ahazafatirwa umwanzuro ku hazaza ha OIF

Minisitiri Mushikiwabo yerekeje muri Arménie ahazafatirwa umwanzuro ku hazaza ha OIF

Editorial 22 Aug 2018 ITOHOZA

Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo, ategerejwe mu gihugu cya Arménie kuri uyu wa Gatatu, mu ruzinduko rw’iminsi ibiri rugamije gushaka amaboko yo kumushyigikira mu matora ku Bunyamabanga bukuru bw’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa, OIF.

Biteganyijwe ko mu nama rusange y’Abakuru b’ibihugu na za Guverinoma bigize OIF izabera i Erevan muri Arménie ku wa 11-12 Ukwakira 2018, hazaba amatora y’Umunyamabanga Mukuru mushya, aho Mushikiwabo ahanganye n’Umunya-Canada, Michaëlle Jean usanzwe muri uyu mwanya.

Nk’uko yabitangaje binyuze kuri Twitter, Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga ya Arménie yagize iti «Ku wa 22 na 24 Kanama, Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, @LMushikiwabo (Louise Mushikiwabo), azasura Arménie. Mu ruzinduko rwe, hateganyijwe ibiganiro hagati ye na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Arménie, @ZMnatsakanyan (Zohrab Mnatsakanyan). »

Kuri uyu mugabane wa Asia, Minisitiri Mushikiwabo aheruka mu ruzinduko muri Cambodge aho yagiranye ibiganiro na mugenzi we Prak Sokhonn, ku wa 9 Kanama.

Cambodge ni igihugu gifite amateka akomeye muri OIF, kuko Norodom Sihanouk wakibereye umwami, Habib Bourguiba wabaye Perezida wa Tunisia, Léopold Sédar Senghor wayoboye Sénégal na Hamani Diori wayoboye Niger, bafatwa nk’abasekuruza ba Francophonie.

Michaëlle Jean na we ntiyicaye kuko yakomeje kugenda na we ahura n’abayobozi bakomeye barimo nka Perezida wa Tchad, Idriss Déby Itno, mu ruzinduko yagiriyeyo ku wa 31 Nyakanga -1 Kanama 2018.

Ymugaragarije ko ‘yifuza gukomeza umurimo we, ibikorwa na gahunda n’amasezerano’ yatanze nk’umuyobozi wa OIF guhera muri Mutarama 2015.

Aheruka no kugirana ibiganiro kuri telefoni na Minisitiri w’Intebe wa Arménie, Nikol Pachinian, ku myiteguro y’inama y’abakuru b’ibihugu na za guverinoma izahabera, no ku ruzinduko ateganya muri icyo gihugu kuva ku wa 10 -13 Ukwakira 2018.

OIF igizwe na leta na za guverinoma zigera kuri 58 nk’abanyamuryango, hakiyongeraho ibihugu 26 bifatwa nk’indorerezi.

2018-08-22
Editorial

IZINDI NKURU

Kinyinya : Abagore babiri bikekwa ko bicuruzaga [ Indaya ] basanzwe  munzu  zabo bishwe

Kinyinya : Abagore babiri bikekwa ko bicuruzaga [ Indaya ] basanzwe munzu zabo bishwe

Editorial 15 May 2017
Polisi y’u Rwanda ku mwanya wa mbere muri Afurika mu zizerwa n’abaturage

Polisi y’u Rwanda ku mwanya wa mbere muri Afurika mu zizerwa n’abaturage

Editorial 26 Aug 2018
Twacengeye e.mail za bamwe mu bayobozi bakuru ba RNC

Twacengeye e.mail za bamwe mu bayobozi bakuru ba RNC

Editorial 15 Jul 2016
Urutonde rw’ibigo 10 bya mbere mu butasi kurusha ibindi ku isi

Urutonde rw’ibigo 10 bya mbere mu butasi kurusha ibindi ku isi

Editorial 15 Apr 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rusizi : Kagame  yiyamamarije mu  Murenge wa Nyakabuye na Gihundwe
Mu Rwanda

Rusizi : Kagame yiyamamarije mu Murenge wa Nyakabuye na Gihundwe

Editorial 28 Jul 2017
Mu mwaka ushize hakozwe ubukangurambaga butandukanye mu gukumira ibyaha
Mu Mahanga

Mu mwaka ushize hakozwe ubukangurambaga butandukanye mu gukumira ibyaha

Editorial 09 Jan 2016
Bwa mbere, Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente arageza ijambo ku Nteko Ishinga Amategeko
Mu Rwanda

Bwa mbere, Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente arageza ijambo ku Nteko Ishinga Amategeko

Editorial 26 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru