• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»” gucururiza imbunda mu Rwanda ni nko gufata ingamiya ukinjiza mu izuru ry’urushinge” -Busingye

” gucururiza imbunda mu Rwanda ni nko gufata ingamiya ukinjiza mu izuru ry’urushinge” -Busingye

Editorial 29 May 2018 Mu Rwanda

Minisitiri w’ubutabera Johnston Busingye kuri uyu mugoroba yabwiye abanyamakuru ati “gucururiza imbunda mu Rwanda ni hafi ya ‘impossible’ ni nko gufata ingamiya ukinjiza mu izuru ry’urushinge.”

Ejo kuwa mbere Inteko yari yemeje umushinga w’itegeko rigendanye n’ikoreshwa ry’intwaro mu Rwanda.

Minisitiri Busingye yasobanuye ko icyemejwe atari itegeko rishya ngo icyakozwe ni ukwimura ibyaha n’ibihano byabaga mu gitabo cy’amategeko ahana.

Bikimurirwa mu itegeko ryihariye rigena uburyo bwo kubona,gutunga, gutwara, gucuruza no guha imbunda amasasu y’ubwoko bwose.

Iby’iri tegeko ubundi bikubiye mu Iteka rya Perezida wa Republika ryo mu 2011 rishyira mu bikorwa Itegeko ryo mu 2009 ryerekeye intwaro. Iri teka rya Perezida ryasohotse mu 2011 risobanura ibyo uwifuza gutunga intwaro ku giti cye n’ibisabwa uwifuza kuzicuruza.

Minisitiri Busingye yavuze ko nta munyarwanda ukwiye kugira impungenge z’uko mu maduka bagiye kujya bagurishayo imbunda.

Mu byo abadepite batoye harimo gukaza uburyo umuntu ku giti cye yabasha gutunga cyangwa gucuruza imbunda.

Busingye ati “Abanyarwanda nibahumure ntabwo muri za boutique hazajya hacururizwamo umunyu,isukari n’imbunda!”

Minisitiri Busingye yavuze ko itegeko rijyanye n’intwaro atari rishya kuko ngo rihera mu 1979, mu 2002 no mu 2009 riravugururwa. Kampanyi zishinzwe kurinda umutekano zifite imbunda ngo niryo risanzwe rizigenga.

Ati “ iri tegeko riramutse ridahari ugasanga umuntu wa INTERSEC afite imbunda yakwitwa militia.”

Busingye ati "iri si itegeko rishya"

Busingye ati “iri si itegeko rishya”

Avuga ko abanyarwanda batagomba kugira impungenge kuko ngo muri uku kuvugurura iri tegeko ngo hongewemo n’ingingo ituma bigorana cyane. Ngo hongewemo icyemezo cyo kuzicuruza ko gitangwa n’inama y’abaminisitiri.

Yavuze ko ko nubwo hariho amananiza akomeye cyane, ngo itegeko rigomba kubaho kugirango uwakora icyaha habe hari itegeko yaba yanyuranije naryo.

Minisitiri Busingye yavuze ko iyi gahunda yo kuvugurura amategeko itakorewe itegeko ry’intwaro gusa ahubwo ngo ryakozwe ku mategeko 24.

Avuga ko iri tegeko abantu baryibajijehocyane kuko imbunda atari ikintu gisanzwe  abantu bakunze kugira.

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe amategeko Evode Uwiringiyimana yari kumwe na Minisitiri w'ubutabera muri iki kiganiro

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe amategeko Evode Uwiringiyimana yari kumwe na Minisitiri w’ubutabera muri iki kiganiro

 

2018-05-29
Editorial

IZINDI NKURU

CNLG irashima u Budage bwohereje Twagiramungu mu Rwanda

CNLG irashima u Budage bwohereje Twagiramungu mu Rwanda

Editorial 22 Aug 2017
Kiyovu SC yafashe umwanya wa mbere w’agateganyo nyuma yo gutsinda Rayon Sports 2-0, Marines FC yanyagiwe na Bugesera FC 6-2

Kiyovu SC yafashe umwanya wa mbere w’agateganyo nyuma yo gutsinda Rayon Sports 2-0, Marines FC yanyagiwe na Bugesera FC 6-2

Editorial 06 Dec 2021
Amafoto – Nyuma yaho Rayon Sports itsinze Musanze FC igitego 1-0 mu mikino wa gicuti, yasinyishije Ait Lahaissane uvuye muri Raja Cassablanca yo muri Maroc

Amafoto – Nyuma yaho Rayon Sports itsinze Musanze FC igitego 1-0 mu mikino wa gicuti, yasinyishije Ait Lahaissane uvuye muri Raja Cassablanca yo muri Maroc

Editorial 25 Sep 2021
Ubuyobozi bw’ikipe ya Mukura VS bwahagaritse umutoza wayo Ruremesha Emmanuel imikino 2 nyuma yo gutsindwa na Kiyovu SC

Ubuyobozi bw’ikipe ya Mukura VS bwahagaritse umutoza wayo Ruremesha Emmanuel imikino 2 nyuma yo gutsindwa na Kiyovu SC

Editorial 21 Dec 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Muri FDLR n’Ibitsimbanyi Byayo, Aho Bukera Baramarana Bapfa Ubusambo n’Ibisabano!
Amakuru

Muri FDLR n’Ibitsimbanyi Byayo, Aho Bukera Baramarana Bapfa Ubusambo n’Ibisabano!

Editorial 21 Sep 2020
Ku munsi wa nyuma w’uruzinduko rw’abakinnyi ba PSG mu Rwanda, bahuye n’abana babarizwa mu irerero iyi kipe yashinze i Huye
Amakuru

Ku munsi wa nyuma w’uruzinduko rw’abakinnyi ba PSG mu Rwanda, bahuye n’abana babarizwa mu irerero iyi kipe yashinze i Huye

Editorial 03 May 2022
Radisson Blu yabaye iya mbere mu Rwanda yahawe igihembo cya hoteli itekanye
UBUKUNGU

Radisson Blu yabaye iya mbere mu Rwanda yahawe igihembo cya hoteli itekanye

Editorial 07 Aug 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru