• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • APR BBC yabaye ikipe ya mbere mu Rwanda igeze ku mwanya wa Gatatu mu irushanwa rya Basketball Africa League (BAL)   |   13 Jun 2025

  • Ububirigi, ibere ritindi ryonsa imitwe yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda     |   12 Jun 2025

  • Burundi: Ntagitunguranye CNDD-FDD yihaye imyanya yose mu matora atarimo abo bari bahanganye   |   12 Jun 2025

  • Wisunga umugabo mbwa mugakubitirwa hamwe, bizwi na Frank Ntwali nyuma yo kwisunga Kayumba Nyamwasa   |   11 Jun 2025

  • Ipfundo ry’urwango rutera abanyaburayi gusebya u Rwanda mu bitangazamakuru   |   11 Jun 2025

  • Minisitiri w’Intebe Dr. Ngirente yakiriye Itsinda ry’abaturutse mu ikipe ya Benfica yo muri Portugal   |   10 Jun 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»‘ Ntabwo imihigo twayigira umugenzo gusa ‘- Perezida Kagame

‘ Ntabwo imihigo twayigira umugenzo gusa ‘- Perezida Kagame

Editorial 06 Oct 2017 Mu Rwanda

Akarere ka Rwamagana ni ko kahize utundi turere mu mihigo ya 2016/2017 n’amanota 82.2%, gakurikirwa na Musanze yagize 81,28% na Huye yagize 80.55%.

Rwamagana yegukanye uwo mwanya ihigitse Akarere ka Gasabo kari kabaye aka mbere mu mwaka w’imihigo ushize.

Byatunguranye kubona ako karere kaje ku isonga ry’imihigo ya 2016/2017, kuko mu mwaka w’imihigo ushize wa 2015/2016 kari kabaye aka 17 n’amanota 74.26%.

-8245.jpg

Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana ashimirwa na Perezida Kagame

Nyuma yo gutangaza uburyo uturere twarushanyijwe mu kwesa imihigo, Abayobozi b’uturere ndetse na za Minisiteri bahise basinyana na Perezida wa Repubulika Paul Kagame imihigo y’umwaka wa 2017-2018.

-8240.jpg

Perezida Kagame n’Abayobozi b’Uturere babaye indashyikirwa

Abaturage bakunze kugaragaza ko impamvu imihigo uturere duhiga iteswa ku rwego rushimishije, kuko akenshi wasangaga nta ruhare bagiraga mu kugena ibibakorerwa bishyirwa mu mihigo.

Ni muri urwo rwego imihigo ya 2017-2018 yagenwe bahereye ku byifuzo byabo, kugira ngo abaturage bazarusheho kuyigiramo uruhare kuko bayibonamo.

-8241.jpg

Perezida Kagame yashimiye uturere twaje imbere

Perezida Kagame yavuze ko kuva imihigo yatangira, hari impinduka zigaragara. Ati “Muri iyi myaka tumaze dukorera ku mihigo, ibibazo bikomeje kugenda bigabanuka mu buryo abantu bumva iyo mihigo, bazi uko itegurwa n’uko isuzumwa ariko cyane cyane igisumba byose ni ishyirwa mu bikorwa.”

“Ibigaragara kandi bifite imbaraga ku mpinduka no ku buzima bw’abanyarwanda. Ibi bituma iyo bitagenda neza, iyo tudashishikajwe no kubona ibivamo, ubwo ntabwo imihigo na none yaba idufitiye akamaro, ntabwo imihigo twayigira umugenzo gusa.”

“Ndagira ngo nkurikizeho gushimira abayobozi b’uturere bakoze neza ibyo bari biyemeje kandi bashinzwe gukora muri uyu mwaka urangiye. Uyu mwaka hari ibyagaragaye ko byahindutse, uturere, ukurikiye twazaga mu myanya ya nyuma ubu twagiye dutera imbere tukaza mu myanya y’imbere. Turabashimira rero.

Imyanya y’inyuma, […] ni abanyuma bafite ibyo bakoze… nabo twabashimira ko bagerageje ariko ni byiza ko bahera aho ngaho bakareba neza impamvu baba batarakoze bikwiye cyangwa ngo banabone n’amanota yisumbuye […] bikwiye kuvamo n’isomo ryatuma abantu bakora neza ubutaha ndetse n’ababaye aba mbere nabyo abantu baba bakwiye kubirebera impamvu baje mu myanya y’imbere cyangwa babonye amanota meza nabwo ntabwo aba ari 100% keretse kera nibwo abantu bajyaga biha amanota 100%”

Perezida Kagame yasabye ko bakwiye guhinduka ari imikoranire hagati y’inzego kuko mu gihe bidakozwe bityo nta kintu na kimwe cyagerwaho. Ati “ Imikoranire hagati y’inzego, ntabwo iranozwa neza. Ntabwo twagera kure […] erega abatakaza ni abaturage, ingaruka ziri ku baturage ntabwo ari kuri abo ngabo.”

-8242.jpg

-8243.jpg

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame

Uko uturere twakurikiranye mu kwesa imihigo y’umwaka ushize wa 2016/17

1. Rwamagana
2. Musanze
3. Huye
4. Gakenke
5. Nyarugenge
6. Gatsibo

7. Kirehe
8. Burera
9. Gasabo
10. Gicumbi
11. Nyamasheke
12. Rutsiro
13. Karongi
14. Rusizi
15. Nyaruguru
16. Muhanga
17. Ngororero
18. Nyagatare
19. Kamonyi
20. Ngoma
21. Nyanza
22. Bugesera
23. Kayonza
24. Nyabihu
25. Kicukiro
26. Gisagara
27. Nyamagabe
28. Ruhango
29. Rulindo
30. Rubavu :72.86%

Minisitiri w’Intebe, Edouard Ngirente, Iyi mihigo ngo ifite umwihariko, ugereranije n’isanzwe isinywa,ngo kuko yagenwe bagendeye ku byifuzo by’abaturage, byakusanyijwe guhera ku rwego rw’Umudugudu, yavuze ko ikigo cy’ubushakashatsi cyigenga cyitwa IPAR aricyo cyakoze isuzuma ry’uburyo imihigo yashyizwe mu bikorwa.

Mu gutanga amanota hashingiwe ku buremere bwa buri muhigo mu kwihutisha iterambere. Hashingiwe no ku bushakashatsi bwakozwe na RGB bujyanye n’uko abaturage bibona mu mitangire ya serivisi.

-8244.jpg

Minisitiri w’Intebe, Edouard Ngirente

2017-10-06
Editorial

IZINDI NKURU

Inama ya Komisiyo y’imisifurire ya FERWAFA yahannye abasifuzi bagaragaje imyitwarire itari myiza, harimo n’uwahagaritswe amezi 4

Inama ya Komisiyo y’imisifurire ya FERWAFA yahannye abasifuzi bagaragaje imyitwarire itari myiza, harimo n’uwahagaritswe amezi 4

Editorial 15 Dec 2021
Umusirikare ‘wishe umugore’ we i Rulindo yafatatiwe i Kibungo-Lt Col Munyengango

Umusirikare ‘wishe umugore’ we i Rulindo yafatatiwe i Kibungo-Lt Col Munyengango

Editorial 11 May 2018
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco Bamporiki Edouard yashimye inganzo ya Niyo Bosco wasohoye indirimbo nshya yitwa ‘Piyapuresha’

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco Bamporiki Edouard yashimye inganzo ya Niyo Bosco wasohoye indirimbo nshya yitwa ‘Piyapuresha’

Editorial 14 Jul 2021
Barindwi mu bayoboke b’ Ishyaka FDU-Inkingi bakekwaho kurema umutwe wagisilikare bahamijwe mu buroko undi ararekurwa

Barindwi mu bayoboke b’ Ishyaka FDU-Inkingi bakekwaho kurema umutwe wagisilikare bahamijwe mu buroko undi ararekurwa

Editorial 25 Oct 2017
Inama ya Komisiyo y’imisifurire ya FERWAFA yahannye abasifuzi bagaragaje imyitwarire itari myiza, harimo n’uwahagaritswe amezi 4

Inama ya Komisiyo y’imisifurire ya FERWAFA yahannye abasifuzi bagaragaje imyitwarire itari myiza, harimo n’uwahagaritswe amezi 4

Editorial 15 Dec 2021
Umusirikare ‘wishe umugore’ we i Rulindo yafatatiwe i Kibungo-Lt Col Munyengango

Umusirikare ‘wishe umugore’ we i Rulindo yafatatiwe i Kibungo-Lt Col Munyengango

Editorial 11 May 2018
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco Bamporiki Edouard yashimye inganzo ya Niyo Bosco wasohoye indirimbo nshya yitwa ‘Piyapuresha’

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco Bamporiki Edouard yashimye inganzo ya Niyo Bosco wasohoye indirimbo nshya yitwa ‘Piyapuresha’

Editorial 14 Jul 2021
Barindwi mu bayoboke b’ Ishyaka FDU-Inkingi bakekwaho kurema umutwe wagisilikare bahamijwe mu buroko undi ararekurwa

Barindwi mu bayoboke b’ Ishyaka FDU-Inkingi bakekwaho kurema umutwe wagisilikare bahamijwe mu buroko undi ararekurwa

Editorial 25 Oct 2017
Inama ya Komisiyo y’imisifurire ya FERWAFA yahannye abasifuzi bagaragaje imyitwarire itari myiza, harimo n’uwahagaritswe amezi 4

Inama ya Komisiyo y’imisifurire ya FERWAFA yahannye abasifuzi bagaragaje imyitwarire itari myiza, harimo n’uwahagaritswe amezi 4

Editorial 15 Dec 2021
Umusirikare ‘wishe umugore’ we i Rulindo yafatatiwe i Kibungo-Lt Col Munyengango

Umusirikare ‘wishe umugore’ we i Rulindo yafatatiwe i Kibungo-Lt Col Munyengango

Editorial 11 May 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru