• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • APR BBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona ku nshuro ya kane yikurikiranya   |   25 Aug 2026

  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»U Rwanda rugiye kuyobora impinduka ku rujya n’uruza rw’abantu muri Afurika

U Rwanda rugiye kuyobora impinduka ku rujya n’uruza rw’abantu muri Afurika

Ubwanditsi 20 Oct 2017 POLITIKI

Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Busingye Johnston, yasabye ibihugu bya Afurika gufungurirana amarembo ku rujya n’uruza rw’abantu, serivisi n’imari, kuko byagaragaye ko inyungu irimo iruta kuba igihugu cyakomeza gufunga imipaka yacyo.

Yabigarutseho kuri uyu wa Gatanu ubwo yatangizaga ibiganiro ku rwego rw’aba minisitiri, mu nama nyafurika yiga ku rujya n’uruza muri Afurika, iri kubera i Kigali kuva kuwa 16 kugeza kuwa 21 Ukwakira 2017. Iyi nama akaba ari yo u Rwanda rwatorewemo kuyobora izi mpuguke mu gihe cy’imyaka ibiri.


Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Busingye Johnston atangiza inama

Aka kanama ku rujya n’uruza rw’abantu, impunzi ndetse n’abatagira aho babarizwa mu gi bihugu byabo (Specialized Technical Committee on Migration, Refugees and Internally Displaced Persons), yitezweho gukora amasezerano azagenga urujya n’uruza muri Afurika, akazemezwa n’abakuru b’ibihugu bigize Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika (AU) mu nama izaba muri Mutarama 2018.

Minisitiri Busingye yavuze ko gutorwa k’u Rwanda ari ishema ku gihugu aho intego ari ugushyira “ubumwe bwa Afurika imbere no kugerageza kuvuga twe nk’ababitangiye uko tubibona.”

Yavuze ko u Rwanda rwafunguye amarembo ku buryo Umunyafurika urujemo abonera viza aho yinjiriye ndetse rwishyize hamwe na Uganda na Kenya ku buryo kujya muri ibyo bihugu bisaba indangamuntu gusa. Ingendo mu Burundi na Congo nazo zisaba agakarita gatangwa ku mupaka.


Uhereye i Bumoso ; Kalibata Anaclet, Ministiri Kaboneka Francis na Ministiri De Bonheur Jeanne d’Arc

Yakomeje agira ati “Impungenge z’uko umutekano warushaho kuba mubi kubera ko imipaka yafunguwe, kuva aho twatangiriye kubishyira mu bikorwa ntabwo byagaragaye ko zihari. Ntabwo zabaye nyinshi gusumbya izari zisanzweho ku buryo umuntu yaguma afunze igihugu.”

“Iyo urebye inyungu ziri mu gufungura imipaka n’ingaruka zaba mu kuguma ufunze kubera kwirinda cyangwa gutinya, n’ubundi ibihugu bifite amategeko agomba gukurikizwa ku muntu wese ushaka kugira icyo akora kinyuranyije n’amategeko, yaba yinjiranye viza, yaba atayifite, amategeko aramukurikirana.”

U Rwanda rwungukira cyane mu gufungura amarembo

Umuyobozi w’Urwego Rushinzwe Abinjira n’Abasohoka, Anaclet Kalibata, yavuze ko hari inyungu zimaze kugaragara ku Rwanda uhereye aho rwafunguriye imipaka ku Banyafurika.

Yagize ati “Icya mbere urabyibonera inama ziza hano, kugira ngo ibihugu bifate umwanzuro wo gushyira inama ahantu ni uko babona ko ya mananiza ahari ku bantu bashaka kujya muri icyo gihugu. Iyo ahari barabyiganyira bakajya mu kindi. Niyo mpamvu u Rwanda haza inama, ikaba ari inyungu ya mbere.”

“Icya kabiri ni uguteza imbere igihugu. Hiyongereye umubare w’abantu baza mu Rwanda ku buryo bishobora kugera nka 14%, ari ku mipaka isanzwe no ku bibuga by’indege, bigaragaza ko iyi politiki idufitiye akamaro.”

Uretse Afurika y’Iburasirazuba imaze gutera intambwe mu koroshya urujya n’uruza, Umuryango w’Ubukungu w’ibihugu bya Afurika y’Iburengerazuba (CEDEAO) wo ubimazemo imyaka myinshi, ku buryo woroheje kujya, gukorera cyangwa gutura muri kimwe mu bihugu 16 biwugize.

Bwana Kalibata wari uyoboye inama y’impuguke muri iyi minsi itatu ishize, yavuze ko kwinjiza mu mategeko urujya n’uruza muri Afurika byaturutse ku myanzuro y’inama y’abakuru b’ibihugu bya Afurika yabereye muri Afurika y’Epfo n’iheruka kubera i Kigali.

Icyo gihe inama ku rwego rw’impuguke zarakozwe, iya mbere ibera muri Ghana muri Werurwe 2017, iya kabiri ibera mu Rwanda muri Gicurasi, iya gatatu ibera Flic en Flac muri Mauritius muri Nzeri, imyanzuro yabo ikaba yashyikirijwe abaminisitiri bagomba kuyunguranaho ibitekerezo, mbere y’uko abakuru b’ibihugu bayifataho umwanzuro muri Mutarama 2018.


Abaministiri b’ibihugu bya Afurika bateraniye i Kigali biga ku rujya n’uruza rw’abantu muri Afurika

Kalibata yakomeje agira ati “Ibiganirwa ni uko hashyirwaho amategeko y’uko ibihugu byateza imbere urujya n’uruza rw’abantu, niba nk’u Rwanda rushaka guha viza abantu bo muri Afurika bakaza mu gihugu bayishyuye cyangwa batayishyuye, baba bakoresha pasiporo nyafurika, bikagendera ku mategeko ibihugu byakumvikanaho, bikagira itegeko risa n’aho ryenda gusa.”

Bagitangira ngo wasangaga buri gihugu cyangwa umuryango ufite uko wumva ibintu ariko bagiye basasa inzobe ku mpungenge zigaragazwa, ku buryo kugeza ubu ibintu ibintu byinshi babyumvikanaho.

Yakomeje agira ati “Icyo tutarumvikana ni ukuvuga ngo itegeko rizashyirwa rite mu bikorwa, bamwe bati rizashyirwe mu bikorwa bitewe n’icyemezo cy’abakuru b’ibihugu, abandi bati bitewe n’uko bizagenda biryemeza, nicyo tutaremeranywaho ariko nizera ko ubutaha tuzabyumvikanaho.”

“Ayo masezerano afite ingingo nyinshi zigera kuri 45 ariko zose zigamije uburyo ibihugu bya Afurika byarushaho kunoza urujya n’uruza rw’abantu.”

Komiseri ushinzwe ibya politiki muri AU, Madame Minata Samate Cessouma, yavuze ko ukwishyira hamwe kw’ibihugu bya Afurika kudashoboka hatariho uburyo buhamye bwo kwisanzura mu ngendo ku bantu, serivizi, ibicuruzwa, imari no gutura kuri uyu mugabane.


Madame Minata Samate Cessouma, Komiseri ushinzwe ibya politiki muri AU

Yagize ati “Hariho imbogamizi ariko kuko ibihugu by’uyu mugabane ntabwo biri ku rwego rumwe, ariko hari ibihugu byateye intambwe ikomeye nka Afurika y’Iburengerazuba n’Akarere ka Afurika y’Iburasirazuba ubu gakoreha indangamuntu. Ku buryo dushishikariza ibihugu bigize AU kwemeza amasezerano ku rujya n’uruza.”

Ubwanditsi

2017-10-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Impamvu U Rwanda rwizeye ko minisitiri Mushikiwabo azatsindira kuyobora OIF

Impamvu U Rwanda rwizeye ko minisitiri Mushikiwabo azatsindira kuyobora OIF

Ubwanditsi 30 Sep 2018
Biravugwa ko umuyobozi wa CIA yerekeje muri Koreya ya Ruguru kubonana na Kim Jong un

Biravugwa ko umuyobozi wa CIA yerekeje muri Koreya ya Ruguru kubonana na Kim Jong un

Ubwanditsi 18 Apr 2018
Tshisekedi yirashe amano yibwira ko agabye igitero ku Rwanda

Tshisekedi yirashe amano yibwira ko agabye igitero ku Rwanda

Ubwanditsi 05 Aug 2023
Ishyari rya Tshisekedi rifashe ubusa: Inkunga ya miliyari hafi 30 imaze kugenerwa ibikorwa by’ingabo z’u Rwanda muri Mozambique

Ishyari rya Tshisekedi rifashe ubusa: Inkunga ya miliyari hafi 30 imaze kugenerwa ibikorwa by’ingabo z’u Rwanda muri Mozambique

Ubwanditsi 18 Nov 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame na João Lourenço wa Angola bagiye mu Bubiligi aho baziga ku kibazo cya Congo
POLITIKI

Perezida Kagame na João Lourenço wa Angola bagiye mu Bubiligi aho baziga ku kibazo cya Congo

Ubwanditsi 30 May 2018
Amakipe yo mu Rwanda, REG VC na RRA WVC begukanye irushanwa rya KAVC ryaberaga muri Uganda
Amakuru

Amakipe yo mu Rwanda, REG VC na RRA WVC begukanye irushanwa rya KAVC ryaberaga muri Uganda

Ubwanditsi 05 Aug 2024
Abapolisi bahuguwe ku buringanire bugamije iterambere rirambye
Mu Mahanga

Abapolisi bahuguwe ku buringanire bugamije iterambere rirambye

Ubwanditsi 03 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru