• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Perezida Zuma ari mu bibazo byatuma akurwa ku butegetsi

Perezida Zuma ari mu bibazo byatuma akurwa ku butegetsi

Ubwanditsi 12 Apr 2017 Mu Rwanda

Perezida wa Afurika y’Epfo, Jacob Zuma, yakomeje guhura n’ibibazo ubona byamukura ku butegetsi akabirokoka ariko ibyo arimo ubu nibimusiga amahoro bizaba ari ibitangaza bitabaho !

Mu kwezi kwa Mata umwaka ushize wa 2016 kwajegeje cyane Perezida Jacob Zuma ararokoka, na none iyi Mata 2017 irimo iramujegeza ku buryo ubuna ntahantu ashobora kurokokera kuko muri Afurika y’Epfo ya ANC ibintu bitakiri ku ruhande rwa Zuma wujuje imyaka 75 y’amavuko muri uku kwezi kwa Mata.

Tariki 18 Mata 2017 biteganyijwe yuko inteko nshingamategeko ya Afurika y’Epfo izafata umwanzuro wo gukuraho cyangwa ku gumisha ku butegetsi Perezida Jacob Zuma, ubu utagifite imbaraga nyinshi mu ishyaka ANC riri ku butegetsi nk’uko byari bimeze umwaka ushize.

Umwaka ushize inteko nshingamategeko yashatse gukuraho icyizere Perezida Zuma ariko birananirana kubera ishyaka rye rya ANC ryari rukimushyizeho amaboko cyane. Abadepite batoreye yuko Perezida Zuma yakurwaho icyizere bari 143 naho 233 batora banga yuko bakurwaho. Nk’uko biteganywa n’amategeko muri icyo gihugu byasabaga 2/3, abadepite 267 kuri 400, kugira ngo Zuma akurweho.

Habuze rero amajwi ahagije kugira ngo Perezida Zuma, ahanini wari ukurikiranyweho icyaha cyo kunyuruza umutungo w’igihugu avugurura amazu ye bwite ari iwabo Nkandla muri KwaZulu Natali, ngo akurweho icyizere nka Perezida wa Repubulika. Zuma arokoka atyo arwanyweho n’ishyaka rye rya ANC rifite imyanya myinshi mu nteko nshingamategeko.

Perezida Zuma wo muri uku kwezi ariko ntabwo akiri Zuma w’icyo gihe umwaka ushize. Ubu benshi muri ANC bamukuyeho icyizere, cyane kubera ivugurura aherutse gukora muri guverinoma ye bikarakaza benshi mu bakabaye bamurwanirira !

Muri iryo vugururu tariki 30 Werurwe 2017 Perezida Jacob Zuma, yakuye mu mirimo abaminisitiri 10 n’abaminisitiri bungirije 10 byongera umwuka mubi mu gihugu, cyane mu ishyaka rya ANC ubona rimaze kwibibabamo imbuto zo kwisenya !

Ubusanzwe nta gitangaza kirimo Perezida wa Repubulika gukuraho abaminisitiri akabasimbuza abandi, cyane kuri Jacob Zuma kuko kuva yagirwa Perezida wa Afurika y’Epfo muri 2009 amaze kubikora incuro 11 aho hamaze gukurwaho abaminisitiri 62, abaminisitiri bungirije 63 na Visi Perezida Kgalema Motlanthe wakuweho muri 2014.

Muri abo baminisitiri 10 n’abaminisitiri bungirije 10 bakuweho bagasimbuzwa abandi, abavuzwe cyane ni ab’imali. Abo ni Minisitiri Pravin Gordhan na Minisitiri w’imali wungirije, Mcebisi Jonas. Muri ANC ndetse na hose mu gihugu Gordhan na Jonas bari bazwiho kuba barakoraga akazi kabo neza, barwanya buri wese wanyuruzaga cyangwa agakoresha nabi umutungo w’igihugu.

Mu bantu bari ku isonga mu kuvugwaho iyo ngeso yo kunyereza cyangwa gukoresha nabi umutungo w’igihugu ni Perezida Jacob Gedleyihlekisa Zuma ! Umwaka ushize Zuma yategetswe n’urukiko rw’ikirenga kwishyura hafi miliyoni y’amadolari ya Amerika leta yakoresheje bitari ngombwa ku musanira inyubako ze bwite twavuze ziri iwabo i Nklandla muri KwaZulu-Natali. Byakomeje gutangazwa yuko Gorhan yanze guhishira iryo koreshwa ry’amafaranga ya leta ku nyungu z’umuntu ku giti cye, bituma akomeza kwishishwa na Perezida Zuma !

Sfiso Buthelezi wasimbuye Mcebisi Jonas ku mwanya wa minisitiri w’imari wungirije we benshi muri ANC bamufata nk’umugaragu wa Zuma w’igihe kirerekire.

Sfiso nawe washinjwe n’urwego rw’Umuvunyi kuba yaragize uruhare mu mikoreshereze mibi y’umutungo w’ikigo cya gari ya moshi (PIRASA), yari abereye Perezida w’inama y’ubutegetsi, ubu nta wundi mwanya yari afite muri guverinoma usibye gusa yuko yari umudepite wa ANC mu nteko nshingamategeko. Muri za 90 Sfiso Buthelezi yari umujyanama w’ihariye wa Jacob Zuma. Icyo gihe Zuma yari umutegetsi (MEC) iwabo muri KwaZulu Natal, ari nayo ntara uyu Minisitiri mushya w’Imali Malusi Gigaba na Sfiso umwungirije bakomokamo.

Akimara kumva yuko Zuma yakoze ayo mavugurura, Umunyamabanga Mukuru wa ANC, Gwede Mantashe, yavuze yuko iryo vugurura riteye impungenge, ngo cyane yuko Perezida yirukanye abaminisitiri bashoboye akazi akagumishaho abatagashoboye !

Visi Perezida wa Repubulika, Cyril Ramaphosa, wari usanzwe atumvikanwaho kuvuguruza Perezida wa Repubulika, yahise atangaza yuko ikurwaho rya Pravin Gordhan nka Minisitiri w’imari ritemewe na gato ngo cyane kuko ibyo yashinjwagwa byari ibintu bihimbano, bidafite agaciro.

-6296.jpg

Perezida Zuma

Perezida Zuma yari amaze iminsi ashinja Gordhan n’uwari umwungirije ngo bashakaga guhirika ubutegetsi bakoresheje ibigo by’imari mu gihugu no mu mahanga ! Gordhan yakuweho atarangije inama y’ubucuruzi yari arimo mu gihugu cy’u Bwongereza !

Matamela Cyril Ramaphosa ukomeje kwifatanya n’abamagana imyitwarirere ya Zuma nka Perezida w’igihugu akaba na Perezida wa ANC nawe ni Visi Perezida wa Repubulika akaba na Visi Perezida wa ANC.

Nk’uko bikomeza gutangazwa n’itangazamakuru bitandukanye benshi muri ANC bamaze kwemera yuko Zuma atariwe utegeka igihugu ngo ahubwo atagekerwa na GUPTA, umuryango w’abahinde ukize cyane muri Afurika y’Epfo. Icyizere rero Zuma amaze gutakaza muri ANC ntabwo ubona cyatuma abadepite b’iryo shyaka bamurwanaho bihagije ngo adakurwaho icyizere !

Casmiry Kayumba

2017-04-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abarundi basubiye mu mihanda, bamagana France, Human Rights Watch n’u Rwanda

Abarundi basubiye mu mihanda, bamagana France, Human Rights Watch n’u Rwanda

Ubwanditsi 06 Aug 2016
Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar

Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar

RUSHYASHYA 11 Jul 2026
Ikipe ya APR FC yatangaje ko umukinnyi wayo Niyonzima Olivier uzwi nka Sefu atirukanywe.

Ikipe ya APR FC yatangaje ko umukinnyi wayo Niyonzima Olivier uzwi nka Sefu atirukanywe.

Ubwanditsi 13 Jun 2021
Nyuma y’uruzinduko rwe mu Rwanda, Perezida w’Afrika y’Epfo yahinduye imyumvire ku kibazo cya Kongo

Nyuma y’uruzinduko rwe mu Rwanda, Perezida w’Afrika y’Epfo yahinduye imyumvire ku kibazo cya Kongo

Ubwanditsi 07 Apr 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gicumbi FC, Amagaju FC, Etoile de l’Est na Heroes FC yatangiye yitwara neza mu mikino ibanza ya ¼ cy’irangiza y’icyiciro cya kabiri mu bagabo
Amakuru

Gicumbi FC, Amagaju FC, Etoile de l’Est na Heroes FC yatangiye yitwara neza mu mikino ibanza ya ¼ cy’irangiza y’icyiciro cya kabiri mu bagabo

Ubwanditsi 03 Oct 2021
Urujijo ku maherezo ya Gen. Laurent Nkunda
INKURU NYAMUKURU

Urujijo ku maherezo ya Gen. Laurent Nkunda

Ubwanditsi 10 Jul 2018
Rwemarika Félicité yajuririye icyemezo cya Komisiyo y’Amatora ya Ferwafa
IMIKINO

Rwemarika Félicité yajuririye icyemezo cya Komisiyo y’Amatora ya Ferwafa

Ubwanditsi 06 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru