• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»New York : Ijambo Perezida Kagame yagejeje ku nama rusange ya 72 y’Umuryango w’Abibumbye

New York : Ijambo Perezida Kagame yagejeje ku nama rusange ya 72 y’Umuryango w’Abibumbye

Editorial 21 Sep 2017 POLITIKI

Perezida Kagame Paul yagejeje ijambo ku bitabiriye Inama Rusange ya 72 y’Umuryango w’Abibumbye ihurije hamwe abakuru b’ibihugu ndetse n’abayobozi bakuru b’imiryango mpuzamahanga I New York.

Perezida Kagame yahamagariye ibuhugu bigize Umuryango w’Abibumbye gushyigikira Umunyamabanga Mukuru wawo mu migambi ye yo guhindura uyu muryango ukagira imikorere yita ku nyungu z’abawuhuriyemo bose.

Yagize ati ” Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye akwiye umusanzu wacu kugira ngo ageze uyu muryango ku ntego, ndetse unashingire ku mpinduka.

Dufite ibikenewe kandi ni inshingano yacu guhangana n’ibibazo byugarije isi, uhereye ku mihindagurikire y’ikirere, kubaka amahoro arambye, uburinganire mu bantu ndetse n’iterambere, aho tutaragera ku rwego rwo gukora ibikenewe.”

Perezida Kagame yavuze ko nkuko bigaragara kugeza ubu, Umuryango w’Abibumbye utarashobora gukora ibyo abawugize bawutegerejeho.

Yagize ati ” Buri mwaka, Umuryango w’Abibumbye ugenera amamiliyari y’amadorari ibikorwa by’ubutabazi. Uyu muryango utanga urubuga ku masezerano mpuzamahanga akomeye ndetse unashyiraho gahunda rusange irebana n’ibibazo by’ingenzi bishingiye kuri za politiki, uhereye ku iterambere ukageza ku burenganzira bw’abagore.

Ibi ni ibimenyetso by’umuryango ukenewe kandi unashoboye. Ariko na none, hakaba indi myumvire ivuga ko Umuryango w’Abibumbye utari kugera kubyo tuwutegerejeho kandi dukeneye.”

Avuga ku mavugurura yatangijwe n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye agamije by’umwihariko gushakira umuti ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana, Perezida Kagame yagize ati “ Bimwe mu byo ikibazo gishingiyeho harimo: Ikizere gike ndetse no kubaza abayobozi ibyo bashinzwe ku rwego rudahagije biranga imiyoborere mpuzamahanga.

Kugira ngo Umuryango w’Abibumbye ugere ku rwego rwo gutuma abantu bose babaho ubuzima bakwiriye, ukwiye kubaha abantu no kubafata kimwe ndetse no gucunga neza umutungo wawo. Ikoreshwa nabi ry’uyu mutungo si ikibazo gishingiye ku bitangazwa, ahubwo ni ikibazo kiriho kandi kigomba guhagurukirwa.”´

Perezida Kagame yavuze ko hashingiwe kuri aya mavugurura, Umuryango w’Abibumbye ndetse n’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika izashobora gukorana neza, by’umwihariko mu birebana no kubungabunga amahoro, urwego iyi miryango yombi isanzwe ikoranamo neza mu bihugu byinshi muri Afurika.

Perezida Kagame yanahamagariye ibihugu bigize Umuryango w’Abibumbye kwemeza amasezerano ya Kigali agamije kugabanya ingaruka ziterwa n’imihindagurikire y’ikirere azwi nka “Kigali Amendment to the Montreal Protocol”. Akaba yavuze ko aya masezerano azafasha ibihugu gushyira iherezo ku ikoreshwa ry’ibyuka bihumanya ikirere.

-8038.jpg

Inama rusange ya Loni

2017-09-21
Editorial

IZINDI NKURU

Amarozi aravuza ubuhuha muri CNDD-FDD: Ndikuriyo mu bitaro by’indembe i Dubai azira kwifuza intebe ya Ndayishimiye

Amarozi aravuza ubuhuha muri CNDD-FDD: Ndikuriyo mu bitaro by’indembe i Dubai azira kwifuza intebe ya Ndayishimiye

Editorial 18 Feb 2025
Uhagarariye Ethiopia muri LONI yatangajwe n’ijambo rya Perezida kagame

Uhagarariye Ethiopia muri LONI yatangajwe n’ijambo rya Perezida kagame

Editorial 25 Sep 2019
Green Party yasabye ko akato gahabwa abana babyawe n’abagore bafashwe ku ngufu n’interahamwe gahagarara

Green Party yasabye ko akato gahabwa abana babyawe n’abagore bafashwe ku ngufu n’interahamwe gahagarara

Editorial 07 Apr 2018
Ku Rwibutso rwa Rebero Hashyinguye  Inzirakarengane z’Abanyapolitiki bishwe muri Jenoside, Menya byinshi n’Impamvu hongeweho n’abandi

Ku Rwibutso rwa Rebero Hashyinguye Inzirakarengane z’Abanyapolitiki bishwe muri Jenoside, Menya byinshi n’Impamvu hongeweho n’abandi

Editorial 13 Apr 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yagarutse ku kamaro ko guha abaturage ijambo mu bibakorerwa
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yagarutse ku kamaro ko guha abaturage ijambo mu bibakorerwa

Editorial 18 Jun 2019
Mukabalisa Donatille niwe watorewe  gusimbura Mitali k’ubuyobozi bwa PL
Mu Mahanga

Mukabalisa Donatille niwe watorewe gusimbura Mitali k’ubuyobozi bwa PL

Editorial 02 Aug 2016
Ubwo imyaka 8 y’ubufatanye hagati ya Visit Rwanda n’ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza azaba arangiye, aya amasezerano ntazongerwa – Ibyayaranze
Amakuru

Ubwo imyaka 8 y’ubufatanye hagati ya Visit Rwanda n’ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza azaba arangiye, aya amasezerano ntazongerwa – Ibyayaranze

Editorial 19 Nov 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru