Umwaka w’imikino muri Volleyball urimo kugana ku musozo aho shampiyona nyirizina yasojwe mu byumweru bibiri bishize aho mu bagabo igikombe cyegukanywe na APR VC naho mu Bagore gitwarwa na Police WVC.
Nyuma y’ibyo amakipe amwe n’amwe akomeje kwiyubaka aho yatangiye no gushaka abatoza bazakorana mu rwego rwo kwitegura umwaka utaha w’imikino ndetse n’amarushanwa ari imbere.
Mu mpinduka zikomeye muri shampiyona y’u Rwanda ya Volleyball, Mugisha Benon yatangajwe ku mugaragaro nk’umutoza mukuru mushya wa REG Volleyball Club.
Uyu mutoza aje muri iyi kipe gusimbura umunya- Cameroon Patrice Ndaki, wahoze ari umutoza mukuru muri REG, yagizwe umutoza mukuru wa Kepler Volleyball Club, asimbuye Nyirimana Fidèle.
Izi mpinduka zibaye nyuma y’uko REG isoje shampiyona ya 2024/25 ku mwanya wa gatatu, ikegukana umudali w’umuringa (Bronze Medal) ndetse ikanabona itike yo guhagararira u Rwanda mu mikino y’Afrika y’amakipe (African Club Championship) mu mwaka utaha wa 2026.
Ku rundi ruhande, Kepler Volleyball Club yarangije shampiyona ku mwanya wa kane, yahisemo gutandukana na Nyirimana Fidèle, imusimbuza Ndaki usanzwe amenyereye shampiyona y’u Rwanda kuko ayimazemo imyaka ibiri.
Ku mutoza Benon Mugisha, wari mu gihugu cya Uganda we agarutse muri REG yigeze gutoza agatwarana nayo shampiyona, igikombe cyo Kwibuka Kayumba, Rutsindura n’ibindi.
Aje nyuma yaho kandi aheruka gutoza mu ikipe y’iwabo mu gihugu cya Uganda ya Sport-S, akaba aje mu ikipe ya REG aho asanze umukinnyi Ntanteteri Crispin wamaze gusinyira iyi kipe avuye muri Police VC.
Amakipe yose arimo kwiyubaka yitegura umwaka utaha ndetse by’umwihariko mu cyumweru gitaha hateganyijwe irushanwa ryo kwibuka ku ncuro ya 30 Genocide yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.