• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAHEREZO Y’ABABILIGI N’ABARUNDI MU BIBAZO BYA DRC NI AYAHE ?    |   29 May 2025

  • INGABIRE VICTOIRE AKOMEJE KUBA UMUYOBORO UNYUZWAMO AMAFARANGA ATERA INKUNGA FDLR   |   29 May 2025

  • Constant Mutamba: Minisitiri w’Ubutabera wa Congo Usigaye Azwi kurusha Ibikorwa Bye Bibi Kurusha Byiza   |   29 May 2025

  • AMAFOTO: APR FC yegukanye igikombe cya shampiyona 2024-2025, kiba igikombe cya 6 itwaye yikurikiranya   |   29 May 2025

  • “FDLR Yari Yaraduhinduye Ingabo Zibakingira Urupfu, Ariko Ubu Twagarutse Iwacu”: Abanyarwanda Batahutse Bagaragaje Ubunyamaswa Bwa FDLR   |   28 May 2025

  • Abarimo Kagere Medie bari ku rutonde Adel Amrouche yatangaje bazakina na Algérie mu mukino wa gicuti utegura imikino y’igikombe cy’isi 2026   |   28 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia yashimye imiyoborere myiza iri mu Rwanda

Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia yashimye imiyoborere myiza iri mu Rwanda

Editorial 29 Apr 2017 Mu Rwanda

Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia avuga ko igihugu cye gifite byinshi cyigiye k’u Rwanda, harimo n’imiyoborere myiza igaragarira buri wese.

Hailemariam Desalegn avuga ko kuba u Rwanda ari urwa mbere mu korohereza abashoramari biri mu byo Ethiopia igomba nayo kugeraho nk’uko biri mu Rwanda.

Ibi Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia Hailemariam Desalegn yabivuze mu kiganiro n’abanyamakuru cyabereye muri Village Urugwiro aho yari kumwe na Perezida Paul Kagame.

Ni mu ruzinduko rw’iminsi itatu uyu muyobozi na madamu we Roman Tesfaye barimo kugirira mu Rwanda kuva ku wa 26 Mata 2017.

Ubwo yabazwaga n’umunyamakuru icyo Ethiopia yigiye k’u Rwanda, Hailemariam Desalegn yavuze ko ari byinshi, gusa avuga ko hari bimwe bikomeye kandi byafasha abaturage be gutera imbere.

Yagize ati “ Icya mbere Abanyarwanda ni abantu beza, bakira ababagana neza, naho ku bijyanye n’ibyo twakigira k’u Rwanda ni byinshi, u Rwanda ni igihugu kirimo gutera imbere mu bukungu mu buryo bwihuse ku Mugabane w’Afurika, ni igihugu kiza ku isonga mu kurwanya ruswa, koroshya ishoramari, Ikoranabuhanga riratera imbere vuba vuba, guha ijambo umugore, imiyoborere myiza n’ibindi.”

Yakomeje agira ati “Muziko mu Rwanda ari ahantu heza ho gukorera ubucuruzi, natwe dufite umushinga w’uko twakora neza ubucuruzi, dufite itsinda mu bijyanye n’ishoramari rikorana n’u Rwanda, ikindi kubera ko u Rwanda ari urugero rwiza ku mugabane wa Afurika, twabigiraho natwe tukabuteza imbere.”

Hailemariam Desalegn kandi avuga ko kuba u Rwanda rumaze guteza imbere urwego rw’ikoranabuhanga no guha ijambo umugore , ibi biri mu byo Ethiopia yakwiga gusa yongera kwemeza ko hari ibindi u Rwanda narwo rwakwigira kuri iki gihugu.

Perezida Kagame yavuze ko abaturage b’ibihugu byombi bafite icyerekezo kimwe, aho yagize ati “Abaturage b’u Rwanda na Ethiopia bose barifuza kugira ibyo bageraho, icyo ibihugu bya Afurika bishyize imbere kandi ni bimwe, ni uko abaturage babyo baba abaturage bafite ubuzima bwiza.”

Umukuru w’Igihugu kandi avuga ko kuba hari bamwe bashobora gutinya gushora imari mu bihugu bya Afurika ibi ngo si ukuri, kuko usanga ibibazo biri hose ku isi.

-6416.jpg

Perezida Kagame ubwo yakiraga Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Hailemariam Desalegn akigera mu Rwanda (Ifoto/Perezidansi)

Hasinywe kandi amasezerano y’ubufatanye 11 hagati y’ibihugu byombi. Aya masezerano yasinywe na ba Minisitiri ku mpande zombi. Ayo masezerano harimo ajyanye n’ubutabera, itangazamakuru, siporo n’umuco, ubukerarugendo, umuco n’uburezi, guteza imbere uburenganzira bw’umwana n’umugore n’andi.

U Rwanda na Ethiopia bisanzwe bifitanye ubufatanye mu bya gisirikare no mu by’ingendo z’indege n’imikoreshereze y’ikirere. Iki gihugu gituwe n’abaturage bagera kuri miliyoni 100.

2017-04-29
Editorial

IZINDI NKURU

Nyuma y’iminsi 211 ari umutoza mukuru wa Kiyovu SC, Karekezi Olivier yatandukanye n’iyi kipe nyuma yaho ataraye mu mwiherero w’urucaca.

Nyuma y’iminsi 211 ari umutoza mukuru wa Kiyovu SC, Karekezi Olivier yatandukanye n’iyi kipe nyuma yaho ataraye mu mwiherero w’urucaca.

Editorial 02 May 2021
Polisi y’u Bubiligi yataye muri yombi umuturage bikekwo ko ari umunyarwanda

Polisi y’u Bubiligi yataye muri yombi umuturage bikekwo ko ari umunyarwanda

Editorial 09 Aug 2017
Ishusho ya Kigali Convention Center yongerewe ku rupapuro rw’abajya mu mahanga-Col Anaclet Kalibata

Ishusho ya Kigali Convention Center yongerewe ku rupapuro rw’abajya mu mahanga-Col Anaclet Kalibata

Editorial 10 Apr 2017
Urukiko rukuru rwateye utwatsi ubusabe bw’ukekwaho kwica Pastor Maggie

Urukiko rukuru rwateye utwatsi ubusabe bw’ukekwaho kwica Pastor Maggie

Editorial 03 Nov 2017
Nyuma y’iminsi 211 ari umutoza mukuru wa Kiyovu SC, Karekezi Olivier yatandukanye n’iyi kipe nyuma yaho ataraye mu mwiherero w’urucaca.

Nyuma y’iminsi 211 ari umutoza mukuru wa Kiyovu SC, Karekezi Olivier yatandukanye n’iyi kipe nyuma yaho ataraye mu mwiherero w’urucaca.

Editorial 02 May 2021
Polisi y’u Bubiligi yataye muri yombi umuturage bikekwo ko ari umunyarwanda

Polisi y’u Bubiligi yataye muri yombi umuturage bikekwo ko ari umunyarwanda

Editorial 09 Aug 2017
Ishusho ya Kigali Convention Center yongerewe ku rupapuro rw’abajya mu mahanga-Col Anaclet Kalibata

Ishusho ya Kigali Convention Center yongerewe ku rupapuro rw’abajya mu mahanga-Col Anaclet Kalibata

Editorial 10 Apr 2017
Urukiko rukuru rwateye utwatsi ubusabe bw’ukekwaho kwica Pastor Maggie

Urukiko rukuru rwateye utwatsi ubusabe bw’ukekwaho kwica Pastor Maggie

Editorial 03 Nov 2017
Nyuma y’iminsi 211 ari umutoza mukuru wa Kiyovu SC, Karekezi Olivier yatandukanye n’iyi kipe nyuma yaho ataraye mu mwiherero w’urucaca.

Nyuma y’iminsi 211 ari umutoza mukuru wa Kiyovu SC, Karekezi Olivier yatandukanye n’iyi kipe nyuma yaho ataraye mu mwiherero w’urucaca.

Editorial 02 May 2021
Polisi y’u Bubiligi yataye muri yombi umuturage bikekwo ko ari umunyarwanda

Polisi y’u Bubiligi yataye muri yombi umuturage bikekwo ko ari umunyarwanda

Editorial 09 Aug 2017
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru