• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Minisitiri w’Intebe yahaye umukoro RRA wo gufasha u Rwanda kwihaza mu ngengo y’imari

Minisitiri w’Intebe yahaye umukoro RRA wo gufasha u Rwanda kwihaza mu ngengo y’imari

Editorial 29 Sep 2018 UBUKUNGU

Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente, yasabye Ikigo cy’Imisoro n’amahoro (RRA) kongera imbaraga mu gushishikariza abanyarwanda kwitabira gusora kugira ngo igihugu kizagere ku rwego rwo kwihaza mu ngengo y’imari.

Yabitangaje kuri uyu wa Gatanu ubwo yitabiraga ibirori byo kwizihiza imyaka 20 ishize RRA ishinzwe ndetse n’imyaka 16 hatangijwe umunsi w’abasora.

Mu ngengo y’imari ya miliyari 2.115.4 Frw yifashishijwe umwaka ushize wa 2017/2018, imisoro yari miliyari 1252.2 Frw angana na 58.3 % bivuye kuri miliyari 62.8 Frw zakusanyijwe mu 1998.

Icyo gihe imisoro yagiraga uruhare rwa 36.3% ku ngengo y’imari y’igihugu.

Dr Ngirente yashimye imbaraga RRA yashyize mu gukusanya imisoro mu myaka 20 ishize ariko ashimangira ko hagikenewe gukorwa byinshi kugira ngo u Rwanda rwihaze.

Yagize ati “Imisoro iri ku isonga mu gutanga umugabane munini ku ngengo y’imari y’igihugu cyacu. Iyo ngengo y’imari niyo igihugu cyifashisha mu kugeza ku banyarwanda ibikorwa remezo bitandukanye birimo amashuri, amavuriro, amazi amashanyarazi, imihanda n’ibindi biteza imbere abaturage n’igihugu muri rusange.”

Minisitiri w’Intebe yavuze ko igihe u Rwanda ruzaba rwihagije mu ngengo y’imari ari bwo ruzaba rwihesheje agaciro nyabyo.

Ati “Kugira ubushobozi bwo kwihaza ku buryo busesuye ni intego twiyemeje nk’igihugu kandi tukaba twumva tuzayigeraho mu gihe kiri imbere cya vuba. Kubigeraho niko kwihesha agaciro kandi bikaba bisaba ko abanyarwanda twese tubigira inshingano, tukarushaho kongera umusaruro mubyo dukora kandi tukaba abasora neza.”

Dr Ngirente kandi yanenze abanyereza imisoro n’abayitanga nabi, asaba inzego zibishinzwe kubihagurukira no kurushaho kongera ubukangurambaga.

Komiseri Mukuru wa RRA, Richard Tusabe, yagaragaje ko hari byinshi byakozwe mu myaka 20 ishize kandi ko intego ari ugukomeza umurego.

Yagize ati “Ikigo cy’imisoro n’amahoro gitangira guha serivisi abakigana cyari gifite ibibazo byinshi bishingiye cyane cyane ku mikorere itari inoze, nk’ubumenyi bw’abakozi bwari bukiri hasi cyane, amategeko y’imisoro yari ashaje akeneye kuvugururwa kugira ngo ajyane n’ubucuruzi twifuza. Imyumvire y’usora yari hasi cyane no gukoresha ikoranabuhanga nta byabagaho.”

Yavuze ko hari ibimaze kugerwaho, icyakora yemeza ko bitashoboka bitagizwemo uruhare n’abanyarwanda bose.

Ikigo cy’imisoro n’amahoro mu mwaka wa 2018/2019 cyihaye intego yo kwinjiza miliyari 1369.2 Frw na miliyari 60.2 Frw y’imisoro yeguriwe uturere.

Tusabe yavuze ko ingamba zafashwe ngo bigerweho harimo gukomeza kunoza ikoranabuhanga ry’imashini zitanga inyemezabuguzi, gushyira mu bikorwa inama z’umugenzuzi w’imari ya Leta, kongera imbaraga mu guhuza amakuru ku misoro n’abasora hifashishije ikoranabuhanga, gukangurira abaturage akamaro ko gusora n’ibindi.

Rwanyonga Mathias, umukozi wa sosiyete MTN Rwanda ari nayo yaje ku mwanya wa mbere mu basora banini, yavuze uwo mwanya bawukesha ibikorwa na serivisi byiza ari nabyo bazakomeza gukora kugira ngo bunguke babone uko basora.

Yakanguriye abanga gutanga imisoro cyangwa bakayinyereza kubireka ngo kuko ntaho bitaniye no gutema ishami wicayeho.

Ati “Abanyereza imisoro ni nko gutema igiti wicayeho.nUbundi iyo utanze umusoro Leta igakora ibikorwa remezo neza, umutekano ukaza n’ubundi amafaranga wabonaga ariyongera. Tanga umusoro, ejo uzabona amafaranga yikubye ayo wabonaga uyu munsi.”

Muri uyu mwaka w’ingengo y’imari wa 2018/19 watangiye ku wa 1 Nyakanga 2018, Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi yatangaje ko muri miliyari 2443.5 Frw ziteganywa, 62% azaba akomoka imbere mu gihugu.

Inguzanyo z’amahanga zizaba 16% naho iz’imbere mu gihugu zibe 6%, inkunga zisigarane 16% gusa.

2018-09-29
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yahawe igihembo cyo guteza imbere ishoramari

Perezida Kagame yahawe igihembo cyo guteza imbere ishoramari

Editorial 04 Sep 2019
ONOMO Hotel yatangaje ibiciro byo kunezeza abakiriya mu minsi mikuru

ONOMO Hotel yatangaje ibiciro byo kunezeza abakiriya mu minsi mikuru

Editorial 18 Dec 2019
Kwamamaza : Bar Restaurant Karibu Guest House  yimukiye mu Kiyovu k’umuhanda “KN 51 ST”

Kwamamaza : Bar Restaurant Karibu Guest House yimukiye mu Kiyovu k’umuhanda “KN 51 ST”

Editorial 24 Aug 2016
80% by’amata mu Rwanda ntabyazwa undi musaruro

80% by’amata mu Rwanda ntabyazwa undi musaruro

Editorial 20 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rutsiro: Ubutwari bw’Umurinzi w’igihango Rwamucyo warokoye Abatutsi barenga 400 yifashishije ubwato
Amakuru

Rutsiro: Ubutwari bw’Umurinzi w’igihango Rwamucyo warokoye Abatutsi barenga 400 yifashishije ubwato

Editorial 13 Apr 2025
Hakomeje gukorwa ubukangurambaga bufasha ababaswe n’ibiyobyabwenge n’Uburara kubivamo burundu
Amakuru

Hakomeje gukorwa ubukangurambaga bufasha ababaswe n’ibiyobyabwenge n’Uburara kubivamo burundu

Editorial 18 Dec 2021
Imwe mu migambi yo guhirika ubutegetsi muri Afurika itarateguwe neza ntigire icyo imarira ba nyirayo – Igice cya I
ITOHOZA

Imwe mu migambi yo guhirika ubutegetsi muri Afurika itarateguwe neza ntigire icyo imarira ba nyirayo – Igice cya I

Editorial 08 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru