• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»’Ni igihe cyiza ngo u Rwanda ruhabwe ibyo rusaba Uganda’

’Ni igihe cyiza ngo u Rwanda ruhabwe ibyo rusaba Uganda’

Ubwanditsi 25 Feb 2020 POLITIKI

Umunyamategeko wo muri Uganda akaba n’Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Fred Mukasa Mbidde, yanenze uburyo ubutegetsi bwa Perezida Yoweri Museveni burimo kwitwara ku Rwanda, mu gihe asanga ruri mu mwanya mwiza wo kugaragaza ibirubangamiye.

Ni amagambo yavugiye kuri Televiziyo ya NBS yo muri Uganda kuri uyu wa Kabiri, mu gihe umubano w’u Rwanda na Uganda ukomeje kumera nabi, ariko abayobozi bakomeje gukora ibishoboka mu gushaka umuti, binyuze mu biganiro birimo kugirwamo uruhare n’abahuza, Perezida Tshisekedi wa RDC na João Manuel Gonçalves Lourenço wa Angola.

Nyuma y’inama yabaye ku wa 21 Gashyantare i Gatuna, abayobozi basabye Uganda, mu kwezi kumwe kugenzura ibirego bya Repubulika y’u Rwanda ku bikorwa bibera ku butaka bwayo by’imitwe igamije kuruhungabanyiriza umutekano, byaba ari ukuri igafata ingamba zose zo kubihagarika no kwirinda ko byakongera kubaho.

Ibyo bikorwa bigomba kugenzurwa kandi bikemezwa na komisiyo ihuriweho mu ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano ya Luanda.

Imyanzuro ikomeza iti “Umunsi iyi myanzuro yashyizwe mu bikorwa, bikagezwa ku bakuru b’ibihugu, abahuza bazakoranya inama mu minsi 15 i Gatuna / Katuna igamije gufungura imipaka no gusubiza ku murongo umubano hagati y’ibihugu byombi.”

Ifungwa ry’uyu mupaka ryateje ibihombo bikomeye Uganda, ku buryo mu gihe ibiganiro bikomeje, icyo abaturage ba Uganda bahurizaho ni ugusaba Museveni gukora ibishoboka umupaka ugafungurwa.

Depite Mbidde yagize ati “Igihe cyo kugira ngo Kigali ibone ibyo ikeneye byose gikwiye kuba ubu kuko Perezida Museveni ashishikajwe n’amajwi kandi agiye kujya mu matora.”

Amatora ya Perezida muri Uganda azaba umwaka utaha wa 2021, ku buryo bigoye ko Museveni azagira icyo abwira abaturiye imipaka abasaba amajwi, mu gihe batagihahirana n’abaturanyi kubera we.

Ubwo Museveni yari avuye mu nama y’i Gatuna ku wa Gatanu, yahuye n’abaturage bo ku mupaka bari bagiye kumushagara, avuga ko umuzi w’ibibazo uri mu buyobozi bw’u Rwanda.

Yagize ati “Imvano y’ikibazo ni uko abantu twafashije ubwo bari bafite ibibazo, bamaze gusubira iwabo batangiye gucikamo ibice hagati yabo. Abandi bahungiye muri Afurika y’Epfo, u Rwanda rugatekereza ko bari muri Uganda.”

Museveni ntiyagarukiye aho mu kugoreka ukuri, ati “nifatanyije n’abaturage ba Uganda n’u Rwanda bagizweho ingaruka n’ifungwa ry’umupaka wa Katuna. Ndabasaba kwihangana mu gihe dukomeje gushaka igisubizo kirambye. Mfite icyizere ko ukuri kuzagaragara kuko Guverinoma ya NRM iharanira ukuri.”

Ni amagambo ariko yamaganiwe kure, kuko Museveni ashinjwa ko amaze ibinyacumi bibiri mu bukangurambaga bweruye bwo kureshya abayobozi b’u Rwanda agamije ko ubutegetsi bwacikamo ibice. Yabashije kwiyegereza Kayumba Nyamwasa na Patrick Karegeya ari nabo bashinze RNC nk’abantu bari abakozi be ubwo bari bakiri muri Uganda mbere yo kujya mu myanya ikomeye mu Rwanda rubohowe.

Nyamara ubwo bushake bufatwa nk’ubwabyaye inyungu ku Rwanda, kuko abemeye ibyo ababwira bagahunga igihugu banyuze muri Uganda, basimbujwe n’abashaka gukorera igihugu ahubwo biba amahirwe yo kongerera imbaraga ubuyobozi bw’u Rwanda nubwo we yatekerezaga ko arimo kubuca intege.

Depite Mbidde yagize ati “Nta bibazo by’imiyoborere biri mu Rwanda kandi icyo ni ikintu gikomeye. Ibibazo ahubwo usanga bizamurwa n’abantu bataba mu Rwanda, ugasanga bategereje ibisubizo ku bantu baba hariya.”

Uyu mudepite yakomeje avuga ko “u Rwanda rufite ibibazo byarwo kandi ibisubizo bitangwa n’ubuyobozi bwarwo, bitandukanye no muri Uganda.”

U Rwanda rushinja Uganda gutera inkunga imitwe igamije kuruhungabanyiriza umutekano irimo RNC, FDLR, RUD Urunana n’indi, ikayiha icyuho igacura imigambi yayo yisanzuye, igakora ibikorwa binyuranye byo gushaka abarwanyi ababyanze bagakorerwa iyicarubozo, ndetse ibyo byose bikagirwamo uruhare n’abayobozi n’inzego za Uganda.

Mbidde yakomeje ati “Abanya-Uganda ntabwo bazashyigikira umuntu wese ushaka gutera u Rwanda.”

Umushakashatsi Yusuf Serunkuma, yavuze ko EALA ikwiye guhangayikishwa n’ikibazo kimaze igihe hagati y’u Rwanda na Uganda kuko ubucuruzi bwabangamiwe cyane ku mupaka uhuza ibihugu byombi.

Yakomeje ati “Igihe kirageze ngo ihinduke ikintu kiraho niba idashobora kugira icyo ikora.”

Gusa Depite Mbidde yavuze ko EALA idakurikirana ibibazo bitajyanye no kwishyira hamwe, kuko intego yashyiriweho ari enye, ukwishyira hamwe nka Afurika y’Iburasirazuba, guhuza za gasutamo, isoko rusange no kwihuza mu bijyanye na politiki.

2020-02-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amagambo ashize ivuga : Perezida Kagame yahuye na Donald Trump

Amagambo ashize ivuga : Perezida Kagame yahuye na Donald Trump

Ubwanditsi 25 Sep 2017
Rusesabagina ku Rwanda ni nka Hassan Nasrallah kuri Israel.

Rusesabagina ku Rwanda ni nka Hassan Nasrallah kuri Israel.

Ubwanditsi 30 Sep 2024
Uganda ikomeje kurenga ku masezerano ya Luanda mu buryo butari bushya mu migirire yayo

Uganda ikomeje kurenga ku masezerano ya Luanda mu buryo butari bushya mu migirire yayo

Ubwanditsi 02 Dec 2019
Menya neza uwiyita Intumwa “Isidore Mbayahaga” wimuriye ubwonko mu gifu!

Menya neza uwiyita Intumwa “Isidore Mbayahaga” wimuriye ubwonko mu gifu!

Ubwanditsi 03 Jul 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gabiro : Perezida Kagame yaburiye abayobozi barangwa n’imikorere mibi kwitegura ibyemezo bikarishye
INKURU NYAMUKURU

Gabiro : Perezida Kagame yaburiye abayobozi barangwa n’imikorere mibi kwitegura ibyemezo bikarishye

Ubwanditsi 20 Feb 2020
Ralex Logistics Yaje Ku Isonga mu Bigo Bya Mbere Bigira uruhare mu gutanga serivisi zinoze mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (EAC)
Amakuru

Ralex Logistics Yaje Ku Isonga mu Bigo Bya Mbere Bigira uruhare mu gutanga serivisi zinoze mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (EAC)

Ubwanditsi 28 Feb 2022
Umunyamakuru Shyaka Kanuma wafashwe atorotse  yasabiwe kuburana afunzwe
Mu Mahanga

Umunyamakuru Shyaka Kanuma wafashwe atorotse yasabiwe kuburana afunzwe

Ubwanditsi 11 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru