• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Muri Uganda: Gereza ya Ntungamo Abanyarwanda bakubitishwa insinga z’amashanyarazi bita “black mamba”.

Muri Uganda: Gereza ya Ntungamo Abanyarwanda bakubitishwa insinga z’amashanyarazi bita “black mamba”.

Editorial 12 Aug 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Si Kampala gusa irimo gutoterezwamo Abanyarwanda, kuko no mu magereza y’uduce twegereye u Rwanda ngo barimo.

Bizimana Frank w’imyaka 31 avuga ko yari amaze umwaka urenga afungiwe i Ntungamo mu karere gahana urubibi na Nyagatare mu Rwanda.

Ni umugabo ufite umugore n’umwana umwe i Rwinkwavu mu karere ka Kayonza, akaba avuga ko yajyaga muri Uganda kugura imyenda akaza kuyicururiza mu Rwanda.

Ubwo yahagurukaga i Kigali yerekeza i Kampala ku itariki 23 Mata umwaka ushize wa 2018, ngo yavuye mu modoka bageze i Ntungamo ashaka kugura ibyo kurya ntiyongera kuyisubiramo.

Ati”Nari kumwe na mugenzi wanjye, muri ’supermarket’ twari tugiye kuguramo ibyo dukoresha mu rugendo, haje umupolisi abaza ngo ’abo Banyarwanda barashaka iki hano?”

“Baraje baradufata batujyana kuri sitasiyo ya Polisi ya Ntungamo tuhamara icyumweru, twaje kujyanwa imbere y’urukiko babanza kudukatira imyaka ibiri, ndajurira kubera ubumuga mfite baza kunkatira umwaka umwe”.

“Gereza twafungiwemo bagira imvugo mbi bakadukubita, Abanyarwanda bose nahabonye ntawe utarakubiswe insinga z’amashanyarazi bakunze kwita ’black mamba”.

“Abenshi tuba tuzira kutamenya indimi zabo, amategeko yabo akomeye ndetse no kuba abo dufunganywe bari mu gihugu cyabo baba batadushaka”.

Akomeza asobanura ko we bamubwiraga ko batanemera icyangombwa kimuhesha kwambuka umupaka cyitwa (jeto).

Bizimana avuga ko muri gereza yabanje kuhagirira ubuzima bubi bwo kurwara ibihaha, ariko ko nyuma ngo yaje gukira ndetse abasirikare bamufunze bakajya bamurekura akagira imirimo ajya kubakorera hanze ya gereza.

Avuga ko muri iyo gereza yumvise bagenzi be bavuga ko abakobwa b’Abanyarwanda bakoreshwa imirimo ivunanye ndetse n’iyo kwicuruza.

Ati”Icyo nshishikariza ababyeyi bafite abana b’abakobwa muri Uganda, ni uko bareka kwicara ngo abana bari mu gihugu hanze batazi icyo bakora n’ikibabeshejeho”.

Bizimana avuga ko yagaruwe mu Rwanda mu mpera z’ukwezi gushize kwa Nyakanga, ariko ko atigeze asubizwa amafaranga ye ibihumbi 350 y’amanyarwanda hamwe n’ibihumbi 600 by’amashilingi ya Uganda yari yaratanze ku barinda gereza ngo bayamubikire.

2019-08-12
Editorial

IZINDI NKURU

Bobi Wine akomeje kwiyegereza urubyiruko mu rugamba rwo kurwanya Perezida Museveni

Bobi Wine akomeje kwiyegereza urubyiruko mu rugamba rwo kurwanya Perezida Museveni

Editorial 15 Oct 2018
Kuki u Burundi bukomeje kwiheza mu ruhando rw’amahanga?

Kuki u Burundi bukomeje kwiheza mu ruhando rw’amahanga?

Editorial 08 Oct 2020

Zimbabwe: Perezida Emmerson Mnangagwa w’imyaka 80 ahagarariye Ishyaka rya ZANU-PF mu Matora

Editorial 23 Aug 2023
Paul Rusesabagina ati “Meze neza niteguye kujya imbere y’Ubutabera bw’ u Rwanda”

Paul Rusesabagina ati “Meze neza niteguye kujya imbere y’Ubutabera bw’ u Rwanda”

Editorial 03 Sep 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amateka ku Rwanda rugiye kujya rwamamazwa na Arsenal
IMIKINO

Amateka ku Rwanda rugiye kujya rwamamazwa na Arsenal

Editorial 23 May 2018
Perezida Kagame yitabiriye Inama ya 27 ihuza u Bufaransa n’ Afurika I Bamako.
Mu Rwanda

Perezida Kagame yitabiriye Inama ya 27 ihuza u Bufaransa n’ Afurika I Bamako.

Editorial 16 Jan 2017
Zimbabwe: Umuriro Uraka Murugo kwa Mugabe Aho Grace Mugabe Ashaka gatanya n’umugabo we nyuma y’uko yeguye ku butegetsi
Mu Mahanga

Zimbabwe: Umuriro Uraka Murugo kwa Mugabe Aho Grace Mugabe Ashaka gatanya n’umugabo we nyuma y’uko yeguye ku butegetsi

Editorial 06 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru