• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Imyaka 20 y’ubutegetsi bwa CNDD FDD yoretse u Burundi mu manga ikomeye   |   06 Jun 2025

  • Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire   |   04 Jun 2025

  • Ibihugu Umunani byo ku migabane itandukanye, bigiye guhurira mu Rwanda mu irushanwa ryo Kwibuka ku ncuro ya 31 Genocide yakorewe Abatutsi 1994   |   03 Jun 2025

  • Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse   |   03 Jun 2025

  • Amavubi yatangiye umwiherero muri Algeria, Manishimwe Djabel yangiwe kwinjira mu gihugu , Rafael York ntiyatanze impamvu yo kutitabira umwihero   |   02 Jun 2025

  • Niyigena Clément wa APR FC n’uwahoze ari umutoza we Darko Novic mu begukanye ibikombe by’abahize abandi muri Rwanda Premier League 2024-2025   |   31 May 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Mu gushaka guhindura itegeko nshinga hari icyo Museveni amaze kwigira kuri Nkurunziza

Mu gushaka guhindura itegeko nshinga hari icyo Museveni amaze kwigira kuri Nkurunziza

Editorial 16 Dec 2017 INKURU NYAMUKURU

Prezida Museveni wa Uganda na Nkurunziza w’u Burundi bararwana ingamba zisa zo guhindura itegeko nshinga ry’ibihugu byabo manda yo kumara ku butegetsi ikaba ndende kurushaho !

Muri Uganda manda y’umukuru w’igihugu kumara ku butegetsi yahoze imyaka itanu yongezwa incuro imwe gusa ariko muri 2005 itegeko nshinga rirahindurwa, binyuze muri referendum, manda ebyiri ntarengwa zikurwaho Museveni akomeza kwiyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu nta nkomyi.

Mu Burundi ho itegeko nshinga riracyavuga yuko manda y’umukuru w’igihugu ari imyaka itanu kandi umuntu akaba adashobora kurenza manda ebyiri. Muri 2015 ariko Perezida Nkurunziza ibyo yabirenzeho yiyamamariza manda ya gatatu aribyo byatumye u Burundi bujya mu kaga na n’ubu butarashobora kwikuramo.

Abarundi bamaze iminsi mu mishyikirano Arusha yarangiye itagize na gito igeraho. Kimwe mu bitumvikanwagwaho n’uko abatavuga rumwe na leta barwanyaga yuko habaho ibyo guhindura itegeko nshinga mu buryo ubwo aribwo bwose.

Bakiva Arusha ariko, tariki 12 z’uku kwezi, Perezida Kurunziza yanyarukiye Bugendana mu ntara ya Gitega atangiza umuhango wo kuvugurura itegeko nshinga mu buryo bumwemerera kuzongera kwiyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika, ariko noneho manda ntarengwa zikaba ebyiri z’imyaka irindwi aho kuba ebyiri z’imyaka itanu nk’uko byari bimeze mu itegeko nshinga ririho n’ubwo nabwo Muri Mata 2015 Nkurunziza yaryishe akiyamamariza manda ya gatatu !

Muri Uganda ho ikibazo bamaze igihe bagundagurana nacyo ni icy’imyaka y’amavuko umuntu agomba kuba atarengeje, mu gihe ashaka kwiyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika. Imyaka umuntu atagomba kuba arengeje ni 75. Bivuze rero y’uko Museveni ubu ufite imyaka 73 y’amavuko atemerewe kuzongera kwiyamamariza umwanya wa Perezida kuko mu matora ataha azaba arengeje iyo myaka 75.

Umushinga w’itegeko ukuraho ibyo by’imyaka y’amavuko itemerera umuntu kwiyamamariza umwanya wa Perezida ugejejwe mu nteko ngo wigweho, abadepite bo muri opozisiyo nab’ishyaka NRM riri ku butegetsi bararwanye, benshi bagira impungenge yuko Uganda  ishobora guhinduka u Burundi bwo kuva Mata 2015 ariko Imana ikinga akaboko !

Hari amashilingi akabakaba miliyoni 30 buri mudepite wa Uganda yahawe ngo ajye kumvisha abamutoye iby’uko kuvugurura itegeko nshinga ngo Museveni azashobore kongera kwiyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika. Obo muri opozisiyo ayo mafaranga bayafata nka ruswa yahawe abadepite, ku buryo hari na bamwe bahisemo kuyasubiza ! Hakaba n’amakuru avuga yuko ayo ari amafaranga yahawe abadepite bose muri rusange ngo ariko hari n’agera ku mashilingi miliyoni 40 Museveni yagiye aha abadepite ba NRM mu ibanga ngo bashyiremo imbaraga nyishi kurushaho kugira ngo itegeko nshinga rihinduke ku buryo bumunogeye !

Icyo Museveni ahuriyeho cyane na Nkurunziza n’uko bombi bashaka kuzongera kwiyamamaza, kandi itegeko nshinga rikaba rigomba kubanza guhindurwa. Muri uko guhindura itegeko nshinga hari aho Nkurunziza agaragara kuba umwarimu wa Museveni. Ubu no muri Uganda batangiye kuvuga ibya manda y’imyaka irindwi, yongerwa icuro imwe ku mwanya w’umukuru w’igihugu. Nkurunziza ariko we hari icyo adashaka kwigira kuri Museveni, arireba we wenyine gusa. Museveni we arasha yuko n’amanda y’abadepite yongerwa, akava ku myaka itanu ikajya ku myaka irindwi. Abadepite ba NRM bo bakavuga yuko ibyo ari ngombwa, kandi n’aba bariho imyaka itanu batorewe ikongerwaho ibiri.

Abaturage babatoreye imyaka itanu none ngo biyongereho indi ibiri ngo kandi ingingo 77(3) irabibemerera ! Ubwo niba atari ububandi n’iki ? Musevi uyu munsi mu gitondo yumvikanye kuri BBC y’igiswayire avuga yuko ashyigikiye cyane ibya manda y’imyaka irindwi, ngo kuko manda y’imyaka itanu ntacyo waba wari washobora kumarira abaturage. Ngo gutegeka imyaka itanu ni ukuzuza CV gusa !

Mu gihe mu Burundi no muri Uganda bashaka guhindura itegeko ngo manda ibe imyaka irindwi, hano mu Rwanda manda ya Perezida wa Repubulika yaragabanyijwe iva ku myaka irindwi ishyirwa kuri itanu mk’uko bimeze kuri manda y’abadeite. Ni ibihugu bike cyane hano ku isi manda zigera ku myaka irindwi.

Casmiry Kayumba

 

2017-12-16
Editorial

IZINDI NKURU

Uko Abayobozi ba FDLR batwawe ijoro ryose bajyanwa i Kampala n’ubutumwa Museveni yabahaye

Uko Abayobozi ba FDLR batwawe ijoro ryose bajyanwa i Kampala n’ubutumwa Museveni yabahaye

Editorial 07 Jan 2019
Umwuka mubi hagati y’u Rwanda na Uganda utumye Museveni agiye kwirukana Abanyarwanda muri Uganda nk’uko Obote yabikoze muri [19 82]

Umwuka mubi hagati y’u Rwanda na Uganda utumye Museveni agiye kwirukana Abanyarwanda muri Uganda nk’uko Obote yabikoze muri [19 82]

Editorial 22 Nov 2018
Burundi: Perezida Nkurunziza yagizwe umuyobozi w’ikirenga wa CNDD-FDD iteka n’iteka

Burundi: Perezida Nkurunziza yagizwe umuyobozi w’ikirenga wa CNDD-FDD iteka n’iteka

Editorial 12 Mar 2018
Ukuri : Kizito Mihigo yatawe muri yombi ashaka “kujya mu mitwe y’iterabwoba” ikorera I Burundi

Ukuri : Kizito Mihigo yatawe muri yombi ashaka “kujya mu mitwe y’iterabwoba” ikorera I Burundi

Editorial 14 Feb 2020
Uko Abayobozi ba FDLR batwawe ijoro ryose bajyanwa i Kampala n’ubutumwa Museveni yabahaye

Uko Abayobozi ba FDLR batwawe ijoro ryose bajyanwa i Kampala n’ubutumwa Museveni yabahaye

Editorial 07 Jan 2019
Umwuka mubi hagati y’u Rwanda na Uganda utumye Museveni agiye kwirukana Abanyarwanda muri Uganda nk’uko Obote yabikoze muri [19 82]

Umwuka mubi hagati y’u Rwanda na Uganda utumye Museveni agiye kwirukana Abanyarwanda muri Uganda nk’uko Obote yabikoze muri [19 82]

Editorial 22 Nov 2018
Burundi: Perezida Nkurunziza yagizwe umuyobozi w’ikirenga wa CNDD-FDD iteka n’iteka

Burundi: Perezida Nkurunziza yagizwe umuyobozi w’ikirenga wa CNDD-FDD iteka n’iteka

Editorial 12 Mar 2018
Ukuri : Kizito Mihigo yatawe muri yombi ashaka “kujya mu mitwe y’iterabwoba” ikorera I Burundi

Ukuri : Kizito Mihigo yatawe muri yombi ashaka “kujya mu mitwe y’iterabwoba” ikorera I Burundi

Editorial 14 Feb 2020
Uko Abayobozi ba FDLR batwawe ijoro ryose bajyanwa i Kampala n’ubutumwa Museveni yabahaye

Uko Abayobozi ba FDLR batwawe ijoro ryose bajyanwa i Kampala n’ubutumwa Museveni yabahaye

Editorial 07 Jan 2019
Umwuka mubi hagati y’u Rwanda na Uganda utumye Museveni agiye kwirukana Abanyarwanda muri Uganda nk’uko Obote yabikoze muri [19 82]

Umwuka mubi hagati y’u Rwanda na Uganda utumye Museveni agiye kwirukana Abanyarwanda muri Uganda nk’uko Obote yabikoze muri [19 82]

Editorial 22 Nov 2018
prev
next

Igitekerezo kimwe

  1. MAOMBI jOHN
    August 7, 201812:48 pm -

    UZIKO MURI IBIGORYI KOKO!!! KO MUTATANGIRIYE KURI KAGAME KO ARIWE WATANGIYE GUHINDURA

    ITEGEKO AGAHITA YIHA AMANOTA 90 KWIJANA NGO YATOWE MUGIHE ISI YOSE IZIKO YANGWA NA

    RUBANDA NYAMWINSHI BARENGA 80 KWIJANA YICISHA NZARAMBA!!!1 KUKI MURI IBICUCU BIGEZAHO?

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru