• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Mozambique: Umunyarwanda yarasiwe mu iduka yitaba Imana

Mozambique: Umunyarwanda yarasiwe mu iduka yitaba Imana

Editorial 23 Sep 2017 ITOHOZA

Abantu bitwaje intwaro baraye barashe umusore w’Umunyarwanda witwa Niyongira Theobald, wakoreraga muri Mozambique ubwo bamusangaga mu iduka bakamutwara n’amafaranga.

Uyu musore w’imyaka 25, uvuka mu Karere ka Nyaruguru mu Ntara y’Amajyepfo, yari amaze umwaka n’iice ageze muri Mozambique aho yari afite umuntu acururiza mu iduka ryo mu Mujyi wa Mozart.

Umwe mu bayobozi ba diaspora nyarwanda muri Mozambique yatangaje ko abishe uyu musore bahengereye bagenzi be bakorana bamaze gusohoka bagahita bamwinjirana ari na bwo bamurashe bakamutwara amafaranga ataramenyekana umubare.

Yagize ati “ Byabaye mu ijoro ryakeye, byatubabaje kuko ni umusore wari ukiri muto waje gushaka amaramuko nk’abandi bose.”

Uyu muyobozi yavuze ko Diaspora ya Mozambique irimo itegura umuhango wo kumushyingura kuko atazashyingurwa mu Rwanda ndetse bitegura no kuzafata mu mugongo umuryango we.

Muri iki gihugu ngo hakunze kugaragara ubugizi bwa nabi n’ubujura bikorerwa abanyamahanga bacururiza mu bice bitandukanye by’umwihariko Abanyarwanda n’Abarundi bahafite ubucuruzi bugaragara ariko badafite uburinzi bukomeye.

Ambasaderi w’u Rwanda mu bihugu bya Afurika y’Amajyepfo birimo na Mozambique, Vincent Karega yatangaje ko hari umunyagihugu Polisi ikeka nubwo itaramuta muri yombi.

-8083.jpg

Ambasaderi Vincent Karega

Yagize ati “Amakuru nabonye ni uko yari umucungamari w’iduka ry’abandi banyarwanda. Yarashwe mu ma saa tatu akinga iduka yakoragamo, uwamurashe atwara amafaranga. Ako gace ubundi gasnzwe gafite umutekano ariko mu minsi ishize hari ubujura bw’imbunda bwabaye ahandi habiri ariko ho ntawishwe.Hari umunyagihugu polisi ikeka kandi ikurikirana itarafata. Icyo twavuga ni ubujura n’ubugizi bwa nabi.”

Yakomeje avuga ko iyo habaye igikorwa nk’iki basaba ubuyobozi bwa Mozambique kubikurikirana atanga inama ku banyarwanda batuye muri iki gihugu ko bajya bafatanya bagatabarana bagasangira amakuru ku mutekano wabo.

Kugeza ubu muri Mozambique hatuye Abanyarwanda bagera ki bihumbi bitatu.Amb. Karega yavuze koleta y’u Rwanda iteganya gufungura ’Consulat General’ i Maputo yegereye abanyarwanda n’ubuyobizi bwa Mozambique.

-8082.jpg

-8081.jpg

-8080.jpg

2017-09-23
Editorial

IZINDI NKURU

Umurundi yacikanye amapingu ahungira mu Rwanda

Umurundi yacikanye amapingu ahungira mu Rwanda

Editorial 20 Aug 2016
Buruseli : Rudasingwa yateguye umuhango wo kwibuka Habyarimana, Interahamwe  na  Ex. FAR, baguye kurugamba

Buruseli : Rudasingwa yateguye umuhango wo kwibuka Habyarimana, Interahamwe na Ex. FAR, baguye kurugamba

Editorial 24 Sep 2016
Urubanza rwa Murekezi ukekwaho Jenoside rwasubitswe, hitabazwa Minisiteri

Urubanza rwa Murekezi ukekwaho Jenoside rwasubitswe, hitabazwa Minisiteri

Editorial 18 Jan 2017
Icyegereranyo cyiswe ‘Burundi: Ingabo mu bibazo’ cyavuze n’akari imurori muri aba bashinzwe umutekano

Icyegereranyo cyiswe ‘Burundi: Ingabo mu bibazo’ cyavuze n’akari imurori muri aba bashinzwe umutekano

Editorial 12 Apr 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida  KIM JONG UN amaze kumena amaraso y’abantu benshi
ITOHOZA

Perezida KIM JONG UN amaze kumena amaraso y’abantu benshi

Editorial 31 Dec 2016
Nigeria: Perezida Kagame yahamagariye Abanyafurika gutungwa n’ibyo baruhiye
POLITIKI

Nigeria: Perezida Kagame yahamagariye Abanyafurika gutungwa n’ibyo baruhiye

Editorial 24 Aug 2016
Dore Icyo Utari uzi kuri “Secret Service” umutwe w’ abasore n’abakobwa bafite ubwenge budasanzwe barinda Perezida wa USA
Mu Mahanga

Dore Icyo Utari uzi kuri “Secret Service” umutwe w’ abasore n’abakobwa bafite ubwenge budasanzwe barinda Perezida wa USA

Editorial 27 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru