• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Young Africans yegukanye igikombe ku Munsi w’Igikundiro 20245, ni nyuma yo gutsinda Rayon Sports 3-1   |   15 Aug 2025

  • Mbitabazenga: Inyungu ziva muri Visit Rwanda, ziratuma inyangabirama zijiginywa   |   15 Aug 2025

  • Umuryango wa Habyarimana mu muhogo ugana mu nda ya FDLR   |   14 Aug 2025

  • Niyonkuru Gloire wari muri Gisagara VC na Angiro Gideon wakiniraga REG VC berekeje muri Police Volleyball Club   |   14 Aug 2025

  • APR FC na Rayon Sports agomba kwishyura ibihumbi 200 kugirango yemererwe gukina umwaka w’imikino wa 2025-2026   |   13 Aug 2025

  • Imyaka 21 y’Ubwicanyi bwa Gatumba: Ubutabera Bwaratinze, CNDD-FDD Ikomeje Kubangamira Kwibuka   |   13 Aug 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Nkunshuro ya mbere umuhango wo guha impamyabumenyi abanyeshuri basaga 8500 ugiye kuyoborwa na Perezida Kagame

Nkunshuro ya mbere umuhango wo guha impamyabumenyi abanyeshuri basaga 8500 ugiye kuyoborwa na Perezida Kagame

Editorial 28 Jul 2016 Mu Mahanga

Nkunshuro ya mbere umuhango wo guha impamyabumenyi abanyeshuri basaga 8500 barangije muri Kaminuza y’u Rwanda, ugiye kuyoborwa na Nyakubahwa Perezida Kagame.

Kuri uyu wa Gatanu biteganijwe ko aba banyeshuri bose bazahurizwa hamwe kuri Stade Amahoro, kuko ubusanzwe buri koleji yagiraga umunsi wayo ariko ubu uko ari esheshatu byakorewe rimwe.

Harimo Koleji y’Ubumenyi Rusange (CASS), Koleji y’Ubuhinzi n’Ubuvuzi bw’Amatungo (CAVM), Koleji y’Imari n’Ubukungu, (CBE), Koleji y’Ubuvuzi n’Ubumenyi mu by’Ubuzima (CMHS), Koleji y’Uburezi (CE) na Koleji y’Ubumenyi n’Ikoranabuhanga (CST).

Babiri mu bayirangijemo bazahabwa impamyabumenyi z’ikirenga [PhD], 324 bahabwe iz’icyiciro cya gatatu cya kaminuza (Masters), mu gihe 687 bazahabwa impamyabumenyi z’amasomo bize nyuma yo gusoza ay’icyiciro cya kabiri cya Kaminuza (post-graduate), naho abagera ku 6365 bahabwe impamyabumenyi z’icyiciro cya kabiri cya kaminuza (Bachelors).

Umuyobozi wa Kaminuza y’u Rwanda asobanura impamvu nyamukuru yatumye hategurwa umunsi umwe w’ibirori byo gusoza amasomo ku barangirije amashuri makuru na za kaminuza muri Kaminuza y’u Rwanda avuga ko guhuriza hamwe amakoreji yose y’iyi kaminuza mu birori bimwe ari ikimenyetso cyo kwihuriza hamwe nka Kaminuza imwe.

Ubusanzwe muri kaminuza y’u Rwanda habagaho iminsi itanu y’ibirori byo kwishimira isozwa ry’amasomo buri koreji igakora ibirori byayo byihariye ariko nabyo bikabera ku kicaro gikuru cya kaminuza y’u Rwanda.

Benshi bagiye bibaza byinshi ku mpamvu yatumye Kaminuza y’u Rwanda itegura umunsi umwe w’ ibirori ku barangije amashuri makuru na za Kaminuza, ndetse bamwe barabyishimira abandi barabyinubira nkuko bigenda kenshi iyo habaye impinduka ku bintu runaka.

-3440.jpg

Umuyobozi wa Kaminuza y’u Rwanda Prof. Philip Cotton

Umuyobozi wa Kaminuza y’u Rwanda Prof. Philip Cotton mu kiganiro yagiranye na The Newtimes yasobanuye impamvu yo guhuriza hamwe abasoje amasomo mu birori bimwe avuga ko ari ikimenyetso cyo kwihuriza hamwe nka Kaminuza imwe.

Prof.Cotton yagize ati: ” Nka kaminuza, turi ikigo kimwe gihuriyemo amashami atandukanye, turashaka kubyishimira kandi tukabigaragaza, turashaka kwishimira insinzi y’abanyeshuri bacu n’iy’amashami atandukanye ndetse n’abayobozi bayo”

Yakomeje avuga ko mu banyeshuri 8,500 bazarangiza amasomo mu byiciro bitandukanye harimo abantu badasanzwe kandi bakiri bato u Rwanda rwitezeho umusaruro udasanzwe mu gihe kizaza.

Ati: “Nzi neza ko mu banyeshuri 8,500 basoje amasomo yabo harimo abantu bakiri bato badasanzwe, bamwe babigaragarije mu mikoro bagiye bahabwa gukora muri kaminuza, abandi na bo bagiye babigaragariza mu gukorera hamwe bagamije kubaka umuryango nyarwanda”

Nkuko Prof. Philip Cotton, akomeza abitangaza, ngo mu bazasoza amasomo yabo muri uyu mwaka harimo babiri bazahabwa impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu cya kaminuza (PhDs), hakabamo 324 bazahabwa impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza (Masters degree), 687 bazahabwa impamyabumenyi z’amasomo bize nyuma yo gusoza ay’icyiciro cya mbere cya Kaminuza (post-graduate) n’abandi 6,365 bazahabwa impamyabumenyi z’icyiciro cya mbere cya kaminuza (bachelor’s degrees)

Umwaka ushize, ku nshuro yayo ya kabiri kaminuza y’u Rwanda yahaye impamyabumenyi abagera ku bihumbi umunani (8,000) nyuma yo guhurizwamo amakoreji arindwi muri 2013 ari na bwo yiswe kaminuza y’u Rwanda (UR).

-3441.jpg

Abanyeshuri barangiza Kaminuza

2016-07-28
Editorial

IZINDI NKURU

RGB yagize icyo ivuga kubasha gusenga shitani

RGB yagize icyo ivuga kubasha gusenga shitani

Editorial 29 Mar 2016
Gakenke: Umuforomokazi yatawe muri yombi nyuma yo guhambira uruhisha akaboko kugeza kabyimbye

Gakenke: Umuforomokazi yatawe muri yombi nyuma yo guhambira uruhisha akaboko kugeza kabyimbye

Editorial 04 Jan 2017
Icyegeranyo cy’itsinda ry’impuguke za Loni kirashinja igisirikari cya Kongo kwica, gusahura abaturage no gusambanya abagore ku ngufu. Nta ruhare rw’u Rwanda mu bibera muri Kongo rwagaragajwe.

Icyegeranyo cy’itsinda ry’impuguke za Loni kirashinja igisirikari cya Kongo kwica, gusahura abaturage no gusambanya abagore ku ngufu. Nta ruhare rw’u Rwanda mu bibera muri Kongo rwagaragajwe.

Editorial 25 Jun 2022
Gatsibo: Polisi y’u Rwanda yakanguriye abayobozi b’inzego z’ibanze gukumira ibyaha.

Gatsibo: Polisi y’u Rwanda yakanguriye abayobozi b’inzego z’ibanze gukumira ibyaha.

Editorial 04 Mar 2016
RGB yagize icyo ivuga kubasha gusenga shitani

RGB yagize icyo ivuga kubasha gusenga shitani

Editorial 29 Mar 2016
Gakenke: Umuforomokazi yatawe muri yombi nyuma yo guhambira uruhisha akaboko kugeza kabyimbye

Gakenke: Umuforomokazi yatawe muri yombi nyuma yo guhambira uruhisha akaboko kugeza kabyimbye

Editorial 04 Jan 2017
Icyegeranyo cy’itsinda ry’impuguke za Loni kirashinja igisirikari cya Kongo kwica, gusahura abaturage no gusambanya abagore ku ngufu. Nta ruhare rw’u Rwanda mu bibera muri Kongo rwagaragajwe.

Icyegeranyo cy’itsinda ry’impuguke za Loni kirashinja igisirikari cya Kongo kwica, gusahura abaturage no gusambanya abagore ku ngufu. Nta ruhare rw’u Rwanda mu bibera muri Kongo rwagaragajwe.

Editorial 25 Jun 2022
Gatsibo: Polisi y’u Rwanda yakanguriye abayobozi b’inzego z’ibanze gukumira ibyaha.

Gatsibo: Polisi y’u Rwanda yakanguriye abayobozi b’inzego z’ibanze gukumira ibyaha.

Editorial 04 Mar 2016
RGB yagize icyo ivuga kubasha gusenga shitani

RGB yagize icyo ivuga kubasha gusenga shitani

Editorial 29 Mar 2016
Gakenke: Umuforomokazi yatawe muri yombi nyuma yo guhambira uruhisha akaboko kugeza kabyimbye

Gakenke: Umuforomokazi yatawe muri yombi nyuma yo guhambira uruhisha akaboko kugeza kabyimbye

Editorial 04 Jan 2017
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Turamagana Ibirego bya HCR kubera ko U Rwanda ari Ikitegererezo mu Kwita ku Mpunzi n’Abimukira

Turamagana Ibirego bya HCR kubera ko U Rwanda ari Ikitegererezo mu Kwita ku Mpunzi n’Abimukira

17 Jul 2025
Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru