• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • APR FC na Rayon Sports agomba kwishyura ibihumbi 200 kugirango yemererwe gukina umwaka w’imikino wa 2025-2026   |   13 Aug 2025

  • Imyaka 21 y’Ubwicanyi bwa Gatumba: Ubutabera Bwaratinze, CNDD-FDD Ikomeje Kubangamira Kwibuka   |   13 Aug 2025

  • Ngoga Shema Fabrice yemejwe nk’umukandida rukumbi wemerewe kwiyamamariza umwanya w’Umuyobozi wa FERWAFA   |   12 Aug 2025

  • AMAFOTO – Ikipe ya Rayon Sports yamuritse imyambaro mishya izakoresha mu mwaka utaha w’imikino wa 2025-2026   |   11 Aug 2025

  • Ibinyoma bishinja M23 kwica abaturage byambitswe ubusa   |   11 Aug 2025

  • Protais Zigiranyirazo igisobanuro cy’umunyembaraga wishe Abatutsi akagirwa umwere n’abazungu bateguye Jenoside   |   10 Aug 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Mpayimana Philippe yashinze ishyaka

Mpayimana Philippe yashinze ishyaka

Editorial 05 Nov 2018 ITOHOZA

Umunyapolitiki Mpayimana Philippe yashize ishyaka yise PPR (Parti du Progrès du Peuple Rwandais) riharanira iterambere ry’abanyarwanda.

Mpayimana w’imyaka 48 kuri uyu wa Gatandatu nibwo abinyujije ku mbuga nkoranyambaga yatangaje ko yashinze ishyaka.

Mu kiganiro Mpayimana yahaye Itangazamakuru,  uyu mugabo watsinzwe mu matora ya Perezida umwaka ushize n’ay’abadepite uyu mwaka, yavuze ko icy’ingenzi cyamuteye gushinga ishyaka azagitangaza mu minsi iri imbere.

Icyakora yavuze ko hari hakenewe ishyaka rizana ibindi bitekerezo kugira ngo iterambere u Rwanda rugezeho ridasubira inyuma.

Ati “Icy’ingenzi ni ugufatanya n’abandi banyarwanda, twerekana izindi nzira z’iterambere rirambye kuko iterambere rishobora kubaho ariko rikaba ryagira n’inzitizi zo gusubira inyuma. Niyo mpamvu tuba tugomba kuzana ibindi bisubizo kugira ngo ridasubira inyuma.”

Kuba yaratsinzwe ubugira kabiri mu matora, ni imwe mu mpamvu zatumye Mpayimana ashinga ishyaka.

Mu matora y’abadepite aherutse, amashyaka atavuga rumwe na Leta arimo Democratic Green Party of Rwanda na PS Imberakuri yabashije kubona amajwi ayemerera guhagararirwa bwa mbere mu Nteko Ishinga Amategeko, mu gihe mu bakandida bigenga nta n’umwe wabonye amajwi asabwa.

Mpayimana yavuze ko kwiyamamaza wenyine nta ngufu bigira nk’iz’umuntu ufite ishyaka.

Ati “Icy’ingenzi ni uko (nshinga ishyaka) ntabikoranye umujinya. Umukandida wigenga aba afite intege nke kandi tujya muri uyu murimo duharanira gutsinda, duharanira gutanga ibyo twateguriye igihugu. Niyo mpamvu tugomba guhindura uburyo bw’imikorere.”

Ishyaka PPR ntirirandikwa mu mategeko nk’umutwe wa politiki wemewe mu Rwanda.

Kugira ngo ryandikwe bimwe mu byo risabwa harimo kugaragaza umubare w’abantu nibura 200 barimo batanu muri buri Karere bashyize umukono ku mategeko shingiro arigenga.

Mpayimana avuga ko igitekerezo cyo kurishinga agisangiye n’abandi bantu bagera ku icumi, ubu bakaba bari gukora ibishoboka byose ngo babanze kubona abarwanashyaka b’imena.

Uyu mugabo wahoze aba mu Bufaransa, yavuze ko icyo asaba abanyarwanda ari ugufata abanyapolitiki nk’abakozi babo aho kubasuzugura.

Ati “Hari abantu banga politiki, bakayitinya kubera ko bakeka ko atari itegeko rya buri wese kubijyamo ariko bubashye uwabigiyemo bakumva ko abashakira ineza, bizaba biri mu byiza byo kuvugurura umurimo wa politiki mu Rwanda.”

Mpayimana yanze kugira icyo atangaza ku kuba ishyaka rye rizaba ritavuga rumwe na Leta cyangwa rizaba riri mu murongo wa Leta.

Kugeza ubu mu Rwanda habarizwa amashyaka 11 yemewe n’amategeko arimo FPR Inkotanyi, PSD, PL, PDI, PDC, PSR, UDPR , PPC, PSP, Democratic Green Party of Rwanda na PS Imberakuri.

2018-11-05
Editorial

IZINDI NKURU

Paris : Urujijo ni rwose  mu rubanza rwa Ngenzi na Barahira

Paris : Urujijo ni rwose mu rubanza rwa Ngenzi na Barahira

Editorial 09 May 2016
Urukiko rwanzuye ko Kanyankole wayoboraga BRD afungwa by’agateganyo iminsi 30.

Urukiko rwanzuye ko Kanyankole wayoboraga BRD afungwa by’agateganyo iminsi 30.

Editorial 23 Oct 2018
Rugema Kayumba na Kale Kayihura  ninde ukwiye kuregwa mu Rukiko mpuzamahanga [ ICC ]

Rugema Kayumba na Kale Kayihura  ninde ukwiye kuregwa mu Rukiko mpuzamahanga [ ICC ]

Editorial 06 Mar 2018
Umunyarwanda wabaga muri Canada yaguye muri Turikiya agana i Kigali

Umunyarwanda wabaga muri Canada yaguye muri Turikiya agana i Kigali

Editorial 17 Oct 2018
Paris : Urujijo ni rwose  mu rubanza rwa Ngenzi na Barahira

Paris : Urujijo ni rwose mu rubanza rwa Ngenzi na Barahira

Editorial 09 May 2016
Urukiko rwanzuye ko Kanyankole wayoboraga BRD afungwa by’agateganyo iminsi 30.

Urukiko rwanzuye ko Kanyankole wayoboraga BRD afungwa by’agateganyo iminsi 30.

Editorial 23 Oct 2018
Rugema Kayumba na Kale Kayihura  ninde ukwiye kuregwa mu Rukiko mpuzamahanga [ ICC ]

Rugema Kayumba na Kale Kayihura  ninde ukwiye kuregwa mu Rukiko mpuzamahanga [ ICC ]

Editorial 06 Mar 2018
Umunyarwanda wabaga muri Canada yaguye muri Turikiya agana i Kigali

Umunyarwanda wabaga muri Canada yaguye muri Turikiya agana i Kigali

Editorial 17 Oct 2018
Paris : Urujijo ni rwose  mu rubanza rwa Ngenzi na Barahira

Paris : Urujijo ni rwose mu rubanza rwa Ngenzi na Barahira

Editorial 09 May 2016
Urukiko rwanzuye ko Kanyankole wayoboraga BRD afungwa by’agateganyo iminsi 30.

Urukiko rwanzuye ko Kanyankole wayoboraga BRD afungwa by’agateganyo iminsi 30.

Editorial 23 Oct 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Turamagana Ibirego bya HCR kubera ko U Rwanda ari Ikitegererezo mu Kwita ku Mpunzi n’Abimukira

Turamagana Ibirego bya HCR kubera ko U Rwanda ari Ikitegererezo mu Kwita ku Mpunzi n’Abimukira

17 Jul 2025
Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru