• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Abapolisi bari mu butumwa bw’amahoro mu bihugu bitandukanye bibutse ku nshuro ya 23 Jenoside yakorewe Abatutsi

Abapolisi bari mu butumwa bw’amahoro mu bihugu bitandukanye bibutse ku nshuro ya 23 Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 09 Apr 2017 Mu Rwanda

Abapolisi b’u Rwanda n’Ingabo z’igihugu bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro mu bihugu bitandukanye nka Sudani y’Epfo (UNMISS), Abyei (UNSFA) na Haiti (MINUSTAH), kuwa gatanu tariki ya 7 Mata, bifatanyije n’abandi banyarwanda n’inshuti zabo kwibuka ku nshuro ya 23 Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka w’1994.

-6274.jpg

I Juba abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bacana urumuri rw’icyizere

Aba bari mu butumwa bw’amahoro, muri iyo mihango yo kwibuka, bari kumwe n’abahagarariye ubuyobozi mu bihugu bakoreramo, abandi bo mu bindi bihugu nabo bari mu butumwa bw’amahoro, abihayimana, ndetse n’abaturage bo muri ibyo bihugu; bose hamwe bakaba barifatanyije mu bikorwa bitandukanye byo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka w’1994.

-6275.jpg

Muri ibyo bikorwa, harimo urugendo rwo kwibuka Jenodide yakorewe abatutsi, amasengesho ndetse n’ubuhamya n’amagambo anyuranye; byose byavugaga uburyo Jenoside yateguwe ikanashyirwa mu bikorwa, uko yahagaritswe ndetse n’aho u Rwanda rumaze kugera mu kwiyubakwa.

Sudani y’Epfo – Malakal

-6276.jpg

I Malakal bafashe umunota wo kwibuka inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe abatutsi

Muri Sudani y’Epfo, abapolisi n’abasirikare b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro mu gace ka Malakal bifatanyije n’abanyarwanda bahaba ndetse n’intumwa za leta y’icyo gihugu n’abahagarariye umuryango w’Abibumbye kunamira no guha icyubahiro abagore, abagabo, n’abana bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka w’1994.

Ubwo yagezaga ijambo rye ku bitabiriye uwo muhango wo kwibuka, ukuriye ibiro bishinzwe ibikorwa bya Loni aho Malakal Hazel Dewet, yavuze ko u Rwanda ari urugero rwiza ku baturage ba Sudani y’Epfo, kuko barwana ahanini biturutse ku moko yabo.
Yavuze ko bakwiye gukura isomo ku Rwanda, ukurikije ukuntu rwikuye muri ibyo bibazo; ubu rukaba rutanga umusanzu warwo mu bikorwa byo guharanira amahoro hirya no hino mu bihugu.
Ukuriye ibikorwa by’amahoro mu gace k’amajyaruguru Brig. Gen XIE Zhijun yavuze ku mateka y’u Rwanda mu bijyanye no kubungabunga amahoro. Yagize ati:” u Rwanda rwatangiye gutanga umusanzu warwo mu bikorwa byo kubungabunga amahoro muri Sudani (AMIS) mu mwaka w’2004. Ubu abapolisi n’abasirikare barwo bari hirya no hino ku isi muri ibyo bikorwa by’amahoro; ku buryo u Rwanda ari urwa 5 ku isi mu kugira abashinzwe umutekano benshi muri ubwo butumwa. Birerekana rero ko u Rwanda rwiyemeje kurwanya Jenoside hose ku isi”.

Assistant Commissioner of Police (ACP) Eric Mutsinzi, ukuriye itsinda ry’abapolisi b’u Rwanda yavuze ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka w’1994.

Yagize ati:” dufite inshingano zo kwigisha urubyiruko ayo mateka, bityo bagakuramo amasomo atuma ejo habo n’igihugu haba heza. Twibuka kugira ngo tugire umuryango mushya kandi muzima n’igihugu gishya kitarangwamo amacakubiri, guheza, urwango ndetse kizira kuzongera kubamo Jenoside”.

Yakomeje avuga ko mu gihe cyo kwibuka; u Rwanda rugeza ku mahanga n’abandi ukuri nyako kw’amateka yabaye hagamijwe ko amahano yabaye atakongera ukundi; kubigeraho bikaba bisaba kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside n’ikindi cyose cyatuma ibyabaye byakongera.

ACP Mutsinzi yagize ati:” twibuka dutekereza aho twavuye bityo tugaharanira kubaka ejo hazaza n’abazadukomokaho. Twibuka kandi tuvuga ukuri kuri Jenoside yakorewe Abatutsi, bityo tukiyemeza ko tugomba kurwanya icyo aricyo cyose cyatuma yakongera kubaho”.

Sudani y’Epfo – Juba

-6277.jpg

Walk to remember i Juba

Imihango yo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi kandi yanabereye mu Mujyi wa Juba, aho yitabiriwe n’abanyarwanda bahatuye, umuyobozi wa Polisi z’ibihugu ziri mu butumwa bw’amahoro CP Bruce Munyambo, Uwungirije uhagarariye umunyamabanga wa Loni muri Sudani y’Epfo Mustapha Soumare, uwari uhagarariye SPLA Maj. Gen. Matier Deng , umuyobozi wungirije wa Polisi ya Sudani y’Epfo Lt. Gen. James WINYAOK n’abandi.

Lt Col. James Burabyo, wari uhagarariye Ambasaderi w’u Rwanda muri Uganda na Sudani y’Epfo, nk’umushyitsi mukuru; yagarutse ku kurwanya abapfobya n’abahakana Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka w’1994.

Yagize ati:” umuryango mpuzamahanga wose urahamagarirwa kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside n’abayikwirakwiza ndetse n’ababafasha; kuko hari abidegembya mu bihugu hirya no hino”.

Yavuze ku bumwe bw’abanyarwanda n’uruhare biyemeje kugira mu guharanira imibereho yabo no kwishakamo ibisubizo bitandukanye kubera umurongo mwiza w’ubuyobozi bw’igihugu burangajwe imbere na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame; kuko ariwe wakoze ibishoboka byose igihugu kikaba gifite ubumwe n’ubwiyunge, ubutabera bwa bose, amahoro n’iterambere rirambye.

Uwari uhagarariye umuryango w’abibumbye muri uwo muhango wo kwibuka, yavuze ko kuba jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka w’1994 yarabaye, byerekana ugutsindwa kw’umuryango mpuzamahanga mu kurengera ubuzima bw’inzirakarengane zicwaga icyo gihe.

Yashimiye abitanze bose bakabura ubuzima bwabo kugira ngo bahagarike Jenoside, akomeza ashima u Rwanda kuba rwaravuye muri ayo mahano ya Jenoside yakorewe Abatutsi, ubu rukaba rugeze ku rwego rushimishije mu by’ubukungu ku buryo ari intangarugero muri Afurika ndetse rukaba runashimirwa kuba rwarashyizeho gahunda ziteza imbere imibereho myiza y’abaturage barwo.

Abyei

Mu gace ka Abyei kari hagati ya Sudani na Sudani y’Epfo, umuhango wo kwibuka ku nshuro ya 23 Jenoside yakorewe Abatutsi, witabiriwe n’abantu barenga 1000 barimo abapolisi, abasirikare ndetse n’abasivili bari mu butumwa bw’amahoro bakomoka mu bihugu bitandukanye. Umuhango wo kwibuka wari uyobowe na Maj. Gen. Tesfay Gidey, umuyobozi w’agateganyo w’ibikorwa byo kubungabunga amahoro muri ako gace.

RNP

2017-04-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

12 bafunzwe bakekwaho guha ruswa y’amafaranga abapolisi

12 bafunzwe bakekwaho guha ruswa y’amafaranga abapolisi

Ubwanditsi 22 Sep 2017
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA  GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 05 Jan 2023
Gasabo: Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda yasuye abapolisi bo mu mujyi wa Kigali

Gasabo: Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda yasuye abapolisi bo mu mujyi wa Kigali

Ubwanditsi 13 Mar 2017
Perezida Zuma ari mu bibazo byatuma akurwa ku butegetsi

Perezida Zuma ari mu bibazo byatuma akurwa ku butegetsi

Ubwanditsi 12 Apr 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Umunyarwandakazi yishwe n’abantu bataramenyekana
HIRYA NO HINO

Uganda: Umunyarwandakazi yishwe n’abantu bataramenyekana

Ubwanditsi 05 Feb 2018
Inkomoko y’ishoramari rya RPF
Mu Rwanda

Inkomoko y’ishoramari rya RPF

Ubwanditsi 01 Jul 2017
Colonel Tom Byabagamba arashinjwa ruswa no kugerageza gutoroka Gereza
HIRYA NO HINO

Colonel Tom Byabagamba arashinjwa ruswa no kugerageza gutoroka Gereza

Ubwanditsi 10 Apr 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru