• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere   |   09 May 2025

  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

  • Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango   |   06 May 2025

  • Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi   |   05 May 2025

  • Nyuma y’imyaka 8, APR FC yegukanye igikombe cy’Amahoro 2025 itsinze Rayon Sports 2-0   |   04 May 2025

  • APR FC na Rayon Sports zabonye itike yo gukina imikino Nyafurika zizahurira ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2025   |   01 May 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Monusco yunze murya Raporo y’ Itsinda ry’inzobere za Loni yemeza ko Kayumba afite umugambi wo gutera u Rwanda

Monusco yunze murya Raporo y’ Itsinda ry’inzobere za Loni yemeza ko Kayumba afite umugambi wo gutera u Rwanda

Editorial 01 Feb 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Raporo y’impuguke z’akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe umutekano, yagaragaje ko umutwe w’inyeshyamba ufashwa na Kayumba Nyamwasa, ugamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda witoreza muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC)

Tariki 18 Ukuboza 2018, Itsinda ry’inzobere za Loni zikora iperereza ku mutekano mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryashyikirije Komite y’akanama gashinzwe umutekano raporo y’ibyo zabonye.

Muri iyo nyandiko zise ‘Midterm report of the Group of Experts on the Democratic Republic of the Congo’, impuguke zivuga ko inyeshyamba za Kayumba Nyamwasa zikorera mu misozi ya Fizi na Uvira muri Kivu y’Amajyepfo.

Umuyobozi w’Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye ziri mu butumwa bw’Amahoro muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Monusco, Leila Zerrougui, mu kiganiro n’abanyamakuru kuri uyu wa Gatatu w’iki cyumweru dusoza, yatangaje ko bavuganye n’u Rwanda ku bikorwa by’imitwe yitwaje intwaro ishaka kuruhungabanyiriza, umutekano iturutse ku butaka bwa Congo.

Zerrougui uyobora Monusco yemeje ko yakiriye ibaruwa ya Minisitiri Crispin Atama Tabe, isaba ubufasha.  Minisitiri w’Ingabo wa Congo, Crispin Atama Tabe, ku wa 18 Mutarama uyu mwaka yandikiye Monusco asaba izo ngabo ubufasha mu kuburizamo umugambi w’abarwanyi ba FDLR bari bafashe urugendo bagana aho umutwe wa Kayumba Nyamwasa ukorera.

Ati “Kubera ko Congo ishikamye ku byemezo mpuzamahanga yemeye byo kutaba ibirindiro ku mutwe uwo ari wo wose ugamije guhungabanya igihugu duturanye, ndasaba ingabo za Monusco gufasha iza Congo (FARDC) mu kuburizamo uwo mugambi mubisha ushobora guhungabanya umutekano w’akarere kose.”

Nk’uko ikinyamakuru Actualité cyo muri RDC cyabitangaje, MONUSCO ngo yirinze kugaba ibitero kuri abo barwanyi yatungiwe agatoki, kuko ngo bari kumwe n’imiryango irimo abagore n’abana bavaga mu duce twa Masisi.

Ati “Tugomba kugerageza kubwira abo bantu gushyira intwaro hasi kandi nicyo turimo gukora ubu. Twavuganye na bagenzi bacu, abasirikare n’abakora mu ishami ryo gusezerera no gusubiza mu buzima busanzwe abari abasirikare, kandi dukorana n’ubuyobozi bwa Congo, twamaze no kumenyesha ubuyobozi bw’u Rwanda.”

Yavuze ko Monusco ishobobora gufatanya n’ingabo za FARDC mu guhangana n’iyi mitwe nk’uko bafatanyije kugaba ibitero ku nyeshyamba za ADF mu gace ka Beni.

Mu itahurwa ry’amakuru ku bufatanye bwa FDLR na RNC mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda, umwe mu batanze amakuru ukora mu nzego z’umutekano za RDC yavuze ko Bazeye uheruka gutabwa muri yombi, mu bihe bitandukanye yahuye n’abayobozi bakomeye ba Uganda n’indi mitwe irimo RNC, mu mugambi wo gufatanya guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Ibi kandi byakurikiye igihe kinini cy’amakuru avuga ko muri Uganda habera ibikorwa byinshi bigamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda, aho mu bihe bitandukanye habereye ibikorwa byo gushaka abarwanyi bashya, bakajya gutorezwa ibya gisirikare muri Congo.

Raporo igira iti “Nk’uko ababajijwe bahoze ari abarwanyi babivuze, uw’imbere mu gushaka abarwanyi bashya ni umugabo witwa ‘Rashid’ uzwi nka “Sunday/Sunde Charles”. Ni we tumanaho ry’ibanze hagati y’abinjizwa, aho bajyanwa n’abayobozi babo (by’umwihariko Nyamusaraba) baba i Bijabo.”

“Rashid yishyuye ingendo z’abanyamahanga binjijwe mu mutwe bavuye mu bindi bihugu, kugera bageze munzu ye i Bujumbura. Bahageze, basabwe gutanga ibintu byose bafite birimo nk’indangamuntu, amafaranga na telefoni, ubundi bitegura kujya muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.”

Mu kureshya abinjira muri uwo mutwe ngo hifashishwa kubahamagara kuri telefone, guhura nabo amaso ku maso ndetse no gukoresha imbuga nkoranyambaga. Nibura kwinjiza abarwanyi byabaga rimwe mu kwezi, mu mezi umunani ya mbere ya 2018.

Iyo raporo inagira iti “Abahoze ari abarwanyi babajijwe babwiye itsinda ko bajyanwaga n’abantu baziranye cyangwa bene wabo ba kure. Babaga bizera ko bagiye kubona imirimo i Bujumbura. Abenshi babaga baturuka mu Burundi, mu Rwanda na Uganda.”

“Nibura umuntu umwe niwe waturutse muri Malawi. Abahoze ari abarwanyi babwiye itsinda ko abenshi bakiri no muri Bijabo, baturutse muri Kenya, Repubulika ya Tanzania, Afurika y’Epfo na Mozambique.”

Raporo ivuga ko uwo mutwe wagabanyijwemo batayo eshatu, iyitwa Alpha, Bravo na Delta, buri imwe ikaba igizwe n’abarwanyi bagera kuri 120.

Abatoza izo nyeshyamba ni abantu bavuga Ikinyarwanda, bavuga ko bahoze mu ngabo z’u Rwanda nk’uko raporo ibivuga.

Nyamusaraba abwira abarwanyi bashya ko intego y’uwo mutwe ari ukubohoza u Rwanda. Ngo bajya banagaba ibitero ku mitwe irwanya Leta y’u Burundi iba muri Congo nka Forces nationales de libération (FNL) na Résistance pour un état de droit au Burundi (RED Tabara), batumwe na Nkurunziza nawe akabafasha kubaha inzira y’abarwanyi ndetse n’ibikoresho.

Raporo ya Loni ishimangira ko ko intwaro, ibiryo, imiti n’imyambaro byose uwo mutwe ukoresha bituruka i Burundi, ndetse igenda igaragaza n’ingero z’intwaro zinjijwe mu nyeshyamba ziturutse i Bujumbura.

2019-02-01
Editorial

IZINDI NKURU

Uganda : Chimpreports yahawe inkwenene nyuma yo gutangaza ko ingabo z’u Rwanda zambuka muri Uganda gushaka ibiryo

Uganda : Chimpreports yahawe inkwenene nyuma yo gutangaza ko ingabo z’u Rwanda zambuka muri Uganda gushaka ibiryo

Editorial 19 Apr 2019
Igisirikare cya Uganda kirimo gutera mu ngo z’Abanyarwanda gisaka imbunda

Igisirikare cya Uganda kirimo gutera mu ngo z’Abanyarwanda gisaka imbunda

Editorial 25 Feb 2019
Kisangani :“Twatsinze Uganda inshuro eshatu”-Kagame

Kisangani :“Twatsinze Uganda inshuro eshatu”-Kagame

Editorial 01 Apr 2019
Ubucukumbuzi: Rusesabagina Paul mu mazi abira na bagenzi be barenga bane ,  bombori bombori muri CNRD-Ubwiyunge nyuma yuko bamwe mubasirikare bashaka kwirukana Gen. Hamada

Ubucukumbuzi: Rusesabagina Paul mu mazi abira na bagenzi be barenga bane ,  bombori bombori muri CNRD-Ubwiyunge nyuma yuko bamwe mubasirikare bashaka kwirukana Gen. Hamada

Editorial 09 Nov 2019
Uganda : Chimpreports yahawe inkwenene nyuma yo gutangaza ko ingabo z’u Rwanda zambuka muri Uganda gushaka ibiryo

Uganda : Chimpreports yahawe inkwenene nyuma yo gutangaza ko ingabo z’u Rwanda zambuka muri Uganda gushaka ibiryo

Editorial 19 Apr 2019
Igisirikare cya Uganda kirimo gutera mu ngo z’Abanyarwanda gisaka imbunda

Igisirikare cya Uganda kirimo gutera mu ngo z’Abanyarwanda gisaka imbunda

Editorial 25 Feb 2019
Kisangani :“Twatsinze Uganda inshuro eshatu”-Kagame

Kisangani :“Twatsinze Uganda inshuro eshatu”-Kagame

Editorial 01 Apr 2019
Ubucukumbuzi: Rusesabagina Paul mu mazi abira na bagenzi be barenga bane ,  bombori bombori muri CNRD-Ubwiyunge nyuma yuko bamwe mubasirikare bashaka kwirukana Gen. Hamada

Ubucukumbuzi: Rusesabagina Paul mu mazi abira na bagenzi be barenga bane ,  bombori bombori muri CNRD-Ubwiyunge nyuma yuko bamwe mubasirikare bashaka kwirukana Gen. Hamada

Editorial 09 Nov 2019
Uganda : Chimpreports yahawe inkwenene nyuma yo gutangaza ko ingabo z’u Rwanda zambuka muri Uganda gushaka ibiryo

Uganda : Chimpreports yahawe inkwenene nyuma yo gutangaza ko ingabo z’u Rwanda zambuka muri Uganda gushaka ibiryo

Editorial 19 Apr 2019
Igisirikare cya Uganda kirimo gutera mu ngo z’Abanyarwanda gisaka imbunda

Igisirikare cya Uganda kirimo gutera mu ngo z’Abanyarwanda gisaka imbunda

Editorial 25 Feb 2019
prev
next

2 Ibitekerezo

  1. Btwenge
    February 1, 201912:01 pm -

    EREGA IBYARIMO
    GUKORA SUBWAMBERE
    ABIKOZE KUKO
    YIGEZE KUBIKORA
    TALIKI YAMBERE. UKWAKIRA
    ATURUTSE. UGANDA
    NDUMVA BITABATANGAZA
    ARIKO UWITWA
    SANKARA WE
    NTAWAMENYERA. INKURUYE
    UMURENGWE WICA NKINZARA
    INZARA YICE NKUMURENGWE
    ABO BOSE NABASHAKA
    KUNYUNYUZA RUBANDA RUGUFI
    NABA MARARA BAZEYI WE
    AKE KARARANGIYE
    EREGA NTAGAHORA. GAHANZE
    KADAFI. IDI AMINI. MOBUTU
    SADAMU. NARI NIBAGIWE
    HITLELI. NORIEGA.
    NIBESHI NABANDI BARI MUNZIRA
    UBAMBA URWANDA NTAKURURA

    Subiza
    • Sunday
      February 1, 20197:42 pm -

      WIBAGIWE UMWICANYI INZOBERE KAGOME

      Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru