• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Netanyahu yemeje ko Jenoside yakorewe Abayahudi n’iyakorewe Abatutsi zatanze isomo ryo kwirwanaho

Netanyahu yemeje ko Jenoside yakorewe Abayahudi n’iyakorewe Abatutsi zatanze isomo ryo kwirwanaho

Editorial 06 Jul 2016 Mu Mahanga

Mu kiganiro n’abanyamakuru ari i Kigali, Minisitiri w’Intebe wa Israel Benjamin Netanyahu, amaze kwemeza ko Jenoside yakorewe Abanyarwanda n’iyakorewe Abayahudi, yabigishije ko bagomba kwirwanaho nta we bahanze amaso.

Ari imbere ya Perezida Paul Kagame n’itangazamakuru, Minisitiri Netanyahu kandi yavuze ko hagomba kubaho ingufu zikomeye mu guhangana n’ingengabitekerezo ya Jenoside.

Ubwo yagarukaga mu guhangana na Jenoside ndetse n’abayihakana, Minisitiri Netanyahu yagize ati “Guhangana na Jenoside n’abayihakana, hagomba kubaho kuvugisha ukuri, iyi ni intambara ikomeza, tugomba kumenya ko nta n’umwe uzaturwanaho mu gihe twe ubwacu tutirwanyeho, tugomba kandi kugira imbaraga zo kwirwanaho.”

Netanyahu yavuze ko yasuye umugabane wa Afurika kubera ko uyu ari umugabane urimo gutera imbere. Yavuze ko ubundi Afurika itahabwaga amahirwe yakagombye kuba ifite.

Uyu muyobozi wa Guverinoma ya Israel, yakomeje agira ati “Israel n’u Rwanda bisangiye amateka mabi, gusa nanone ibihugu byacu byombi birimo gutera imbere cyane, Perezida Kagame yasuye Israel mu bihe bitandukanye, kuri njye ni icyubahiro gikomeye kuba ndi hano mu gihugu cyiza cyane.”

Iki kiganiro n’abanyamakuru cyabaye, ubwo uyu mushyitsi na perezida Kagame wamwakiriye, bari bavuye gusura Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali.

Mu ijambo rye, Perezida Paul Kagame yavuze ko yishimiye cyane kwakira Netanyahu mu Rwanda.

Perezida Kagame yavuze ko Leta y’u Rwanda itigeze ikora ibinyuranye n’ibiri mu byo Abanyarwanda bashaka, iki kikaba ari na cyo gisobanura cya demokarasi.

Umukuru w’igihugu yagize ati “Bitewe n’amakuba twahuye na yo, byaduhaye gahunda yo gukora ariko tugakora tugendeye ku byo abaturage bacu bashaka.”

Perezida Kagame yunzemo ati “Dufite ubushobozi bwo guhangana n’uko Jenoside yabaye mu Rwanda no muri Israel itakongera kuba ukundi mu bihugu byacu, gusa tugomba kubaka ubushobozi bwacu ku buryo twumva ko tutazongera kugira abaturage bakora Jenoside, tugomba kandi gushyiraho ingamba zihangana n’abahakana Jenoside.”

Minisitiri w’Intebe Benjamin Netanyahu yaganiriye n’abanyamakuru, nyuma yo gusura urwibutso rwa Jenoside ruri ku Gisozi aho yatangaje ko agendeye ku byo yahabonye, byakomeje kumwibutsa Jenoside yakorewe abaturage be mu mwaka wa 1945.

Iki gihugu nubwo cyahuye n’iyi Jenoside, kugeza ubu kiri mu bihugu byubashywe ku ruhando mpuzamahanga, bitewe n’uburyo cyabatse igisirikare gikomeye, cyahangana n’uwashaka kukigabaho igitero uko cyaba kimeze kose.

Kubera uburyo Israel iri mu bihugu byanzwe mu karere iherereyemo, cyubatse uburyo bw’ikoranabuhanga mu bya gisirikare buzwi nka Iron dome, ibyuma bishwanyaguza ibisasu bije mu kirere cya Israel.

Netanyahu yagize ati, “Nunanirwa kwirinda nta wundi uzakurinda.”

-3199.jpg

Minisitiri w’Intebe wa Israel Benjamin Netanyahu na Perezida Kagame mu kiganiro n’Abanyamakuru

U Rwanda na Israel byashyize kandi umukono ku masezerano y’ubufannye mu bijyanye n’ubuhinzi.

Israel nubwo ari igihugu kigizwe cyane n’ubutayu, ikungahaye ku buhinzi bitewe n’ikoranabuhanga bamaze kugeraho ririmo iyo kuhurira imyaka.

2016-07-06
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye afite nyungu ki mu kubeshya amahanga abeshyera u Rwanda.

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye afite nyungu ki mu kubeshya amahanga abeshyera u Rwanda.

Editorial 19 May 2021
Nkuko urukiko rwo muri Amerika rwanzuye ko Paul Rusesabagina atashimuswe, icyo gihugu nicyemere amakosa yo kuba cyaramuretse akahategurira ibikorwa byiterabwoba.

Nkuko urukiko rwo muri Amerika rwanzuye ko Paul Rusesabagina atashimuswe, icyo gihugu nicyemere amakosa yo kuba cyaramuretse akahategurira ibikorwa byiterabwoba.

Editorial 25 Jan 2023
Nyarugenge: Urubyiruko rw’abaskuti  rwakanguriwe kurwanya icuruzwa y’abantu

Nyarugenge: Urubyiruko rw’abaskuti rwakanguriwe kurwanya icuruzwa y’abantu

Editorial 25 Jan 2016
Mukabalisa Donatille niwe watorewe  gusimbura Mitali k’ubuyobozi bwa PL

Mukabalisa Donatille niwe watorewe gusimbura Mitali k’ubuyobozi bwa PL

Editorial 02 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Isesengura ku matora ya Perezida wa Repubulika w’u Rwanda (Igice cya 1)
ITOHOZA

Isesengura ku matora ya Perezida wa Repubulika w’u Rwanda (Igice cya 1)

Editorial 11 Aug 2017
Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda yasabye sosiyeti zigenga zishinzwe gucunga umutekano gukora kinyamwuga
Mu Mahanga

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda yasabye sosiyeti zigenga zishinzwe gucunga umutekano gukora kinyamwuga

Editorial 03 Jan 2016
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda FERWAFA, ryahakanye ibyitangira rya shampiyona byatangajwe n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika CAF
Amakuru

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda FERWAFA, ryahakanye ibyitangira rya shampiyona byatangajwe n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika CAF

Editorial 22 Mar 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru