• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uko Gen. Masunzu yatsembeye Kayumba wifuzaga ko bafatanya gutera u Rwanda

Uko Gen. Masunzu yatsembeye Kayumba wifuzaga ko bafatanya gutera u Rwanda

Ubwanditsi 21 Jun 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Amakuru aturuka muri Congo agaragaza ko mu kwezi kwa gatatu uyu mwaka Kayumba Nyamwasa yagiye  muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo agiye gushaka abarwanyi bazamufasha gukora umutwe ukomeye wo guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Ubwo yageraga I Kinshasa  agiye gukora [recrutement] yabashije kubonana na Gen Masunzu Pacific, wo mu gisirikare cya Congo (FARDC), ubwambere babanje kuvugana kuri telephone , ubwa kabiri babonana amaso kumaso.

Gen Masunzu asanzwe afite urugo ruherereye muri Kiziba, mu Minembwe, muri Kivu y’Amajyepfo. Mu 2014 ubwo Perezida Kabila wa RDC yahinduraga abayobozi b’ingabo mu bice bitandukanye, Gén Pacifique Masunzu na we wari umaze hafi imyaka 10 mu misozi ya Minembwe muri Kivu y’Amajyepfo yavanywe ku mwanya wo kuyobora FARDC muri ako gace, yoherezwa i Kamina muri Katanga, aho yagiye kuyobora ikigo gikorerwamo imyitozo ya gisirikari.

Ubwo yari akiyobora Kivu y’Amajyepfo, Gen Masunzu yavuzweho gukorana n’inyeshyamba za FDLR, nkuko bigaragazwa n’ ibaruwa umuyobozi w’ingabo za Monusco, Lt Col Rajeev Sharm muri Kivu y’Amajyepfo yandikiye abayobozi batandukanye ba Monusco, agaragazaga ko Gen Masunzu aha intwaro abarwanyi ba FDLR ari bwo nyuma y’umwaka umwe gusa, Perezida Kabila yahise ahamwimura.

Gén Pacifique Masunzu

Kubera ko Gen. Masunzu afite igitinyiro ndetse n’ abasilikare bakamwumvira, Kayumba yagiye kumusaba ko bahuza imbaraga, amubwira ko afite abana mu ishyamba muri Minembwe. Kandi ko afite amafaranga cyane ko akorana n’umuherwe Rujugiro Tribert,  nkuko byumvikana kumajwi dufitiye copie yafatiwe kuri telephone, Kayumba asaba Gen. Masunzu ko bahuza imbaraga kugirango bazatere u Rwanda. Masunzu amubwira ko bidashoboka kuko mu Rwanda hari bene wabo benshi babanyamulenge ko bagira ikibazo.

Ingabo za Kayumba zivugwa mu misozi ya Minembwe ni baringa

Mu nkuru zatangajwe n’ijwi ry’amarika ku munsi w’ejo zigaragaza ko muri RDC hari  inyeshyamba za Kayumba Nyamwasa zitungwa  agatoki mu bushyamirane bumaze kugwamo abantu 10.

Izi nyeshyamba za Kayumba Nyamwasa zivugwaho kugira uruhare muri aya makimbirane akomeje guhuza amoko atandukanye y’Abanyekongo cyane cyane Abanyamulenge n’Abafulero na Mai-Mai.

Amakuru yizewe ava muri Bijombo agaragaza ko izo nyeshyamba za Kayumba, ari baringa ngo abiyitirira izo ngabo ze ni abantu batarenga 50 bagizwe n’ Abanyamulenge bahoze mu gisilikare cy’inkotanyi baza gutoroka ndetse n’abahoze muri FDLR, yacitsemo ibice nibo Kayumba yatoraguye  muri Congo na Uganda, aremamo umutwe w’inyeshyamba zitarenga 50 gutyo.

Abandi  bake batari kumwe na Kayumba aho mu ishyamaba bari i Burundi bari kumwe n’Imbonerakure nibo bari kwambuka bakica abantu mu Bugarama, Nyaruguru aho hose bafite bene wabo babafasha.

Ikindi kivugwa ni inyeshyamba  z’abarundi  zivanze mu makimbirane n’ubwicanyi  buri hagati y’ imitwe yitwaje intwaro y’abaturage mu misozi miremire ya Bijombo, muri Teritwari ya Uvira, ho muri Kivu y’Amajyepfo.  Aho uyu mutwe w’inyeshyamba  z’abarundi washinzwe na Nkurunziza, ukorana byahafi na Kayumba Nyamwasa. Ariwo uri gutanga intwaro.

Nkurunziza yashinze umutwe witwa ko umurwanya  witwa RED-Tabara (Résistance pour un État de Droit au Burundi), wavutse mu mpera za 2015, RED-Tabara igizwe n’abahoze mu gisirikare n’igipolisi kandi biganjemo urubyiruko babarirwa mu 2000.

Iyi ntambara rero ijya gukomera  yatewe n’ubushyamirane  buri hagati  y’umutwe witwa  “Twirwaneho ” na Gumino w’Abanyamulenge,  uhanganye n’indi mitwe yishyize hamwe y’Abafuleru, Abanyindu n’Ababembe na Mai-Mai bateye mu mudugudu w’Abanyamulenge,  mu kwirwanaho Abanyamulenge  barusha imbaraga Mai-Mai, niyo mitwe yindi bifatanyije.

Perezida Nkurunziza

Umutwe w’inyeshyamba z’Abarundi  RED –Tabara, ubonye ko Mai-Mai itsinzwe,  utanga umusada utabara Mai-Mai ushyiramo n’ibikoresho bikomeye biva mu gisilikare cya Nkurunziza, bivugwa ko muri iyi mirwano  za ngirwa nyeshyamba za Kayumba nazo  zibyivangamo, ariko mu rwego rwo gutabara Abanyamulenge. Kugeza ubu Abantu bagera ku 10 barimo abasivili bane n’abarwanyi bamaze kugwa mu mirwano yahuje iyi mitwe yitwaje ibirwanisho y’abaturage mu misozi miremire ya Bijombo.

Igiteye impungenge ariko n’ uko ubu bwicanyi  bukomeje gukaza umurego arinako  Abarundi  bakomeza kubaha intwaro  zikomeye , bavuga ko Abanyamulenge bakwiye gusubira iwabo mu Rwanda.

Mugihe bimeze gutyo umutwe w’inyashyamba  wa Nzabampema ugizwe n’abasilikare babatutsi bahunze mu Burundi wamenye ko Nkurunziza akomeje gutanga umusada w’imbunda zikomeye,  uyu mutwe ujya gufunga inzira  zicamo hagati ya Congo n’u Burundi.

2018-06-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

KABUGA FELESIYANI ISI YAGEZAHO IMUBANA NTOYA, FLASH DISK YAFATANWE UMUKWE WE NGIRABATWARE YABA ARIYO MVANO YO GUFATWA KWE?

KABUGA FELESIYANI ISI YAGEZAHO IMUBANA NTOYA, FLASH DISK YAFATANWE UMUKWE WE NGIRABATWARE YABA ARIYO MVANO YO GUFATWA KWE?

Ubwanditsi 17 May 2020
Iradukunda Liliane yabaye Nyampinga w’u Rwanda 2018

Iradukunda Liliane yabaye Nyampinga w’u Rwanda 2018

Ubwanditsi 25 Feb 2018
Gen Bunyoni yafunguwe kubera Uburwayi bwo mu mutwe na Diyabete ikabije

Gen Bunyoni yafunguwe kubera Uburwayi bwo mu mutwe na Diyabete ikabije

RUSHYASHYA 11 Mar 2026
Mitsindo Fidele umuhungu wa Aloys Nsekarije yagize icyo vuga kuri Ingabire Victoire uvugwaho gushinga imitwe y’iterabwoba.

Mitsindo Fidele umuhungu wa Aloys Nsekarije yagize icyo vuga kuri Ingabire Victoire uvugwaho gushinga imitwe y’iterabwoba.

Ubwanditsi 16 May 2019

2 Ibitekerezo

  1. Yayeli G.
    June 21, 201810:48 am -

    Reka Reka ,Intambara??

    Subiza
  2. eem
    June 21, 20183:18 pm -

    Imana igiraneza irindeintambara mu biyaga bigari iyo twabonye irahagije

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Batatu bakurikiranyweho kwiba mudasobwa zirimo amakuru y’iperereza ku rupfu rwa Kaweesi
HIRYA NO HINO

Uganda: Batatu bakurikiranyweho kwiba mudasobwa zirimo amakuru y’iperereza ku rupfu rwa Kaweesi

Ubwanditsi 05 Jun 2018
Ubucamanza bwacu burigenga- Kagame asubiza Michaëlle wavuze ku rubanza rw’abo kwa Rwigara
INKURU NYAMUKURU

Ubucamanza bwacu burigenga- Kagame asubiza Michaëlle wavuze ku rubanza rw’abo kwa Rwigara

Ubwanditsi 12 Nov 2018
Ladislas Ntaganzwa ushinjwa ibyaha bya Jenoside yagejejwe i Kigali
Mu Mahanga

Ladislas Ntaganzwa ushinjwa ibyaha bya Jenoside yagejejwe i Kigali

Ubwanditsi 24 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru