• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Perezida Zuma ari mu bibazo byatuma akurwa ku butegetsi

Perezida Zuma ari mu bibazo byatuma akurwa ku butegetsi

Ubwanditsi 12 Apr 2017 Mu Rwanda

Perezida wa Afurika y’Epfo, Jacob Zuma, yakomeje guhura n’ibibazo ubona byamukura ku butegetsi akabirokoka ariko ibyo arimo ubu nibimusiga amahoro bizaba ari ibitangaza bitabaho !

Mu kwezi kwa Mata umwaka ushize wa 2016 kwajegeje cyane Perezida Jacob Zuma ararokoka, na none iyi Mata 2017 irimo iramujegeza ku buryo ubuna ntahantu ashobora kurokokera kuko muri Afurika y’Epfo ya ANC ibintu bitakiri ku ruhande rwa Zuma wujuje imyaka 75 y’amavuko muri uku kwezi kwa Mata.

Tariki 18 Mata 2017 biteganyijwe yuko inteko nshingamategeko ya Afurika y’Epfo izafata umwanzuro wo gukuraho cyangwa ku gumisha ku butegetsi Perezida Jacob Zuma, ubu utagifite imbaraga nyinshi mu ishyaka ANC riri ku butegetsi nk’uko byari bimeze umwaka ushize.

Umwaka ushize inteko nshingamategeko yashatse gukuraho icyizere Perezida Zuma ariko birananirana kubera ishyaka rye rya ANC ryari rukimushyizeho amaboko cyane. Abadepite batoreye yuko Perezida Zuma yakurwaho icyizere bari 143 naho 233 batora banga yuko bakurwaho. Nk’uko biteganywa n’amategeko muri icyo gihugu byasabaga 2/3, abadepite 267 kuri 400, kugira ngo Zuma akurweho.

Habuze rero amajwi ahagije kugira ngo Perezida Zuma, ahanini wari ukurikiranyweho icyaha cyo kunyuruza umutungo w’igihugu avugurura amazu ye bwite ari iwabo Nkandla muri KwaZulu Natali, ngo akurweho icyizere nka Perezida wa Repubulika. Zuma arokoka atyo arwanyweho n’ishyaka rye rya ANC rifite imyanya myinshi mu nteko nshingamategeko.

Perezida Zuma wo muri uku kwezi ariko ntabwo akiri Zuma w’icyo gihe umwaka ushize. Ubu benshi muri ANC bamukuyeho icyizere, cyane kubera ivugurura aherutse gukora muri guverinoma ye bikarakaza benshi mu bakabaye bamurwanirira !

Muri iryo vugururu tariki 30 Werurwe 2017 Perezida Jacob Zuma, yakuye mu mirimo abaminisitiri 10 n’abaminisitiri bungirije 10 byongera umwuka mubi mu gihugu, cyane mu ishyaka rya ANC ubona rimaze kwibibabamo imbuto zo kwisenya !

Ubusanzwe nta gitangaza kirimo Perezida wa Repubulika gukuraho abaminisitiri akabasimbuza abandi, cyane kuri Jacob Zuma kuko kuva yagirwa Perezida wa Afurika y’Epfo muri 2009 amaze kubikora incuro 11 aho hamaze gukurwaho abaminisitiri 62, abaminisitiri bungirije 63 na Visi Perezida Kgalema Motlanthe wakuweho muri 2014.

Muri abo baminisitiri 10 n’abaminisitiri bungirije 10 bakuweho bagasimbuzwa abandi, abavuzwe cyane ni ab’imali. Abo ni Minisitiri Pravin Gordhan na Minisitiri w’imali wungirije, Mcebisi Jonas. Muri ANC ndetse na hose mu gihugu Gordhan na Jonas bari bazwiho kuba barakoraga akazi kabo neza, barwanya buri wese wanyuruzaga cyangwa agakoresha nabi umutungo w’igihugu.

Mu bantu bari ku isonga mu kuvugwaho iyo ngeso yo kunyereza cyangwa gukoresha nabi umutungo w’igihugu ni Perezida Jacob Gedleyihlekisa Zuma ! Umwaka ushize Zuma yategetswe n’urukiko rw’ikirenga kwishyura hafi miliyoni y’amadolari ya Amerika leta yakoresheje bitari ngombwa ku musanira inyubako ze bwite twavuze ziri iwabo i Nklandla muri KwaZulu-Natali. Byakomeje gutangazwa yuko Gorhan yanze guhishira iryo koreshwa ry’amafaranga ya leta ku nyungu z’umuntu ku giti cye, bituma akomeza kwishishwa na Perezida Zuma !

Sfiso Buthelezi wasimbuye Mcebisi Jonas ku mwanya wa minisitiri w’imari wungirije we benshi muri ANC bamufata nk’umugaragu wa Zuma w’igihe kirerekire.

Sfiso nawe washinjwe n’urwego rw’Umuvunyi kuba yaragize uruhare mu mikoreshereze mibi y’umutungo w’ikigo cya gari ya moshi (PIRASA), yari abereye Perezida w’inama y’ubutegetsi, ubu nta wundi mwanya yari afite muri guverinoma usibye gusa yuko yari umudepite wa ANC mu nteko nshingamategeko. Muri za 90 Sfiso Buthelezi yari umujyanama w’ihariye wa Jacob Zuma. Icyo gihe Zuma yari umutegetsi (MEC) iwabo muri KwaZulu Natal, ari nayo ntara uyu Minisitiri mushya w’Imali Malusi Gigaba na Sfiso umwungirije bakomokamo.

Akimara kumva yuko Zuma yakoze ayo mavugurura, Umunyamabanga Mukuru wa ANC, Gwede Mantashe, yavuze yuko iryo vugurura riteye impungenge, ngo cyane yuko Perezida yirukanye abaminisitiri bashoboye akazi akagumishaho abatagashoboye !

Visi Perezida wa Repubulika, Cyril Ramaphosa, wari usanzwe atumvikanwaho kuvuguruza Perezida wa Repubulika, yahise atangaza yuko ikurwaho rya Pravin Gordhan nka Minisitiri w’imari ritemewe na gato ngo cyane kuko ibyo yashinjwagwa byari ibintu bihimbano, bidafite agaciro.

-6296.jpg

Perezida Zuma

Perezida Zuma yari amaze iminsi ashinja Gordhan n’uwari umwungirije ngo bashakaga guhirika ubutegetsi bakoresheje ibigo by’imari mu gihugu no mu mahanga ! Gordhan yakuweho atarangije inama y’ubucuruzi yari arimo mu gihugu cy’u Bwongereza !

Matamela Cyril Ramaphosa ukomeje kwifatanya n’abamagana imyitwarirere ya Zuma nka Perezida w’igihugu akaba na Perezida wa ANC nawe ni Visi Perezida wa Repubulika akaba na Visi Perezida wa ANC.

Nk’uko bikomeza gutangazwa n’itangazamakuru bitandukanye benshi muri ANC bamaze kwemera yuko Zuma atariwe utegeka igihugu ngo ahubwo atagekerwa na GUPTA, umuryango w’abahinde ukize cyane muri Afurika y’Epfo. Icyizere rero Zuma amaze gutakaza muri ANC ntabwo ubona cyatuma abadepite b’iryo shyaka bamurwanaho bihagije ngo adakurwaho icyizere !

Casmiry Kayumba

2017-04-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Malawi: Mu masaha abarirwa ku ntoki urubanza rwa Murekezi ruratangira gusubirishwamo

Malawi: Mu masaha abarirwa ku ntoki urubanza rwa Murekezi ruratangira gusubirishwamo

Ubwanditsi 09 Apr 2017
Ibyemezo by’Inama y’Abaminsitiri idasanzwe yo ku wa 26 Gicurasi 2017

Ibyemezo by’Inama y’Abaminsitiri idasanzwe yo ku wa 26 Gicurasi 2017

Ubwanditsi 30 May 2017
Inkwakuzi zamaze kurambagiza abakinnyi bakeneye, Uko byifashe ku isoko ryo kugura no kugurisha abakinnyi mu Rwanda

Inkwakuzi zamaze kurambagiza abakinnyi bakeneye, Uko byifashe ku isoko ryo kugura no kugurisha abakinnyi mu Rwanda

Ubwanditsi 05 Jul 2021
Amafoto – Mu mukino wa gicuti ikipe ya AS Kigali yatsinze Musanze FC ibitego 4-1, harimo ibitego bitatu bya Hussein Shabalala

Amafoto – Mu mukino wa gicuti ikipe ya AS Kigali yatsinze Musanze FC ibitego 4-1, harimo ibitego bitatu bya Hussein Shabalala

Ubwanditsi 29 Sep 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Sénégal yari icyizere cya Afurika mu Gikombe cy’Isi yasezerewe izize amakarita y’umuhondo
IMIKINO

Sénégal yari icyizere cya Afurika mu Gikombe cy’Isi yasezerewe izize amakarita y’umuhondo

Ubwanditsi 29 Jun 2018
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga
Amakuru

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

RUSHYASHYA 01 Apr 2026
Amaherezo y’Inzira ni mu nzu, umwicanyi Ndereyehe azoherezwa mu Rwanda
Amakuru

Amaherezo y’Inzira ni mu nzu, umwicanyi Ndereyehe azoherezwa mu Rwanda

Ubwanditsi 18 Dec 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru