• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Nta kibabaza nko kubona urubyiruko rutageze ku ntumbero kubera kubura amahirwe –Kagame

Nta kibabaza nko kubona urubyiruko rutageze ku ntumbero kubera kubura amahirwe –Kagame

Editorial 25 Sep 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida Paul Kagame yasabye ko ibihugu byashyira imbere guha amahirwe urubyiruko, bigakorwa binyuze mu kuruha ubumenyi, imyumvire n’ubushobozi bukenewe kugira ngo batsinde.

Perezida Kagame yabigarutseho mu itangizwa rya Gahunda y’Umuryango w’Abibumbye y’Iterambere ry’Urubyiruko, aho yemeye ubusabe bwo kuba umwe mu bayobozi bafasha mu cyiswe “Generation Unlimited” Leadership Group.

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres, yavuze ko kuba Isi ifite nibura miliyari 1.8 igizwe n’abana n’urubyiruko, ariko ngombwa ko imikorere y’umuryango w’abibumbye irusha umwanya uhagije.

Yahise anatangiza gahunda yise “Youth Strategy” izageza mu 2030, igamije kongerera urubyiruko ubushobozi aho ruri hose ku Isi.

Perezida Kagame yagize ati “Nta kibabaza nko kubona urubyiruko rutageze ku ntumbero yarwo kubera kubura amahirwe. Gahunda yo guteza imbere urubyiruko twagejejweho n’Umunyamabanga Mukuru ndetse n’Ubishinzwe ni intambwe ikomeye kandi iziye igihe.”

“Umuryango w’Abibumbye ntabwo wagirira akamaro abaturage bose udafite igisubizo cy’ibyifuzo by’urubyiruko dufite hirya no hino ku Isi. Cyane ko mu bihugu byinshi bikiri mu nzira y’amajyambere, umubare munini ni abakiri urubyiruko.”

Perezida Kagame yavuze ko guha urubyiruko ubumenyi, imyumvire, n’ubushobozi bukenewe ari kimwe mu ngingo zihutirwa muri politiki z’ibihugu nk’u Rwanda.

Yakomeje agira ati “Ibitekerezo by’urubyiruko bizakomeza guhabwa agaciro hirya no hino ku Isi. Hakenewe kandi ubufatanye hagati ya za leta n’abikorera kugira ngo ibyifuzo byacu bishyirwe mu ngiro.”

Perezida Kagame yasoje ijambo rye ashimangira ko u Rwanda rwijeje ubufatanye bwarwo muri iyi gahunda, cyane ko ijyane na gahunda y’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika yiswe y’umwaka wa 2063.

Perezida Kagame ubwo yitabiraga gahunda ya Generation Unlimited igamije guteza imbere urubyiruko

Perezida Kagame yatangaje ko urubyiruko rukwiye guhabwa amahirwe arubashisha kugera ku ndoto zarwo

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres, ubwo yagezaga ijambo ku bitabiriye iyi nama

2018-09-25
Editorial

IZINDI NKURU

Urubanza rw’abasirikari b’Abarundi bahunze umuriro wa M23 rugeze mu bujurire

Urubanza rw’abasirikari b’Abarundi bahunze umuriro wa M23 rugeze mu bujurire

Editorial 07 Nov 2024
Kuri Tshisekedi amahoro ni amagambo gusa atagira ibikorwa

Kuri Tshisekedi amahoro ni amagambo gusa atagira ibikorwa

Editorial 10 Oct 2025
Umunyabigwi wa Arsenal, Sol Campbell yarebanye n’abanyarwanda umukino batsinzemo Manchester United ibitego 3-1

Umunyabigwi wa Arsenal, Sol Campbell yarebanye n’abanyarwanda umukino batsinzemo Manchester United ibitego 3-1

Editorial 04 Sep 2023
Mu mpera ziki cyumweru abakekwaho Jenoside babiri bashyikirijwe ubutabera mu Rwanda no mu Bufaransa

Mu mpera ziki cyumweru abakekwaho Jenoside babiri bashyikirijwe ubutabera mu Rwanda no mu Bufaransa

Editorial 17 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umusaza Filip Reyntjens, Soma mbike wa Kinani Yambaye Rasoro yiyemeza Gutagatifuza Abajenosideri
Amakuru

Umusaza Filip Reyntjens, Soma mbike wa Kinani Yambaye Rasoro yiyemeza Gutagatifuza Abajenosideri

Editorial 21 Aug 2023
U Burundi bwanze kwitabira inama y’abakuru b’ibihugu bigize EAC bituma isubikwa
INKURU NYAMUKURU

U Burundi bwanze kwitabira inama y’abakuru b’ibihugu bigize EAC bituma isubikwa

Editorial 30 Nov 2018
Uko Gen. Masunzu yatsembeye Kayumba wifuzaga ko bafatanya gutera u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Uko Gen. Masunzu yatsembeye Kayumba wifuzaga ko bafatanya gutera u Rwanda

Editorial 21 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru