• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Mu Rwanda haratangira inama y’abayobozi b’inzego z’Iperereza n’Umutekano za Afurika

Mu Rwanda haratangira inama y’abayobozi b’inzego z’Iperereza n’Umutekano za Afurika

Ubwanditsi 01 Aug 2016 Mu Mahanga

Kuva none tariki ya 1 kugeza ku ya 6 Kanama mu Rwanda harateranira inama ya Komite ihuza y’inzego zishinzwe Iperereza n’Umutekano z’Ibihugu bya Afrika baturutse hirya no hino ku mugabane wa Afrika.

U Rwanda rwongeye kwakira inama yo kurwego rwo hejuru nyuma yo kwakira neza Inama ya 27 y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) yabaye kuva tariki 10 kugeza 18 Nyakanga.

Inama izaba ifite insangamatsiko yitwa “countering the growing threat of abuse of universal jurisdiction against Africa” aho abitabira iyi nama baganira ku mbogamizi Afrika ihura nazo harimo n’ ikoreshwa nabi ry’amasezerano yo gukurikirana ibyaha mpuzamahanga aho usanga Afrika ariyo yibasirwa cyane kurusha ahandi.

Iyi nama yateguwe ku bufatanya hagati ya leta y’u Rwanda ihagarariwe n’urwego rw’igihugu rushinzwe iperereza n’umutekano (NISS) ndetse n’ubunyamabanga bwa Komite bw’inzego z’ibihugu bya Afrika bishinzwe Iperereza n’Umutekano mu cyongereza yitwa “Committee of Intelligence and Security Services of Africa (CISSA).”

Brig Gen Joseph Nzabamwita Umunyamabanga Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe umutekano n’iperereza (NISS) yatangarije ibinyamakuru ko iyi nama yiga ku bijyanye n’umutekano n’imikoranire y’izo nzego mu kubungabunga umutekano wa Afrika.

-3456.jpg

Brig Gen Joseph Nzabamwita Umunyamabanga Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe umutekano n’iperereza (NISS)

U Rwanda rwiteguye kwakira neza mu rugwiro dusanganywe, abashyitsi bitabira iyi nama ibereye ubwa mbere mu gihugu cy’u Rwanda.

Uyu ukaba ari umwanya mwiza wo kwerekana aho u Rwanda rugeze mu iterambere, umutekano dufite ndetse naho tugeze tuwugeza kubandi banyafurika no hirya y’umugabane.

Kuba umunyamuryango wa CISSA bisabwa na buri rwego rw’iperereza rwa buri gihugu cy’Afurika kibyifuza bikagezwa ku bunyamabanga bwa CISSA bikemezwa n’inzego z’Iperereza n’Umutekano bigize uru rwego. Kugeza ubu Ibihugu binyamuryango bigera kuri 51.

-3452.jpg

Kigali Convention Centre (KCC) yakiriye iyi nama ya Komite ihuza inzego
zishinzwe Iperereza n’Umutekano z’ibihugu bya Afrika

Intego y’iyi nama ni ukungurana ibitekerezo ndetse no gufata imyanzuro izafasha ibihugu bya Afrika kunoza umutekano ndetse no kongera imikoranire hagati y’inzego z’Iperereza n’Umutekano mu guhanahana amakuru yagirira akamaro ibihugu bigize umugabane wa Afurika.

-3457.jpg

RDF : Umutekano n’Inkingi ya buri wese

Cyiza Davidson

2016-08-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

IGP Gasana yasabye inzego zifite aho zihuriye n’ubutabera kunoza serivisi zitanga

IGP Gasana yasabye inzego zifite aho zihuriye n’ubutabera kunoza serivisi zitanga

Ubwanditsi 02 Aug 2016
Uganda: Umuminisitirikazi arashinjwa gukorera iyicarubozo umugore yatwariye umugabo

Uganda: Umuminisitirikazi arashinjwa gukorera iyicarubozo umugore yatwariye umugabo

Ubwanditsi 26 Oct 2018
Perezida Kagame yageze muri Cuba yaherukagamo mu myaka 36

Perezida Kagame yageze muri Cuba yaherukagamo mu myaka 36

Ubwanditsi 15 Sep 2023
Kayisire Clarisse wiyise Mukundente Ariane nareke gushinyagurira umuryango wa Paul Gakuba hamwe n’inshuti ze z’interahamwe yikwiyitirira uyu muryango kuko nta bigarasha biwubarizwamo

Kayisire Clarisse wiyise Mukundente Ariane nareke gushinyagurira umuryango wa Paul Gakuba hamwe n’inshuti ze z’interahamwe yikwiyitirira uyu muryango kuko nta bigarasha biwubarizwamo

Ubwanditsi 30 Apr 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abanyamakuru b’Ikinyamakuru Iwacu Voix du Burundi bafunguwe nyuma y’igitutu cy’Imiryango mpuzamahanga
Amakuru

Abanyamakuru b’Ikinyamakuru Iwacu Voix du Burundi bafunguwe nyuma y’igitutu cy’Imiryango mpuzamahanga

Ubwanditsi 25 Dec 2020
Uganda: Kirumira uheruka gusezera mu gipolisi yarashwe arapfa
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Kirumira uheruka gusezera mu gipolisi yarashwe arapfa

Ubwanditsi 09 Sep 2018
Ibitekerezo – FERWAFA yemeje ko abakinnyi b’abanyamahanga bakina ari 10 ku mukino, hakabanza 6
Amakuru

Ibitekerezo – FERWAFA yemeje ko abakinnyi b’abanyamahanga bakina ari 10 ku mukino, hakabanza 6

Ubwanditsi 02 Sep 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru