• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Miroplast FC yananiwe kugera ku kibuga, Rayon Sports itahana amanota idakinnye

Miroplast FC yananiwe kugera ku kibuga, Rayon Sports itahana amanota idakinnye

Ubwanditsi 28 May 2018 IMIKINO

Shampiyona y’u Rwanda ikomeje kugaragaramo ibibazo by’ubukene bukabije mu makipe amwe n’amwe byatumye Miroplast FC inanirwa kugera kuri Stade ya Kigali mu mukino wari kuyihuza na Rayon Sports ku Cyumweru tariki 27 Giicurasi 2018, iterwa mpaga y’ibitego bitatu ku busa.

Miroplast FC yazamutse mu cyiciro cya mbere umwaka ushize itsinze isonga ibitego 2-0 mu mukino wa kamarampaka, umuherwe wayo Mironko Francois Xavier atangaza ko yiteguye kuyiha byose bishoboka kugira ngo izitware neza ndetse igume mu cyiciro cya mbere.

Ibi byabaye inzozi kuko iyi kipe yabaye isibaniro ry’ibibazo by’ubukene byatumye idahemba abakinnyi mu bihe bitandukanye, bwa mbere iterwa mpaga banze kujya gukina i Nyagatare mu gikombe cy’Amahoro none byongeye ntibakina na Rayon Sports.

Amakuru agera ku IGIHE ni uko abakinnyi bari bamaze amezi atatu badahabwa umushahara akaba ariyo mpamvu bahagaritse imikino.

Twagerageje kuvugana n’umuyobozi w’iyi kipe Eng. Nshimiyimana Alex Redamptus akaba ari nawe ushinzwe iterambere ry’umupira w’amaguru muri Ferwafa, ntibyadukundira.

Hari umubare ntarengwa ikipe ishobora guterwamo mu mwaka umwe wa shampiyona, ibirenzeho ihura n’ibihano biremereye.

Mu mategeko ya Ferwafa agenga shampiyona, ingingo ya 89 umutwe wa mbere, ivuga ko ikipe yose yahanishijwe gutsindwa mpaga inshuro eshatu muri shampiyona kubera ko itageze ku kibuga mu mwaka umwe w’imikino ihita ihanishwa gutsindwa mpaga ku buryo bwa rusange ku yindi mikino y’iyo shampiyona ikanoherezwa mu cyiciro cya kabiri.

Iyo ngingo umutwe wa gatatu ugira uti “Perezida w’ikipe yahanishijwe gutsindwa mpaga mu gihe cy’ubuyobozi bwe ntashobora, uhereye ku itariki ibyo bigaragariyeho ko ikipe itsinzwe mpaga no mu gihe cy’imyaka itanu (5), kuba mu bagize inama y’ubuyobozi bw’iyindi kipe iri muri FERWAFA cyangwa urwego rwa FERWAFA cyangwa urw’amahuriro yayo.”

Ibi bivuze ko mu gihe nta cyakorwa mu maguru mashya ngo abakinnyi basubire mu kibuga, Miroplast FC ntizabashe kwitabira imikino ibiri itaha yazahita imanurwa mu cyiciro cya kabiri n’umuyobozi wayo, Nshimiyimana Alex Redamptus akirukanwa ku mwanya yari afite muri komite ya Ferwafa.

Iyi kipe niyo iri ku mwanya wa nyuma ku rutonde rwa shampiyona n’amanota 17 mu mikino 24, kuva yazamuka ikaba yaratsinze itatu, inganya umunani, indi 12 irayitsindwa.

Rayon Sports yabonye amanota atatu idakinnye, yafashe umwanya wa kane n’amanota 40 irushwa na APR FC ya mbere amanota 10.

Si Miroplast FC ivugwamo ibibazo by’ubukene gusa kuko na Sunrise FC y’i Nyagatare imaze iminsi abakinnyi bajya mu kibuga bigoranye kubera kudahembwa, bikaba byaragize n’ingaruka mbi ku musaruro yatangaga.

Abakinnyi ba Rayon Sports basubira mu rwambariro nyuma yo gutera mpaga Miroplast FC

Miroplast FC ishobora gusubira mu cyiciro cya kabiri niterwa izindi mpaga ebyiri

2018-05-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amavubi ashobora kuririra ku makimbirane ari mu ikipe ya Ghana yatewe ni gabanywa ry’Agahimbazamushyi

Amavubi ashobora kuririra ku makimbirane ari mu ikipe ya Ghana yatewe ni gabanywa ry’Agahimbazamushyi

Ubwanditsi 25 Aug 2016
Ku munsi wa 13 wa PNL, APR FC yatsikiye, Police FC itsindwa na Bugesera FC, Rayon irakira Muhazi United

Ku munsi wa 13 wa PNL, APR FC yatsikiye, Police FC itsindwa na Bugesera FC, Rayon irakira Muhazi United

Ubwanditsi 06 Dec 2023
Rugg Timothy yegukanye agace ka Musanze-Karongi, Mugisha agumana umwenda w’umuhondo

Rugg Timothy yegukanye agace ka Musanze-Karongi, Mugisha agumana umwenda w’umuhondo

Ubwanditsi 08 Aug 2018
Umunya-Eritrea Biniam Girmay yegukanye agace Karongi-Musanze

Umunya-Eritrea Biniam Girmay yegukanye agace Karongi-Musanze

Ubwanditsi 28 Feb 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abakandida barumbutse Mwenedata Gilbert yiyongereye kubandi  bifuza kuba ba Perezida
POLITIKI

Abakandida barumbutse Mwenedata Gilbert yiyongereye kubandi bifuza kuba ba Perezida

Ubwanditsi 11 May 2017
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 20 Mar 2023
Rwanda Investigation Bureau ngo ije ‘kurushaho’ mu kugenza ibyaha
INKURU NYAMUKURU

Rwanda Investigation Bureau ngo ije ‘kurushaho’ mu kugenza ibyaha

Ubwanditsi 18 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru