• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ntibitangaje kuba abajenosideri n’abana babo bifuza ko “IBUKA-MEMOIRE ET JUSTICE” isenyuka, kuko uyu muryango ubambika ubusa mu ruhame

Ntibitangaje kuba abajenosideri n’abana babo bifuza ko “IBUKA-MEMOIRE ET JUSTICE” isenyuka, kuko uyu muryango ubambika ubusa mu ruhame

Ubwanditsi 03 Dec 2021 Amakuru, INKURU ZAKUNZWE CYANE, Mu Mahanga

Ntibitangaje kuba abajenosideri n’abana babo bifuza ko “IBUKA-MEMOIRE ET JUSTICE” isenyuka, kuko uyu muryango ubambika ubusa mu ruhame!
Abajenosideri n’ababakomokaho bibumbiye mu kiswe”Jambo Asbl”, bamaze iminsi bikirigita bagaseka, bakwiza ibihuha ngo Umuryango “IBUKA-Mémoire et Justice” ugiye guseswa.

Umuryango IBUKA ubwo bari mu rugendo rwa Walk to Remember mu gihugu cy’Ubufaransa

Ntibavuga ikizatuma useswa, n’abazawusesa. Ni bya bindi by’umutindi urota arya, kuko inzozi zabo zitazigera ziba impamo.

Ni mu gihe ariko, kuko kuva IBUKA-Mémoire et Justice yashingwa mu mwaka w’1994, utigeze uha amahwemo abajenosideri, ugaragariza isi yose ubugome ndengakamere bakoreye Abatutsi. Zimwe mu Nterahamwe-mpuzamugambi byaziviriyemo gufatwa zicirirwa imanza, izindi ziracyabundabunda, ariko ni ikibazo cy’igihe, nazo zizaryozwa ibyo zakoze.

Guhora bikanga uyu muryango rero, nibyo bituma bawifuriza guseswa, bagakwiza ibihuha bitagira epfo na ruguru, ariko mu by’ukuri bazi neza ko ntaho ”IBUKA-Mémoire et Justice” iteze kujya. Abajenosideri n’abana babo bo muri Jambo Asbl barabizi neza ko abayishinze n’abayinjiyemo nyuma, ari abagore n’abagabo biyemeje kutadohoka.

Abanyarwanda baba mu Bubiligi ari naho ””IBUKA-Mémoire et Justice” ifite icyicaro, batubwiye ko iby’abarotera uyu muryango guseswa ari nko kwitera ikinya ngo babone uko basinzira, kuko ibikorwa byawo bibambika ubusa mu ruhame. Byatumye ibihugu babamo bimenya ko bicumbikiye inyamaswa, ndetse abaturage babyo bakabaza abayobozi impamvu abo bagizi ba nabi bakidegembya.

Kimwe muri bikorwa by’uyu Muryango uharanira ko Jenoside yakorewe Abatutsi yahabwa agaciro, igahora yibukwa ku isi yose, n’abayigizemo uruhare bagahanwa, ni”Walk to Remember”, urugendo rwo kwibuka, rwitabirwa n’abantu batagira ingano, barimo Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda.

Iyo uru rugendo rwabaye usanga abajenosideri basuherewe, abenshi bakajya mu myobo nk’inyaga, bakazapfupfunukamo rurangiye.

Abajenosideri rero n’abana banyu bonse amashereka yuzuyemo ingengabitekerezo ya jenoside, nimusubize amerwe mu isaho.

Imiryango irwanya abahakana n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ntaho iteze kujya, ahubwo hazavuka n’indi myinsi cyane, kuko kuririra abacu, kubibuka no guharanira ko mushyikizwa ubutabera Abanyarwanda bazima babigize ihame ndakuka.

Ipfunwe mubana naryo nimwe mwaryiteye, ntimwaritewe n’imiryango iharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi. Nimuhame hamwe rero!

2021-12-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Polisi y’u Rwanda irakangurira ababyeyi  n’abayobozi gukomeza ingamba zo kwita ku burenganzira bw’abana

Polisi y’u Rwanda irakangurira ababyeyi n’abayobozi gukomeza ingamba zo kwita ku burenganzira bw’abana

Ubwanditsi 14 Mar 2016
Ukuboko k’ubutabera ntikuzabaha amahwemo. I Buruseli mu Bubiligi hatangiye urubanza rw’abajenosideri Twahirwa na Basabose

Ukuboko k’ubutabera ntikuzabaha amahwemo. I Buruseli mu Bubiligi hatangiye urubanza rw’abajenosideri Twahirwa na Basabose

Ubwanditsi 05 Oct 2023
Amatora : Hari abaturage batarabona ikarita y’itora

Amatora : Hari abaturage batarabona ikarita y’itora

Ubwanditsi 06 Feb 2016
Perezida Kagame, yagereranije ubwimvikane buke hagati y’u Rwanda na Uganda nk’ amakimbirane ari mu muryango

Perezida Kagame, yagereranije ubwimvikane buke hagati y’u Rwanda na Uganda nk’ amakimbirane ari mu muryango

Ubwanditsi 16 Dec 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibyo wamenya kuri Minisitiri w’Intebe mushya wa Ethiopia, Dr Abiy Ahmed ufite umwihariko
INKURU NYAMUKURU

Ibyo wamenya kuri Minisitiri w’Intebe mushya wa Ethiopia, Dr Abiy Ahmed ufite umwihariko

Ubwanditsi 31 Mar 2018
Byari nk’igitangaza kubona APR itsindwa na Rayon Sports ku gikombe cy’amahoro
IMIKINO

Byari nk’igitangaza kubona APR itsindwa na Rayon Sports ku gikombe cy’amahoro

Ubwanditsi 05 Jul 2016
Umuderevu w’Indege ya FARDC ukomoka mu Burusiya yafashwe bugwate n’Ingabo  za M23
Mu Rwanda

Umuderevu w’Indege ya FARDC ukomoka mu Burusiya yafashwe bugwate n’Ingabo za M23

Ubwanditsi 07 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru