• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»’Ni igihe cyiza ngo u Rwanda ruhabwe ibyo rusaba Uganda’

’Ni igihe cyiza ngo u Rwanda ruhabwe ibyo rusaba Uganda’

Ubwanditsi 25 Feb 2020 POLITIKI

Umunyamategeko wo muri Uganda akaba n’Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Fred Mukasa Mbidde, yanenze uburyo ubutegetsi bwa Perezida Yoweri Museveni burimo kwitwara ku Rwanda, mu gihe asanga ruri mu mwanya mwiza wo kugaragaza ibirubangamiye.

Ni amagambo yavugiye kuri Televiziyo ya NBS yo muri Uganda kuri uyu wa Kabiri, mu gihe umubano w’u Rwanda na Uganda ukomeje kumera nabi, ariko abayobozi bakomeje gukora ibishoboka mu gushaka umuti, binyuze mu biganiro birimo kugirwamo uruhare n’abahuza, Perezida Tshisekedi wa RDC na João Manuel Gonçalves Lourenço wa Angola.

Nyuma y’inama yabaye ku wa 21 Gashyantare i Gatuna, abayobozi basabye Uganda, mu kwezi kumwe kugenzura ibirego bya Repubulika y’u Rwanda ku bikorwa bibera ku butaka bwayo by’imitwe igamije kuruhungabanyiriza umutekano, byaba ari ukuri igafata ingamba zose zo kubihagarika no kwirinda ko byakongera kubaho.

Ibyo bikorwa bigomba kugenzurwa kandi bikemezwa na komisiyo ihuriweho mu ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano ya Luanda.

Imyanzuro ikomeza iti “Umunsi iyi myanzuro yashyizwe mu bikorwa, bikagezwa ku bakuru b’ibihugu, abahuza bazakoranya inama mu minsi 15 i Gatuna / Katuna igamije gufungura imipaka no gusubiza ku murongo umubano hagati y’ibihugu byombi.”

Ifungwa ry’uyu mupaka ryateje ibihombo bikomeye Uganda, ku buryo mu gihe ibiganiro bikomeje, icyo abaturage ba Uganda bahurizaho ni ugusaba Museveni gukora ibishoboka umupaka ugafungurwa.

Depite Mbidde yagize ati “Igihe cyo kugira ngo Kigali ibone ibyo ikeneye byose gikwiye kuba ubu kuko Perezida Museveni ashishikajwe n’amajwi kandi agiye kujya mu matora.”

Amatora ya Perezida muri Uganda azaba umwaka utaha wa 2021, ku buryo bigoye ko Museveni azagira icyo abwira abaturiye imipaka abasaba amajwi, mu gihe batagihahirana n’abaturanyi kubera we.

Ubwo Museveni yari avuye mu nama y’i Gatuna ku wa Gatanu, yahuye n’abaturage bo ku mupaka bari bagiye kumushagara, avuga ko umuzi w’ibibazo uri mu buyobozi bw’u Rwanda.

Yagize ati “Imvano y’ikibazo ni uko abantu twafashije ubwo bari bafite ibibazo, bamaze gusubira iwabo batangiye gucikamo ibice hagati yabo. Abandi bahungiye muri Afurika y’Epfo, u Rwanda rugatekereza ko bari muri Uganda.”

Museveni ntiyagarukiye aho mu kugoreka ukuri, ati “nifatanyije n’abaturage ba Uganda n’u Rwanda bagizweho ingaruka n’ifungwa ry’umupaka wa Katuna. Ndabasaba kwihangana mu gihe dukomeje gushaka igisubizo kirambye. Mfite icyizere ko ukuri kuzagaragara kuko Guverinoma ya NRM iharanira ukuri.”

Ni amagambo ariko yamaganiwe kure, kuko Museveni ashinjwa ko amaze ibinyacumi bibiri mu bukangurambaga bweruye bwo kureshya abayobozi b’u Rwanda agamije ko ubutegetsi bwacikamo ibice. Yabashije kwiyegereza Kayumba Nyamwasa na Patrick Karegeya ari nabo bashinze RNC nk’abantu bari abakozi be ubwo bari bakiri muri Uganda mbere yo kujya mu myanya ikomeye mu Rwanda rubohowe.

Nyamara ubwo bushake bufatwa nk’ubwabyaye inyungu ku Rwanda, kuko abemeye ibyo ababwira bagahunga igihugu banyuze muri Uganda, basimbujwe n’abashaka gukorera igihugu ahubwo biba amahirwe yo kongerera imbaraga ubuyobozi bw’u Rwanda nubwo we yatekerezaga ko arimo kubuca intege.

Depite Mbidde yagize ati “Nta bibazo by’imiyoborere biri mu Rwanda kandi icyo ni ikintu gikomeye. Ibibazo ahubwo usanga bizamurwa n’abantu bataba mu Rwanda, ugasanga bategereje ibisubizo ku bantu baba hariya.”

Uyu mudepite yakomeje avuga ko “u Rwanda rufite ibibazo byarwo kandi ibisubizo bitangwa n’ubuyobozi bwarwo, bitandukanye no muri Uganda.”

U Rwanda rushinja Uganda gutera inkunga imitwe igamije kuruhungabanyiriza umutekano irimo RNC, FDLR, RUD Urunana n’indi, ikayiha icyuho igacura imigambi yayo yisanzuye, igakora ibikorwa binyuranye byo gushaka abarwanyi ababyanze bagakorerwa iyicarubozo, ndetse ibyo byose bikagirwamo uruhare n’abayobozi n’inzego za Uganda.

Mbidde yakomeje ati “Abanya-Uganda ntabwo bazashyigikira umuntu wese ushaka gutera u Rwanda.”

Umushakashatsi Yusuf Serunkuma, yavuze ko EALA ikwiye guhangayikishwa n’ikibazo kimaze igihe hagati y’u Rwanda na Uganda kuko ubucuruzi bwabangamiwe cyane ku mupaka uhuza ibihugu byombi.

Yakomeje ati “Igihe kirageze ngo ihinduke ikintu kiraho niba idashobora kugira icyo ikora.”

Gusa Depite Mbidde yavuze ko EALA idakurikirana ibibazo bitajyanye no kwishyira hamwe, kuko intego yashyiriweho ari enye, ukwishyira hamwe nka Afurika y’Iburasirazuba, guhuza za gasutamo, isoko rusange no kwihuza mu bijyanye na politiki.

2020-02-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Imvo N’Imvano Y’Ibibazo By’Umutekano wa ntawo Byabaye Karande Mu Burasirazuba Bwa Repubulika Iharanira Demukarasi Ya Congo

Imvo N’Imvano Y’Ibibazo By’Umutekano wa ntawo Byabaye Karande Mu Burasirazuba Bwa Repubulika Iharanira Demukarasi Ya Congo

Ubwanditsi 30 Jul 2025
Hagati ya Tshisekedi n’Umuryango Mpuzamahanga, ninde wigiza nkana mu gushaka umuti w’intambara ya Kongo?

Hagati ya Tshisekedi n’Umuryango Mpuzamahanga, ninde wigiza nkana mu gushaka umuti w’intambara ya Kongo?

Ubwanditsi 24 Sep 2024
Inyeshyamba za FDLR zishinjwa gushimutira Abongereza babiri muri Pariki ya Virunga

Inyeshyamba za FDLR zishinjwa gushimutira Abongereza babiri muri Pariki ya Virunga

Ubwanditsi 18 May 2018
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’umuyobozi wa FAO

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’umuyobozi wa FAO

Ubwanditsi 22 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Namibia yatsembye, ngo nta musirikari wayo uzajya gusiga agatwe muri Kongo
Amakuru

Namibia yatsembye, ngo nta musirikari wayo uzajya gusiga agatwe muri Kongo

Ubwanditsi 30 Nov 2023
Urukiko rwa gisirikare rutegetse ko Bobi Wine arekurwa, yongera gutabwa muri yombi ageze ku muryango
INKURU NYAMUKURU

Urukiko rwa gisirikare rutegetse ko Bobi Wine arekurwa, yongera gutabwa muri yombi ageze ku muryango

Ubwanditsi 23 Aug 2018
Impamvu U Rwanda rwizeye ko minisitiri Mushikiwabo azatsindira kuyobora OIF
POLITIKI

Impamvu U Rwanda rwizeye ko minisitiri Mushikiwabo azatsindira kuyobora OIF

Ubwanditsi 30 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru