• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Mukura Victory Sport yatwaye igikombe  Agaciro Cup 2019, itsinze Rayon Sports

Mukura Victory Sport yatwaye igikombe  Agaciro Cup 2019, itsinze Rayon Sports

Editorial 16 Sep 2019 IMIKINO

Ikipe ya Mukura Victory Sport yatwaye igikombe cy’Agaciro 2019 itsinze Rayon Sports ibitego 2-1 ku mukino wa nyuma wakinwe kuri iki Cyumweru cya tariki 15 Nzeli 2019 kuri sitade Amahoro.

Mukura VS yafunguye amazamu ku munota wa 50’ kuri penaliti yatewe neza na Samuel Chukwudi mbere y’uko Ndizeye Innocent yongeramo ikindi ku munota wa 53’ w’umukino ubwo yazamukanaga umupira agaca kuri Eric Rutanga Alba akananyura kuri Saidi Iragire wari usigaye, agahita anyuza umupira iburyo bwa Kimenyi Yves wari mu izamu rya Rayon Sports.

Igitego cy’impozamarira cya Rayon Sports cyatsinzwe na Sarpong Michael ku munota wa 62’ kuri penaliti.

Uyu mukino wabonetsemo amakarita abiri atukura arimo iyahawe Eric Rutanga Alba kapiteni wa Rayon Sports ku munota wa 70’ n’iyahawe Ndizeye Innocent ku munota wa 80’ w’umukino.

Tuyishime Eric Congolais wahoze muri APR FC akaba yafashije MVS muri uyu mukino yashimwe cyane n’abayobozi bakuru mu ikipe ya APR FC ndetse na Bamporiki Edouard umuyobozi w’itorero ry’igihugu

Mu itangwa ry’ibihembo, Mukura VS yahawe igikombe na sheki ya miliyoni eshatu z’amafaranga y’u Rwanda (3,000,000 FRW), Rayon Sports nk’ikipe ya kabiri ihabwa miliyoni imwe n’igice (1,500,000 FRW) mu gihe Police FC ikipe yasoje ku mwanya wa gatatu yafashe ibihumbi magana atanu (500,000 FRW).

Ibihembo by’abakinnyi ku giti cyabo, Samuel Chukwudi wa Mukura VS yahawe igihembo cy’uwatsinze ibitego byinshi kuko yatsinze ibitego bibiri (2) ahita ahabwa ibihumbi ijana by’amafaranga y’u Rwanda.

Munyakazi Yussuf Lule ukina hagati muri Police FC ni we wahembwe nk’umukinnyi wahize abandi muri iri rushanwa rya 2019. Mu 2018 igihembo cyahawe Muhire Kevin wahoze ari umukinnyi wa Rayon Sports.

Rayon Sports yari yageze ku mukino wa nyuma ikuyemo Police FC mu gihe Mukura VS yatsinze APR FC muri ½ cy’irangiza.

Dore uko amakipe yagiye atwara Agaciro Cup kuva mu 2015:

2015: Police FC

2017: Rayon Sports

2018: Rayon Sports

2019: Mukura Victory Sport

 

2019-09-16
Editorial

IZINDI NKURU

Mu mukino w’Amateka unahenze muri shampiyona y’u Rwanda, ikipe ya Rayon Sports irakira Kiyovu Sports

Mu mukino w’Amateka unahenze muri shampiyona y’u Rwanda, ikipe ya Rayon Sports irakira Kiyovu Sports

Editorial 19 Mar 2022
Imyanzuro 7 yavuye mu nama y’ubuyobozi ya Mukura VS, irimo gutangaza abakinnyi bashya iyi kipe yahaye amasezerano ndetse yemeje ko ikipe y’abato yongera kwitabwaho

Imyanzuro 7 yavuye mu nama y’ubuyobozi ya Mukura VS, irimo gutangaza abakinnyi bashya iyi kipe yahaye amasezerano ndetse yemeje ko ikipe y’abato yongera kwitabwaho

Editorial 31 Aug 2021
APR.Fc  iracakira na Yanga Aficans yo muri tanziniya

APR.Fc iracakira na Yanga Aficans yo muri tanziniya

Editorial 12 Mar 2016
Mukura VS yasezereye Al Hilal Obayed ijya ku muryango w’amatsinda ya CAF

Mukura VS yasezereye Al Hilal Obayed ijya ku muryango w’amatsinda ya CAF

Editorial 23 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ese ni iki cyagufasha kumenya ko Umukobwa ari Isugi cyangwa yabutakaje
HIRYA NO HINO

Ese ni iki cyagufasha kumenya ko Umukobwa ari Isugi cyangwa yabutakaje

Editorial 13 May 2017
France: Ubushinjacyaha Bwasabiye Umunyarwanda Claude Muhayimana Igifungo Cy’imyaka 15
Amakuru

France: Ubushinjacyaha Bwasabiye Umunyarwanda Claude Muhayimana Igifungo Cy’imyaka 15

Editorial 15 Dec 2021
Ifoto ya Diamond na ShaddyBoo yavugishije benshi ku mbuga nkoranyambaga
HIRYA NO HINO

Ifoto ya Diamond na ShaddyBoo yavugishije benshi ku mbuga nkoranyambaga

Editorial 19 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru