• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»” gucururiza imbunda mu Rwanda ni nko gufata ingamiya ukinjiza mu izuru ry’urushinge” -Busingye

” gucururiza imbunda mu Rwanda ni nko gufata ingamiya ukinjiza mu izuru ry’urushinge” -Busingye

Ubwanditsi 29 May 2018 Mu Rwanda

Minisitiri w’ubutabera Johnston Busingye kuri uyu mugoroba yabwiye abanyamakuru ati “gucururiza imbunda mu Rwanda ni hafi ya ‘impossible’ ni nko gufata ingamiya ukinjiza mu izuru ry’urushinge.”

Ejo kuwa mbere Inteko yari yemeje umushinga w’itegeko rigendanye n’ikoreshwa ry’intwaro mu Rwanda.

Minisitiri Busingye yasobanuye ko icyemejwe atari itegeko rishya ngo icyakozwe ni ukwimura ibyaha n’ibihano byabaga mu gitabo cy’amategeko ahana.

Bikimurirwa mu itegeko ryihariye rigena uburyo bwo kubona,gutunga, gutwara, gucuruza no guha imbunda amasasu y’ubwoko bwose.

Iby’iri tegeko ubundi bikubiye mu Iteka rya Perezida wa Republika ryo mu 2011 rishyira mu bikorwa Itegeko ryo mu 2009 ryerekeye intwaro. Iri teka rya Perezida ryasohotse mu 2011 risobanura ibyo uwifuza gutunga intwaro ku giti cye n’ibisabwa uwifuza kuzicuruza.

Minisitiri Busingye yavuze ko nta munyarwanda ukwiye kugira impungenge z’uko mu maduka bagiye kujya bagurishayo imbunda.

Mu byo abadepite batoye harimo gukaza uburyo umuntu ku giti cye yabasha gutunga cyangwa gucuruza imbunda.

Busingye ati “Abanyarwanda nibahumure ntabwo muri za boutique hazajya hacururizwamo umunyu,isukari n’imbunda!”

Minisitiri Busingye yavuze ko itegeko rijyanye n’intwaro atari rishya kuko ngo rihera mu 1979, mu 2002 no mu 2009 riravugururwa. Kampanyi zishinzwe kurinda umutekano zifite imbunda ngo niryo risanzwe rizigenga.

Ati “ iri tegeko riramutse ridahari ugasanga umuntu wa INTERSEC afite imbunda yakwitwa militia.”

Busingye ati "iri si itegeko rishya"

Busingye ati “iri si itegeko rishya”

Avuga ko abanyarwanda batagomba kugira impungenge kuko ngo muri uku kuvugurura iri tegeko ngo hongewemo n’ingingo ituma bigorana cyane. Ngo hongewemo icyemezo cyo kuzicuruza ko gitangwa n’inama y’abaminisitiri.

Yavuze ko ko nubwo hariho amananiza akomeye cyane, ngo itegeko rigomba kubaho kugirango uwakora icyaha habe hari itegeko yaba yanyuranije naryo.

Minisitiri Busingye yavuze ko iyi gahunda yo kuvugurura amategeko itakorewe itegeko ry’intwaro gusa ahubwo ngo ryakozwe ku mategeko 24.

Avuga ko iri tegeko abantu baryibajijehocyane kuko imbunda atari ikintu gisanzwe  abantu bakunze kugira.

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe amategeko Evode Uwiringiyimana yari kumwe na Minisitiri w'ubutabera muri iki kiganiro

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe amategeko Evode Uwiringiyimana yari kumwe na Minisitiri w’ubutabera muri iki kiganiro

 

2018-05-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Habura umunsi umwe, ikipe ya Gasabo United yikuye mu irushanwa ryo guhatanira gukina ikiciro cya mbere umwaka w’imikino wa 2021-2022

Habura umunsi umwe, ikipe ya Gasabo United yikuye mu irushanwa ryo guhatanira gukina ikiciro cya mbere umwaka w’imikino wa 2021-2022

Ubwanditsi 17 Sep 2021
Leta mu mizo ya nyuma yo gushyiraho umushahara fatizo mushya

Leta mu mizo ya nyuma yo gushyiraho umushahara fatizo mushya

Ubwanditsi 10 Oct 2017
Rubavu : Umukobwa w’imyaka 23 yishwe anizwe

Rubavu : Umukobwa w’imyaka 23 yishwe anizwe

Ubwanditsi 24 Aug 2017
Umuyobozi wa FERWAFA yasabye imbabazi Abanyarwanda

Umuyobozi wa FERWAFA yasabye imbabazi Abanyarwanda

Ubwanditsi 24 Mar 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Burundi bwafunze ibiganiro bya BBC n’Ijwi ry’Amerika
INKURU NYAMUKURU

U Burundi bwafunze ibiganiro bya BBC n’Ijwi ry’Amerika

Ubwanditsi 05 May 2018
Danmark: Umunyarwanda yatawe muri yombi ashinjwa uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi
ITOHOZA

Danmark: Umunyarwanda yatawe muri yombi ashinjwa uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 16 May 2017
Kampala: Uruganda rutunganya amazi ya “Jibu” rwafunzwe
IKORANABUHANGA

Kampala: Uruganda rutunganya amazi ya “Jibu” rwafunzwe

Ubwanditsi 20 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru