• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uko Gen. Masunzu yatsembeye Kayumba wifuzaga ko bafatanya gutera u Rwanda

Uko Gen. Masunzu yatsembeye Kayumba wifuzaga ko bafatanya gutera u Rwanda

Ubwanditsi 21 Jun 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Amakuru aturuka muri Congo agaragaza ko mu kwezi kwa gatatu uyu mwaka Kayumba Nyamwasa yagiye  muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo agiye gushaka abarwanyi bazamufasha gukora umutwe ukomeye wo guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Ubwo yageraga I Kinshasa  agiye gukora [recrutement] yabashije kubonana na Gen Masunzu Pacific, wo mu gisirikare cya Congo (FARDC), ubwambere babanje kuvugana kuri telephone , ubwa kabiri babonana amaso kumaso.

Gen Masunzu asanzwe afite urugo ruherereye muri Kiziba, mu Minembwe, muri Kivu y’Amajyepfo. Mu 2014 ubwo Perezida Kabila wa RDC yahinduraga abayobozi b’ingabo mu bice bitandukanye, Gén Pacifique Masunzu na we wari umaze hafi imyaka 10 mu misozi ya Minembwe muri Kivu y’Amajyepfo yavanywe ku mwanya wo kuyobora FARDC muri ako gace, yoherezwa i Kamina muri Katanga, aho yagiye kuyobora ikigo gikorerwamo imyitozo ya gisirikari.

Ubwo yari akiyobora Kivu y’Amajyepfo, Gen Masunzu yavuzweho gukorana n’inyeshyamba za FDLR, nkuko bigaragazwa n’ ibaruwa umuyobozi w’ingabo za Monusco, Lt Col Rajeev Sharm muri Kivu y’Amajyepfo yandikiye abayobozi batandukanye ba Monusco, agaragazaga ko Gen Masunzu aha intwaro abarwanyi ba FDLR ari bwo nyuma y’umwaka umwe gusa, Perezida Kabila yahise ahamwimura.

Gén Pacifique Masunzu

Kubera ko Gen. Masunzu afite igitinyiro ndetse n’ abasilikare bakamwumvira, Kayumba yagiye kumusaba ko bahuza imbaraga, amubwira ko afite abana mu ishyamba muri Minembwe. Kandi ko afite amafaranga cyane ko akorana n’umuherwe Rujugiro Tribert,  nkuko byumvikana kumajwi dufitiye copie yafatiwe kuri telephone, Kayumba asaba Gen. Masunzu ko bahuza imbaraga kugirango bazatere u Rwanda. Masunzu amubwira ko bidashoboka kuko mu Rwanda hari bene wabo benshi babanyamulenge ko bagira ikibazo.

Ingabo za Kayumba zivugwa mu misozi ya Minembwe ni baringa

Mu nkuru zatangajwe n’ijwi ry’amarika ku munsi w’ejo zigaragaza ko muri RDC hari  inyeshyamba za Kayumba Nyamwasa zitungwa  agatoki mu bushyamirane bumaze kugwamo abantu 10.

Izi nyeshyamba za Kayumba Nyamwasa zivugwaho kugira uruhare muri aya makimbirane akomeje guhuza amoko atandukanye y’Abanyekongo cyane cyane Abanyamulenge n’Abafulero na Mai-Mai.

Amakuru yizewe ava muri Bijombo agaragaza ko izo nyeshyamba za Kayumba, ari baringa ngo abiyitirira izo ngabo ze ni abantu batarenga 50 bagizwe n’ Abanyamulenge bahoze mu gisilikare cy’inkotanyi baza gutoroka ndetse n’abahoze muri FDLR, yacitsemo ibice nibo Kayumba yatoraguye  muri Congo na Uganda, aremamo umutwe w’inyeshyamba zitarenga 50 gutyo.

Abandi  bake batari kumwe na Kayumba aho mu ishyamaba bari i Burundi bari kumwe n’Imbonerakure nibo bari kwambuka bakica abantu mu Bugarama, Nyaruguru aho hose bafite bene wabo babafasha.

Ikindi kivugwa ni inyeshyamba  z’abarundi  zivanze mu makimbirane n’ubwicanyi  buri hagati y’ imitwe yitwaje intwaro y’abaturage mu misozi miremire ya Bijombo, muri Teritwari ya Uvira, ho muri Kivu y’Amajyepfo.  Aho uyu mutwe w’inyeshyamba  z’abarundi washinzwe na Nkurunziza, ukorana byahafi na Kayumba Nyamwasa. Ariwo uri gutanga intwaro.

Nkurunziza yashinze umutwe witwa ko umurwanya  witwa RED-Tabara (Résistance pour un État de Droit au Burundi), wavutse mu mpera za 2015, RED-Tabara igizwe n’abahoze mu gisirikare n’igipolisi kandi biganjemo urubyiruko babarirwa mu 2000.

Iyi ntambara rero ijya gukomera  yatewe n’ubushyamirane  buri hagati  y’umutwe witwa  “Twirwaneho ” na Gumino w’Abanyamulenge,  uhanganye n’indi mitwe yishyize hamwe y’Abafuleru, Abanyindu n’Ababembe na Mai-Mai bateye mu mudugudu w’Abanyamulenge,  mu kwirwanaho Abanyamulenge  barusha imbaraga Mai-Mai, niyo mitwe yindi bifatanyije.

Perezida Nkurunziza

Umutwe w’inyeshyamba z’Abarundi  RED –Tabara, ubonye ko Mai-Mai itsinzwe,  utanga umusada utabara Mai-Mai ushyiramo n’ibikoresho bikomeye biva mu gisilikare cya Nkurunziza, bivugwa ko muri iyi mirwano  za ngirwa nyeshyamba za Kayumba nazo  zibyivangamo, ariko mu rwego rwo gutabara Abanyamulenge. Kugeza ubu Abantu bagera ku 10 barimo abasivili bane n’abarwanyi bamaze kugwa mu mirwano yahuje iyi mitwe yitwaje ibirwanisho y’abaturage mu misozi miremire ya Bijombo.

Igiteye impungenge ariko n’ uko ubu bwicanyi  bukomeje gukaza umurego arinako  Abarundi  bakomeza kubaha intwaro  zikomeye , bavuga ko Abanyamulenge bakwiye gusubira iwabo mu Rwanda.

Mugihe bimeze gutyo umutwe w’inyashyamba  wa Nzabampema ugizwe n’abasilikare babatutsi bahunze mu Burundi wamenye ko Nkurunziza akomeje gutanga umusada w’imbunda zikomeye,  uyu mutwe ujya gufunga inzira  zicamo hagati ya Congo n’u Burundi.

2018-06-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bomboribombori: ADEPR ishami rya Uganda ryigumuye ku iry’u Rwanda kubera igitutu cya RNC na CMI

Bomboribombori: ADEPR ishami rya Uganda ryigumuye ku iry’u Rwanda kubera igitutu cya RNC na CMI

Ubwanditsi 16 May 2019
Umucamanza mu rukiko rw’i Paris mu Bufaransa yatangaje ko asubukuye iperereza ku bwicanyi bwabereye mu Bisesero muri Jenosie yakorewe Abatutsi, bunavugwamo bamwe mu basirikari b’ Abafaransa

Umucamanza mu rukiko rw’i Paris mu Bufaransa yatangaje ko asubukuye iperereza ku bwicanyi bwabereye mu Bisesero muri Jenosie yakorewe Abatutsi, bunavugwamo bamwe mu basirikari b’ Abafaransa

Ubwanditsi 13 Jul 2022
Perezida Kagame, yagereranije ubwimvikane buke hagati y’u Rwanda na Uganda nk’ amakimbirane ari mu muryango

Perezida Kagame, yagereranije ubwimvikane buke hagati y’u Rwanda na Uganda nk’ amakimbirane ari mu muryango

Ubwanditsi 16 Dec 2019
Breaking news: Dr Musafiri Papias Malimba na Jean Philbert Nsengimana ntibakibarizwa muri Guverinoma

Breaking news: Dr Musafiri Papias Malimba na Jean Philbert Nsengimana ntibakibarizwa muri Guverinoma

Ubwanditsi 06 Dec 2017

2 Ibitekerezo

  1. Yayeli G.
    June 21, 201810:48 am -

    Reka Reka ,Intambara??

    Subiza
  2. eem
    June 21, 20183:18 pm -

    Imana igiraneza irindeintambara mu biyaga bigari iyo twabonye irahagije

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR FC yanganyije na Muhazi United, Rayon Sports itsinda Mukura VS ibyaranze umunsi wa 25 wa shampiyona y’u Rwanda
Amakuru

APR FC yanganyije na Muhazi United, Rayon Sports itsinda Mukura VS ibyaranze umunsi wa 25 wa shampiyona y’u Rwanda

Ubwanditsi 31 Mar 2024
Biro Politiki ya FOREBU: Niyombare yatorewe kuyobora umutwe w’inyeshyamba zirwanya Nkurunziza
Mu Rwanda

Biro Politiki ya FOREBU: Niyombare yatorewe kuyobora umutwe w’inyeshyamba zirwanya Nkurunziza

Ubwanditsi 28 Jan 2016
Musanze: Umugabo w’imyaka 38 yasanzwe mu Ishyamba  yimanitse mu giti
ITOHOZA

Musanze: Umugabo w’imyaka 38 yasanzwe mu Ishyamba yimanitse mu giti

Ubwanditsi 13 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru