• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Victoire Ingabire: Yahisemo kuba Umugaragu w’abifuza gusubiza u Rwanda habi   |   25 Jun 2025

  • Tuyishime Placide uzwi nka Trump yakoze ihererekanyabubasha na Nsengiyumva Richard umusimbuye mu kuyobora Musanze FC   |   25 Jun 2025

  • Uko Opération Turquoise Yakamye Ikimasa Mu Rwanda   |   25 Jun 2025

  • Amerika na Israel batangaje ibikomeye ku ntambara na Iran: “Ni igihe cyo guhitamo amahoro cyangwa kurimbuka”   |   24 Jun 2025

  • Intambara ziri kubera ku Isi muri iki gihe: Ingaruka, Impamvu n’Impungenge Mpuzamahanga   |   24 Jun 2025

  • AMAFOTO: APR FC yerekanye abakinnyi bashya barimo uwabaye umukinnyi mwiza muri Burkina Faso   |   22 Jun 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Mpayimana Philippe yashyikirije NEC kandidatire ku mwanya w’Ubudepite

Mpayimana Philippe yashyikirije NEC kandidatire ku mwanya w’Ubudepite

Editorial 25 Jul 2018 POLITIKI

Nyuma yo gutsindwa amatora ya Perezida wa Repubulika yabaye yabaye muri Kanama 2017, Mpayimana Philippe, yashyikirije Komisiyo y’Amatora (NEC), ibisabwa kugira ngo yemererwe kwiyamamaza nk’umukandida wigenga mu matora y’Abadepite ateganyijwe muri Nzeri uyu mwaka.

Abinyujije kuri Facebook ye, Mpayimana Phillipe yagize ati “Uyu munsi kuwa 25 Nyakanga 2018, Mpayimana Philippe yagejeje ibisabwa na Komisiyo y’amatora kugira ngo yemererwe kuziyamamariza kuba umudepite mu matora yo kuwa 02-03/09/2018. Muri ibyo bisabwa harimo imikono y’abashyigikiye kandidatire igeze kuri 780, yasinyishije mu turere twose tw’igihugu”.

Yakomeje asobanura ko muri iyo mikono yose, Komisiyo y’igihugu y’amatora izagenzura niba nibura 600 muri iyo iboneye, ku buryo haboneka nibura abantu 12 batuye kandi batorera muri buri karere.

Ati “Mpayimana Philippe arashimira abamuhaye umukono bose, babigiriye gukunda igihugu no gushyigikira demokarasi. Bamwongereye kandi icyizere cyo kuzahagararira abaturage mu Nteko y’Abadepite”.

Tariki ya 13 Kamena nibwo Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC), yahaye uburenganzira abifuza kuba abakandida bigenga mu matora y’abagize Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite, bwo gutangira gushaka ababasinyira.

Nk’uko Iteka rya Perezida rigena iminsi y’amatora n’igihe cyo kwiyamamaza mu matora y’Abadepite ribiteganya, Komisiyo y’Igihugu y’Amatora yatangiye kwakira kandidatire ku wa 12- 25 Nyakanga; kwiyamamaza bizatangira ku wa 13 Kanama kugeza ku wa 1 Nzeri 2017. Inteko Ishinga Amategeko Umutwe w’Abadepite ugizwe n’imyanya 80 ariko ihatanirwa n’imitwe ya politiki ni 53, indi 24 igenewe abagore, ibiri igenewe urubyiruko, undi usigaye ukajyamo uhagarariye abafite ubumuga.

Mpayimana kimwe n’abandi bakandida bigenga bakaba basabwa kugira nibura amajwi 5% kugira ngo babone amahirwe yo kwicara mu Nteko Ishinga Amategeko.

Mu matora y’Umukuru w’Igihugu yabaye muri Kanama umwaka ushize, Mpayimana yagize amajwi ya kabiri, abamutoye imbere mu gihugu ni 49 117 bangana n’amajwi 0.73%.

2018-07-25
Editorial

IZINDI NKURU

Liberiya: George Weah ategerejwe na benshi mu muhango wo kurahirira kuba umukuru w’igihugu.

Liberiya: George Weah ategerejwe na benshi mu muhango wo kurahirira kuba umukuru w’igihugu.

Editorial 22 Jan 2018
Gen Emmy Ruvusha niwe muyobozi mushya w’ingabo za RDF ziri muri Mozambique

Gen Emmy Ruvusha niwe muyobozi mushya w’ingabo za RDF ziri muri Mozambique

Editorial 21 Aug 2024
USA: Umuyobozi wa Kabiri yahishuye ko Perezida Trump ari mu nzira yo kweguzwa

USA: Umuyobozi wa Kabiri yahishuye ko Perezida Trump ari mu nzira yo kweguzwa

Editorial 07 Oct 2019
Icyizere ku masezerano y’isoko rusange muri Afurika agomba gusinyirwa i Kigali

Icyizere ku masezerano y’isoko rusange muri Afurika agomba gusinyirwa i Kigali

Editorial 15 Mar 2018
Liberiya: George Weah ategerejwe na benshi mu muhango wo kurahirira kuba umukuru w’igihugu.

Liberiya: George Weah ategerejwe na benshi mu muhango wo kurahirira kuba umukuru w’igihugu.

Editorial 22 Jan 2018
Gen Emmy Ruvusha niwe muyobozi mushya w’ingabo za RDF ziri muri Mozambique

Gen Emmy Ruvusha niwe muyobozi mushya w’ingabo za RDF ziri muri Mozambique

Editorial 21 Aug 2024
USA: Umuyobozi wa Kabiri yahishuye ko Perezida Trump ari mu nzira yo kweguzwa

USA: Umuyobozi wa Kabiri yahishuye ko Perezida Trump ari mu nzira yo kweguzwa

Editorial 07 Oct 2019
Icyizere ku masezerano y’isoko rusange muri Afurika agomba gusinyirwa i Kigali

Icyizere ku masezerano y’isoko rusange muri Afurika agomba gusinyirwa i Kigali

Editorial 15 Mar 2018
Liberiya: George Weah ategerejwe na benshi mu muhango wo kurahirira kuba umukuru w’igihugu.

Liberiya: George Weah ategerejwe na benshi mu muhango wo kurahirira kuba umukuru w’igihugu.

Editorial 22 Jan 2018
Gen Emmy Ruvusha niwe muyobozi mushya w’ingabo za RDF ziri muri Mozambique

Gen Emmy Ruvusha niwe muyobozi mushya w’ingabo za RDF ziri muri Mozambique

Editorial 21 Aug 2024
prev
next

Igitekerezo kimwe

  1. KATSIBWENENE
    July 26, 20188:27 am -

    Amahirwe masa

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru