• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»China and Rwanda igitabo cya Gerard Mbanda

China and Rwanda igitabo cya Gerard Mbanda

Ubwanditsi 21 Jun 2019 HIRYA NO HINO, Mu Rwanda, POLITIKI

China and Rwanda  n’igitabo  cya Gerard Mbanda ,  ushinzwe ishami ry’itangazamakuru mu kigo cy’igihugu cy’imiyoborere (RGB), akaba yarabaye n’ikegera cya mbere muri Ambasade y’u Rwanda muri Kenya, igihe kitari gito nyuma y’uko yari umwe mu bayobozi ba Television y’u Rwanda . Mbanda akaba yarabaye umukada kurugamba rwo kubohora Igihugu rwa RPF-Inkotanyi, aho yari umwe mu banyamakuru ba Radio Muhabura.

China and Rwanda n’igitabo cyambere mu mateka kivuga ku Bushinwa n’u Rwanda . Umutwe w’iki gitabo ugira uti : ” Ubuyobozi bukora neza bw’u Rwanda n’u Bushinwa ni urufunguzo ku miyoborere izana impinduka”. Iki gitabo cyamurikiwe Abanyarwanda n’Abashinwa kuri uyu wa Kane tariki 20 Kamena 2019 muri Marriott Hotel i Kigali.

Gerald Mbanda avuga ko ari cyo cya mbere cye gisohotse ariko ko atari bwo bwa mbere agira igitekerezo cyo kwandika kuko hari icyo yari yatangiye mu 1995 ntigisohoke ariko akaba afite gahunda yo kugisubukura.


Gerald Mbanda yinjiye mu ruhando rw’abanditsi b’ibitabo

Mbanda avuga ko mu myaka ya za 70 (1970) akiri muto mu myaka icumi n’indi, se yakundaga gusoma ibinyamakuru byo mu Bushinwa kandi akaba ariwe abituma ku Iposita, bituma akura akunda inyandiko kandi yiyumvamo igihugu cy’u Bushinwa, ari nabyo mu bitumye asohora iki gitabo kigaragaza uko imiyoborere myiza y’ubuyobozi bw’u Rwanda n’ubw’u Bushinwa yatumye impinduka mu bukungu zishoboka.

Agira ati, “U Bushinwa ni igihugu nkurikirana cyane ariko bivuye kuri Papa, yakundaga gusoma ibinyamakuru byo mu Bushinwa bikaza mu iposita, ni jyewe yatumaga kubimuzanira. Byabaga byanditse mu Giswahili jye ntakizi ariko yarasomaga akansobanurira. Bituma nkomeza gukurikirana imizamukire y’icyo gihugu. Mu by’ukuri ni igihugu niyumvamo kuko nabonaga ko ari igihugu cy’abantu bafite icyerekezo, bakunda igihugu kandi bakomera ku muco wabo”.

Mbanda anenga ababyeyi batabonera umwanya abana babo ngo babaganirize, avuga ko bidakwiye kuko kubarekurira ikoranabuhanga bakuramo n’ibibi byinshi, bamwe bibeshya ko ari iterambere.

Prof. Ndabaga Eugene, umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda wasomye iki gitabo, ashima imiterere yacyo igaragaza ingufu u Rwanda rufite n’iz’u Bushinwa bufite, mu rwego rwo kwisuzuma bakareba ibibazo bafite bakabikemura bakoresheje umuco wabyo.

Uretse abitabiriye imurika ryacyo, iki gitabo cyanashimwe na Senateri Tito Rutaremara na Ambasaderi w’u Bushinwa mu Rwanda, RAO Hongwei, wanishimiye ko ari cyo gitabo cya mbere kivuga ku mibanire y’u Bushinwa n’u Rwanda.


2019-06-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RwandAir yatangije urugendo rwa mbere i Burayi ihereye mu Bwongereza

RwandAir yatangije urugendo rwa mbere i Burayi ihereye mu Bwongereza

Ubwanditsi 26 May 2017
Loni ni nka Bihehe bavugiriza induru, iti “ngizi impundu mporana”. Uko yamaganwa, niko irushaho gushyigikira abajenosideri.

Loni ni nka Bihehe bavugiriza induru, iti “ngizi impundu mporana”. Uko yamaganwa, niko irushaho gushyigikira abajenosideri.

Ubwanditsi 09 Aug 2024
Ukuri ku mibereho ya Léon Mugesera watakambiye Abanya-Canada ko adasurwa

Ukuri ku mibereho ya Léon Mugesera watakambiye Abanya-Canada ko adasurwa

Ubwanditsi 05 Oct 2017
Urutonde rw’imigi 10 yoroshye n’10 igoye kuyibamo ku isi muri uyu mwaka wa 2018

Urutonde rw’imigi 10 yoroshye n’10 igoye kuyibamo ku isi muri uyu mwaka wa 2018

Ubwanditsi 15 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Gen Kale Kayihura arahakana ko yabujijwe gusohoka mu gihugu
ITOHOZA

Uganda: Gen Kale Kayihura arahakana ko yabujijwe gusohoka mu gihugu

Ubwanditsi 07 Jun 2018
M 23 yongeye gutanga Ubutumwa bukubiyemo Imanurwa ry’indi Drone yari yarazengereje Abasiviri
Amakuru

M 23 yongeye gutanga Ubutumwa bukubiyemo Imanurwa ry’indi Drone yari yarazengereje Abasiviri

Ubwanditsi 10 Feb 2024
Zari akomeje kugaragaza urukundo agifitiye umugabo we wapfuye yari yaramuharitse
HIRYA NO HINO

Zari akomeje kugaragaza urukundo agifitiye umugabo we wapfuye yari yaramuharitse

Ubwanditsi 06 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru