• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bizimana Djihad yasezeye Al Ahli yo muri Libya yari amazemo umwaka, Hakim Sahabo mu nzira zimujyana mu Bugereki   |   31 Jan 2026

  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»‘ Ntabwo imihigo twayigira umugenzo gusa ‘- Perezida Kagame

‘ Ntabwo imihigo twayigira umugenzo gusa ‘- Perezida Kagame

Editorial 06 Oct 2017 Mu Rwanda

Akarere ka Rwamagana ni ko kahize utundi turere mu mihigo ya 2016/2017 n’amanota 82.2%, gakurikirwa na Musanze yagize 81,28% na Huye yagize 80.55%.

Rwamagana yegukanye uwo mwanya ihigitse Akarere ka Gasabo kari kabaye aka mbere mu mwaka w’imihigo ushize.

Byatunguranye kubona ako karere kaje ku isonga ry’imihigo ya 2016/2017, kuko mu mwaka w’imihigo ushize wa 2015/2016 kari kabaye aka 17 n’amanota 74.26%.

-8245.jpg

Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana ashimirwa na Perezida Kagame

Nyuma yo gutangaza uburyo uturere twarushanyijwe mu kwesa imihigo, Abayobozi b’uturere ndetse na za Minisiteri bahise basinyana na Perezida wa Repubulika Paul Kagame imihigo y’umwaka wa 2017-2018.

-8240.jpg

Perezida Kagame n’Abayobozi b’Uturere babaye indashyikirwa

Abaturage bakunze kugaragaza ko impamvu imihigo uturere duhiga iteswa ku rwego rushimishije, kuko akenshi wasangaga nta ruhare bagiraga mu kugena ibibakorerwa bishyirwa mu mihigo.

Ni muri urwo rwego imihigo ya 2017-2018 yagenwe bahereye ku byifuzo byabo, kugira ngo abaturage bazarusheho kuyigiramo uruhare kuko bayibonamo.

-8241.jpg

Perezida Kagame yashimiye uturere twaje imbere

Perezida Kagame yavuze ko kuva imihigo yatangira, hari impinduka zigaragara. Ati “Muri iyi myaka tumaze dukorera ku mihigo, ibibazo bikomeje kugenda bigabanuka mu buryo abantu bumva iyo mihigo, bazi uko itegurwa n’uko isuzumwa ariko cyane cyane igisumba byose ni ishyirwa mu bikorwa.”

“Ibigaragara kandi bifite imbaraga ku mpinduka no ku buzima bw’abanyarwanda. Ibi bituma iyo bitagenda neza, iyo tudashishikajwe no kubona ibivamo, ubwo ntabwo imihigo na none yaba idufitiye akamaro, ntabwo imihigo twayigira umugenzo gusa.”

“Ndagira ngo nkurikizeho gushimira abayobozi b’uturere bakoze neza ibyo bari biyemeje kandi bashinzwe gukora muri uyu mwaka urangiye. Uyu mwaka hari ibyagaragaye ko byahindutse, uturere, ukurikiye twazaga mu myanya ya nyuma ubu twagiye dutera imbere tukaza mu myanya y’imbere. Turabashimira rero.

Imyanya y’inyuma, […] ni abanyuma bafite ibyo bakoze… nabo twabashimira ko bagerageje ariko ni byiza ko bahera aho ngaho bakareba neza impamvu baba batarakoze bikwiye cyangwa ngo banabone n’amanota yisumbuye […] bikwiye kuvamo n’isomo ryatuma abantu bakora neza ubutaha ndetse n’ababaye aba mbere nabyo abantu baba bakwiye kubirebera impamvu baje mu myanya y’imbere cyangwa babonye amanota meza nabwo ntabwo aba ari 100% keretse kera nibwo abantu bajyaga biha amanota 100%”

Perezida Kagame yasabye ko bakwiye guhinduka ari imikoranire hagati y’inzego kuko mu gihe bidakozwe bityo nta kintu na kimwe cyagerwaho. Ati “ Imikoranire hagati y’inzego, ntabwo iranozwa neza. Ntabwo twagera kure […] erega abatakaza ni abaturage, ingaruka ziri ku baturage ntabwo ari kuri abo ngabo.”

-8242.jpg

-8243.jpg

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame

Uko uturere twakurikiranye mu kwesa imihigo y’umwaka ushize wa 2016/17

1. Rwamagana
2. Musanze
3. Huye
4. Gakenke
5. Nyarugenge
6. Gatsibo

7. Kirehe
8. Burera
9. Gasabo
10. Gicumbi
11. Nyamasheke
12. Rutsiro
13. Karongi
14. Rusizi
15. Nyaruguru
16. Muhanga
17. Ngororero
18. Nyagatare
19. Kamonyi
20. Ngoma
21. Nyanza
22. Bugesera
23. Kayonza
24. Nyabihu
25. Kicukiro
26. Gisagara
27. Nyamagabe
28. Ruhango
29. Rulindo
30. Rubavu :72.86%

Minisitiri w’Intebe, Edouard Ngirente, Iyi mihigo ngo ifite umwihariko, ugereranije n’isanzwe isinywa,ngo kuko yagenwe bagendeye ku byifuzo by’abaturage, byakusanyijwe guhera ku rwego rw’Umudugudu, yavuze ko ikigo cy’ubushakashatsi cyigenga cyitwa IPAR aricyo cyakoze isuzuma ry’uburyo imihigo yashyizwe mu bikorwa.

Mu gutanga amanota hashingiwe ku buremere bwa buri muhigo mu kwihutisha iterambere. Hashingiwe no ku bushakashatsi bwakozwe na RGB bujyanye n’uko abaturage bibona mu mitangire ya serivisi.

-8244.jpg

Minisitiri w’Intebe, Edouard Ngirente

2017-10-06
Editorial

IZINDI NKURU

Nyaruguru: Umutekano warakajijwe hirindwa abakongera kubaca mu rihumye

Nyaruguru: Umutekano warakajijwe hirindwa abakongera kubaca mu rihumye

Editorial 12 Jul 2018
Perezida Kagame yakuriye inzira ku murima abagishakira amaramuko mu bishanga

Perezida Kagame yakuriye inzira ku murima abagishakira amaramuko mu bishanga

Editorial 24 Jun 2017
Biratangaje, biranababaje kubona hari abahisemo kugereka ibibazo bya Kongo ku Rwanda, nyamara ntibagire icyo bavuga ku mutwe w’iterabwoba wa FDLR uhungabanya umutekano w’u Rwanda” -Perezida Kagame

Biratangaje, biranababaje kubona hari abahisemo kugereka ibibazo bya Kongo ku Rwanda, nyamara ntibagire icyo bavuga ku mutwe w’iterabwoba wa FDLR uhungabanya umutekano w’u Rwanda” -Perezida Kagame

Editorial 09 Jul 2022
Breaking News : Perezida Kagame ashyizeho Minisitiri w’Intebe mushya

Breaking News : Perezida Kagame ashyizeho Minisitiri w’Intebe mushya

Editorial 30 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubutegetsi mu Burundi ngo Abanyarwanda babiba ibishyimbo
Mu Rwanda

Ubutegetsi mu Burundi ngo Abanyarwanda babiba ibishyimbo

Editorial 13 Jan 2016
Perezida wa “CAF”Ahmad Ahmad yavuze ko ntacyo yaganira na Perezida wa FERWAFA Nzamwita Vincent De Gaulle
IMIKINO

Perezida wa “CAF”Ahmad Ahmad yavuze ko ntacyo yaganira na Perezida wa FERWAFA Nzamwita Vincent De Gaulle

Editorial 13 Mar 2018
Abapolisi bari mu butumwa bw’amahoro mu bihugu bitandukanye bibutse ku nshuro ya 23 Jenoside yakorewe Abatutsi
Mu Rwanda

Abapolisi bari mu butumwa bw’amahoro mu bihugu bitandukanye bibutse ku nshuro ya 23 Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 09 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru