• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»” gucururiza imbunda mu Rwanda ni nko gufata ingamiya ukinjiza mu izuru ry’urushinge” -Busingye

” gucururiza imbunda mu Rwanda ni nko gufata ingamiya ukinjiza mu izuru ry’urushinge” -Busingye

Ubwanditsi 29 May 2018 Mu Rwanda

Minisitiri w’ubutabera Johnston Busingye kuri uyu mugoroba yabwiye abanyamakuru ati “gucururiza imbunda mu Rwanda ni hafi ya ‘impossible’ ni nko gufata ingamiya ukinjiza mu izuru ry’urushinge.”

Ejo kuwa mbere Inteko yari yemeje umushinga w’itegeko rigendanye n’ikoreshwa ry’intwaro mu Rwanda.

Minisitiri Busingye yasobanuye ko icyemejwe atari itegeko rishya ngo icyakozwe ni ukwimura ibyaha n’ibihano byabaga mu gitabo cy’amategeko ahana.

Bikimurirwa mu itegeko ryihariye rigena uburyo bwo kubona,gutunga, gutwara, gucuruza no guha imbunda amasasu y’ubwoko bwose.

Iby’iri tegeko ubundi bikubiye mu Iteka rya Perezida wa Republika ryo mu 2011 rishyira mu bikorwa Itegeko ryo mu 2009 ryerekeye intwaro. Iri teka rya Perezida ryasohotse mu 2011 risobanura ibyo uwifuza gutunga intwaro ku giti cye n’ibisabwa uwifuza kuzicuruza.

Minisitiri Busingye yavuze ko nta munyarwanda ukwiye kugira impungenge z’uko mu maduka bagiye kujya bagurishayo imbunda.

Mu byo abadepite batoye harimo gukaza uburyo umuntu ku giti cye yabasha gutunga cyangwa gucuruza imbunda.

Busingye ati “Abanyarwanda nibahumure ntabwo muri za boutique hazajya hacururizwamo umunyu,isukari n’imbunda!”

Minisitiri Busingye yavuze ko itegeko rijyanye n’intwaro atari rishya kuko ngo rihera mu 1979, mu 2002 no mu 2009 riravugururwa. Kampanyi zishinzwe kurinda umutekano zifite imbunda ngo niryo risanzwe rizigenga.

Ati “ iri tegeko riramutse ridahari ugasanga umuntu wa INTERSEC afite imbunda yakwitwa militia.”

Busingye ati "iri si itegeko rishya"

Busingye ati “iri si itegeko rishya”

Avuga ko abanyarwanda batagomba kugira impungenge kuko ngo muri uku kuvugurura iri tegeko ngo hongewemo n’ingingo ituma bigorana cyane. Ngo hongewemo icyemezo cyo kuzicuruza ko gitangwa n’inama y’abaminisitiri.

Yavuze ko ko nubwo hariho amananiza akomeye cyane, ngo itegeko rigomba kubaho kugirango uwakora icyaha habe hari itegeko yaba yanyuranije naryo.

Minisitiri Busingye yavuze ko iyi gahunda yo kuvugurura amategeko itakorewe itegeko ry’intwaro gusa ahubwo ngo ryakozwe ku mategeko 24.

Avuga ko iri tegeko abantu baryibajijehocyane kuko imbunda atari ikintu gisanzwe  abantu bakunze kugira.

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe amategeko Evode Uwiringiyimana yari kumwe na Minisitiri w'ubutabera muri iki kiganiro

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe amategeko Evode Uwiringiyimana yari kumwe na Minisitiri w’ubutabera muri iki kiganiro

 

2018-05-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

AMAFOTO: APR FC yapimishije abakinnyi n’abakozi bayo mbere yo kujya mu mwiherero aho bitegura isubukurwa rya shampiyona izatangira muri Gicurasi.

AMAFOTO: APR FC yapimishije abakinnyi n’abakozi bayo mbere yo kujya mu mwiherero aho bitegura isubukurwa rya shampiyona izatangira muri Gicurasi.

Ubwanditsi 15 Apr 2021
Mukamabano Madeleine  wahoze ari Umunyamakuru wa RFI yambitse ubusa  Amashyaka ya Opozisiyo ikorera mu buhungiro

Mukamabano Madeleine wahoze ari Umunyamakuru wa RFI yambitse ubusa Amashyaka ya Opozisiyo ikorera mu buhungiro

Ubwanditsi 10 Aug 2017
China and Rwanda igitabo cya Gerard Mbanda

China and Rwanda igitabo cya Gerard Mbanda

Ubwanditsi 21 Jun 2019
Ikipe ya AS Kigali yatangaje ko Mike Muteebi ari umutoza wayo mushya naho Bugesera FC itangaza Ndayiragije Etienne

Ikipe ya AS Kigali yatangaje ko Mike Muteebi ari umutoza wayo mushya naho Bugesera FC itangaza Ndayiragije Etienne

Ubwanditsi 19 Jan 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kamonyi: Abakora umwuga wo gutwara abagenzi ku magare biyemeje kugira uruhare mu  kurwanya ibiyobyabwenge
Mu Mahanga

Kamonyi: Abakora umwuga wo gutwara abagenzi ku magare biyemeje kugira uruhare mu kurwanya ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 06 Feb 2016
Perezida Kagame na Ramaphosa ku isonga ry’Abaperezida bazitabira inama yiga ku gituntu
POLITIKI

Perezida Kagame na Ramaphosa ku isonga ry’Abaperezida bazitabira inama yiga ku gituntu

Ubwanditsi 10 Jul 2018
Tumenye  bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda ( Igice cya 4)
ITOHOZA

Tumenye bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda ( Igice cya 4)

Ubwanditsi 07 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru